Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Abamaze iminsi mu rujijo rw’ibyatumye bamwe banugarizwa n’inzara bahawe igisubizo

radiotv10by radiotv10
10/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Abamaze iminsi mu rujijo rw’ibyatumye bamwe banugarizwa n’inzara bahawe igisubizo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bafite ubutaka mu cyanya cyahariwe inganda mu Karere ka Rubavu, bamaze igihe mu rujijo bavuga ko babujijwe guhinga kuko ibyangombwa by’ubutaka bwabo byafatiriwe babwirwa ko bazimuka, mu gihe Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ibizeza ko ikibazo cyabo kigiye gutangira kubonerwa umuti.

Aba baturage bo mu Murenge wa Rugerero, bari baherutse kubwira RADIOTV10 ko barembejwe n’inzara, kuko babujije guhinga ndetse baka barambuwe ibyangombwa by’ubutaka ariko ntibakwishyurwa ingurane.

Gusa Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yavuze ko basabye abaturage batishyuwe ubutaka bwabo kubuhinga kuko ababatse ibyangombwa babizeza kubishyura ingurane babikoze batumvikanye n’Ubuyobozi.

Umunyamakuru wasubiye ahagenewe iki cyanya, yasanze bamwe mu bahafite amasambu baratangiye guhinga nubwo hari abavuga ko batarorohewe no guhita babona ubushobozi bwo guhinga kuko babimenyeshejwe batunguwe, gusa icyo bose bahuriraho nk’imbogamizi, ni uko batizeye umusaruro kuko bakerewe guhinga.

Icyimanimpaye ati “Bravuga ngo duhinge n’igihe cyararenze, imyaka ubu ngubu nibwo bamwe bari gutera, abandi babuze n’imishingiriro, mbese nta musaruro twizeye, ariko niba bazatwishyura nibaze batwishyure cyangwa badusubize ibyangombwa byacu kuko twumva bavuga ko ngo hari n’abamamyi baje gufata ibyo byangombwa.”

Ishimwe Cedrick na we ati “Kuko iyo umuntu atagira icyangombwa n’ubutaka ntabwo buba ari ubwe. Bwitwa ubwawe ubufitiye icyangombwa none ibyangombwa barabijyanye.”

Ministiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Sebahizi Prudence agaragaza ko icyihutirwa muri iki cyanya cyahariwe inganda cya Rubavu ari igishushanyo mbonera cy’ibyiciro by’inganda n’aho ziteganyirijwe, kimwe n’ibindi bikorwa remezo nk’imihanda, amazi n’amashanyarazi, kandi ko mu gihe kitarenze ukwezi kizaba cyabonetse ari nabwo hazatangira icyiciro cyo kwimura baturage.

Ati “Kwimura abaturage bijyana no kubaha ingurane, ariko abaturage bazagenda bimurwa bitewe n’ikigiye kuhakorerwa kuko birahenze, ni amafaranga adashobora kubonekera rimwe mu ngengo y’imari y’umwaka umwe, gusa hari n’uburyo bwo kuba rwiyemezamirimo uje gushora imari ashobora guheraho abimura aho agiye kubaka uruganda kuko na Leta yimura abaturage ibishyuye ariko ikagurisha umushoramari. Tubonye rero umushoramari waza aho kugura ubutaka na Leta agahita abugura n’umuturage akamwishyura, akamwimura byaba byorohereje Leta kandi bikihutisha uyu mushinga.”

Icyanya cyahariwe inganda mu karere ka Rubavu giteganyijwe ku buso burenga hegitari 129 ziteganyijwe kwimurwaho abaturage mu Murenge wa Rugerero.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda yizeje abaturage ko ikibazo cyabo kigiye gutangira kubonerwa umuti
Abaturage bavuga ko inzara ibarembeje
Aho batuye babwiwe ko bazahimurwa kuko ari icyanya cyahariwe ingdanda

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + three =

Previous Post

Batanu b’amazina azwi mu Rwanda bahatanye mu bihembo ku rwego rwa Afurika

Next Post

Menya amabwiriza yashyiriweho abahuye n’abanduye Marburg n’abandi bose bashaka gukora ingendo ziva mu Rwanda

Related Posts

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa
IBYAMAMARE

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya amabwiriza yashyiriweho abahuye n’abanduye Marburg n’abandi bose bashaka gukora ingendo ziva mu Rwanda

Menya amabwiriza yashyiriweho abahuye n’abanduye Marburg n’abandi bose bashaka gukora ingendo ziva mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.