Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Abamaze iminsi mu rujijo rw’ibyatumye bamwe banugarizwa n’inzara bahawe igisubizo

radiotv10by radiotv10
10/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Abamaze iminsi mu rujijo rw’ibyatumye bamwe banugarizwa n’inzara bahawe igisubizo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bafite ubutaka mu cyanya cyahariwe inganda mu Karere ka Rubavu, bamaze igihe mu rujijo bavuga ko babujijwe guhinga kuko ibyangombwa by’ubutaka bwabo byafatiriwe babwirwa ko bazimuka, mu gihe Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ibizeza ko ikibazo cyabo kigiye gutangira kubonerwa umuti.

Aba baturage bo mu Murenge wa Rugerero, bari baherutse kubwira RADIOTV10 ko barembejwe n’inzara, kuko babujije guhinga ndetse baka barambuwe ibyangombwa by’ubutaka ariko ntibakwishyurwa ingurane.

Gusa Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yavuze ko basabye abaturage batishyuwe ubutaka bwabo kubuhinga kuko ababatse ibyangombwa babizeza kubishyura ingurane babikoze batumvikanye n’Ubuyobozi.

Umunyamakuru wasubiye ahagenewe iki cyanya, yasanze bamwe mu bahafite amasambu baratangiye guhinga nubwo hari abavuga ko batarorohewe no guhita babona ubushobozi bwo guhinga kuko babimenyeshejwe batunguwe, gusa icyo bose bahuriraho nk’imbogamizi, ni uko batizeye umusaruro kuko bakerewe guhinga.

Icyimanimpaye ati “Bravuga ngo duhinge n’igihe cyararenze, imyaka ubu ngubu nibwo bamwe bari gutera, abandi babuze n’imishingiriro, mbese nta musaruro twizeye, ariko niba bazatwishyura nibaze batwishyure cyangwa badusubize ibyangombwa byacu kuko twumva bavuga ko ngo hari n’abamamyi baje gufata ibyo byangombwa.”

Ishimwe Cedrick na we ati “Kuko iyo umuntu atagira icyangombwa n’ubutaka ntabwo buba ari ubwe. Bwitwa ubwawe ubufitiye icyangombwa none ibyangombwa barabijyanye.”

Ministiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Sebahizi Prudence agaragaza ko icyihutirwa muri iki cyanya cyahariwe inganda cya Rubavu ari igishushanyo mbonera cy’ibyiciro by’inganda n’aho ziteganyirijwe, kimwe n’ibindi bikorwa remezo nk’imihanda, amazi n’amashanyarazi, kandi ko mu gihe kitarenze ukwezi kizaba cyabonetse ari nabwo hazatangira icyiciro cyo kwimura baturage.

Ati “Kwimura abaturage bijyana no kubaha ingurane, ariko abaturage bazagenda bimurwa bitewe n’ikigiye kuhakorerwa kuko birahenze, ni amafaranga adashobora kubonekera rimwe mu ngengo y’imari y’umwaka umwe, gusa hari n’uburyo bwo kuba rwiyemezamirimo uje gushora imari ashobora guheraho abimura aho agiye kubaka uruganda kuko na Leta yimura abaturage ibishyuye ariko ikagurisha umushoramari. Tubonye rero umushoramari waza aho kugura ubutaka na Leta agahita abugura n’umuturage akamwishyura, akamwimura byaba byorohereje Leta kandi bikihutisha uyu mushinga.”

Icyanya cyahariwe inganda mu karere ka Rubavu giteganyijwe ku buso burenga hegitari 129 ziteganyijwe kwimurwaho abaturage mu Murenge wa Rugerero.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda yizeje abaturage ko ikibazo cyabo kigiye gutangira kubonerwa umuti
Abaturage bavuga ko inzara ibarembeje
Aho batuye babwiwe ko bazahimurwa kuko ari icyanya cyahariwe ingdanda

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 17 =

Previous Post

Batanu b’amazina azwi mu Rwanda bahatanye mu bihembo ku rwego rwa Afurika

Next Post

Menya amabwiriza yashyiriweho abahuye n’abanduye Marburg n’abandi bose bashaka gukora ingendo ziva mu Rwanda

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya amabwiriza yashyiriweho abahuye n’abanduye Marburg n’abandi bose bashaka gukora ingendo ziva mu Rwanda

Menya amabwiriza yashyiriweho abahuye n’abanduye Marburg n’abandi bose bashaka gukora ingendo ziva mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.