Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Abamaze iminsi mu rujijo rw’ibyatumye bamwe banugarizwa n’inzara bahawe igisubizo

radiotv10by radiotv10
10/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Abamaze iminsi mu rujijo rw’ibyatumye bamwe banugarizwa n’inzara bahawe igisubizo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bafite ubutaka mu cyanya cyahariwe inganda mu Karere ka Rubavu, bamaze igihe mu rujijo bavuga ko babujijwe guhinga kuko ibyangombwa by’ubutaka bwabo byafatiriwe babwirwa ko bazimuka, mu gihe Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ibizeza ko ikibazo cyabo kigiye gutangira kubonerwa umuti.

Aba baturage bo mu Murenge wa Rugerero, bari baherutse kubwira RADIOTV10 ko barembejwe n’inzara, kuko babujije guhinga ndetse baka barambuwe ibyangombwa by’ubutaka ariko ntibakwishyurwa ingurane.

Gusa Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yavuze ko basabye abaturage batishyuwe ubutaka bwabo kubuhinga kuko ababatse ibyangombwa babizeza kubishyura ingurane babikoze batumvikanye n’Ubuyobozi.

Umunyamakuru wasubiye ahagenewe iki cyanya, yasanze bamwe mu bahafite amasambu baratangiye guhinga nubwo hari abavuga ko batarorohewe no guhita babona ubushobozi bwo guhinga kuko babimenyeshejwe batunguwe, gusa icyo bose bahuriraho nk’imbogamizi, ni uko batizeye umusaruro kuko bakerewe guhinga.

Icyimanimpaye ati “Bravuga ngo duhinge n’igihe cyararenze, imyaka ubu ngubu nibwo bamwe bari gutera, abandi babuze n’imishingiriro, mbese nta musaruro twizeye, ariko niba bazatwishyura nibaze batwishyure cyangwa badusubize ibyangombwa byacu kuko twumva bavuga ko ngo hari n’abamamyi baje gufata ibyo byangombwa.”

Ishimwe Cedrick na we ati “Kuko iyo umuntu atagira icyangombwa n’ubutaka ntabwo buba ari ubwe. Bwitwa ubwawe ubufitiye icyangombwa none ibyangombwa barabijyanye.”

Ministiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Sebahizi Prudence agaragaza ko icyihutirwa muri iki cyanya cyahariwe inganda cya Rubavu ari igishushanyo mbonera cy’ibyiciro by’inganda n’aho ziteganyirijwe, kimwe n’ibindi bikorwa remezo nk’imihanda, amazi n’amashanyarazi, kandi ko mu gihe kitarenze ukwezi kizaba cyabonetse ari nabwo hazatangira icyiciro cyo kwimura baturage.

Ati “Kwimura abaturage bijyana no kubaha ingurane, ariko abaturage bazagenda bimurwa bitewe n’ikigiye kuhakorerwa kuko birahenze, ni amafaranga adashobora kubonekera rimwe mu ngengo y’imari y’umwaka umwe, gusa hari n’uburyo bwo kuba rwiyemezamirimo uje gushora imari ashobora guheraho abimura aho agiye kubaka uruganda kuko na Leta yimura abaturage ibishyuye ariko ikagurisha umushoramari. Tubonye rero umushoramari waza aho kugura ubutaka na Leta agahita abugura n’umuturage akamwishyura, akamwimura byaba byorohereje Leta kandi bikihutisha uyu mushinga.”

Icyanya cyahariwe inganda mu karere ka Rubavu giteganyijwe ku buso burenga hegitari 129 ziteganyijwe kwimurwaho abaturage mu Murenge wa Rugerero.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda yizeje abaturage ko ikibazo cyabo kigiye gutangira kubonerwa umuti
Abaturage bavuga ko inzara ibarembeje
Aho batuye babwiwe ko bazahimurwa kuko ari icyanya cyahariwe ingdanda

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + ten =

Previous Post

Batanu b’amazina azwi mu Rwanda bahatanye mu bihembo ku rwego rwa Afurika

Next Post

Menya amabwiriza yashyiriweho abahuye n’abanduye Marburg n’abandi bose bashaka gukora ingendo ziva mu Rwanda

Related Posts

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya amabwiriza yashyiriweho abahuye n’abanduye Marburg n’abandi bose bashaka gukora ingendo ziva mu Rwanda

Menya amabwiriza yashyiriweho abahuye n’abanduye Marburg n’abandi bose bashaka gukora ingendo ziva mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.