Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Abari bamaze imyaka 8 bategereje kwimurwa bahawe igisubizo batari biteze

radiotv10by radiotv10
16/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Abari bamaze imyaka 8 bategereje kwimurwa bahawe igisubizo batari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye ahitwa kuri Marine mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bamaze imyaka umunani bameze nk’abadafite aho baba nyuma yuko bemerewe kwimurwa ndetse bakanerekwa inzu bagombaga gutuzwamo, ariko ntibikorwe, Ubuyobozi bw’Akarere bukababwira ko uyu mushinga warangiye cyera.

Muri Gashyantare uyu mwaka, Umunyamakuru wa RADIOTV10 ubwo yageraga mu Midugudu ya Tagaza, Buharara na Butotori mu Kagari ka Rubona mu Murenge wa Nyamyumba, bamwe bahatuye bamubwiye ko ubuzima babayemo butuma bigereranya n’inyeshyamba burimo kutagira amazi n’amashanyarazi nyamara bari bijejwe n’ubuyobozi ko bugiye kubimura bakava mu manegeka.

Ngirabatware Gaspard ati “Mu nama nta kindi kibazo, ni uguhora ngo ejo muragiye, ngo mwihangane ejo muragiye, tugira icyizere nyuma twumva ngo inzu barazitanze.”

Ngirabatware akomeza avuga ko aba baturage banaberetse inzu bagombaga gutuzwamo mu mudugudu wa Muhira, ati “ariko icyambabaje kikantera agahinda ni uko nazibonye sinyikandagiremo.”

Aba baturage bavuga ko kubera kuba aha hantu, bibagiraho ingaruka zitandukanye kuko, bari ahantu hadakwiye kuba haturwa.

Imanizabayo Evariste ati “Abandi baba bicaye bakabona inzoka ziri kugera mu nzu kubera ko nawe urabona ko bateye ibiti byinshi mu mirima yacu mbese twibereye mu ishyamba ku buryo n’iyo umuntu agiye mu kazi gushakisha bisaba gusimburana kuko mugiye mwese mwasanga inzu bayejeje.”

Ni mu gihe icyo gihe Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwari bwizeje aba baturage ko umushinga wo kubimura wagombaga kurangirana n’ingengo y’imari ya 2023-2024 ariko kugeza ubu ngo barategereje amaso ahera mu kirere.

Icyakora nubwo mu myaka ibiri ishize hari bamwe mu bahatuye bagaragazaga ko inzu zatangiye kubagwaho, ubwo twahageraga twasanze hari n’abandi zamaze kugwa ndetse badutekerereza ubuzima babayemo.

Uwamahoro Deborah ati “Yaraguye nyine nagiye gucumbika, ubu ndi mu buzima bubi kuko ni yo ngize ngo ngiye gushakisha n’utwo mbonye bisaba gukuramo nkishyura inzu kandi ntari mbimenyereye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko umushinga wo kwimura aba baturage warangiye, akababwira ko kugeza ubu nta mwenda Leta ibafitiye.

Ati “Ikibazo turakizi ariko iyo myaka irindwi yose ishize biba bisobanuye ko uwo mushinga Leta yabaye iwusubitse cyangwa yawuhinduye, kandi n’itegeko ryo kwimura abantu kubera inyungu rusange na ryo rirabisobanura, kuko iyo igenagaciro rirengeje amezi atatu riba ritaye agaciro.”

Akomeza avuga ko nyuma yo gutekereza uyu mushinga, hagaragaye ibindi byuhutirwaga aba ari na byo bishyirwamo imbaraga, icyakora abamenyesha ko ibiti byatewe ari ibyabo ndetse n’ubutaka biteyeho bukaba bukiri ubwabo.

Ati “Babukoreshe icyo bashaka bagendeye ku gishushanyo mbonera kuko hari icyo kihateganyiriza, kandi batuze kuko igihe cyose Leta yakenera ubutaka bwabo babimenyeshwa.”

Abaturage barebwa n’iki kibazo, ni abo mu midugudu ya Tagaza, Buharara na Butotori yo mu kagari ka Rubona mu Murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu bamaze imyaka isaga 7 bategereje kwimurwa.

Aba baturage bavuga ko bamaze igihe mu rujijo

Inzu za bamwe zarasenyutse

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + eighteen =

Previous Post

Amakuru agezweho ku ishusho y’icyorezo cya Marburg mu Rwanda

Next Post

Bahishuye ibanga ryihishe inyuma y’igituma Inka zagenewe abatishoboye zihabwa abifite

Related Posts

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

by radiotv10
16/10/2025
0

IP Emmanuel Gahigana, ni umwe mu bapolisi bahize abandi mu mahugurwa yaberaga mu Misiri mu byiciro bitandukanye, akaba yanashyikirijwe igihembo...

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

by radiotv10
16/10/2025
0

Impanuka y’imodoka y’ikamyo yabereye mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, yagonze izindi modoka, ikanahitana ubuzima bw’abantu babiri, birakekwa...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

by radiotv10
16/10/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yihanganishije umuryango w’umunyapolitiki Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya, witabye Imana....

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

by radiotv10
16/10/2025
0

Abantu 25 basohotse ku rutonde rwashyizwe hanze n'Ikigo gishinzwe Gutahura no Kurwanya Ibyaha byo mu rwego rw’Imari- FIC (Financial Intelligence...

Post-grad panic: What happens after university?

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

by radiotv10
16/10/2025
0

Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda, bwatangaje ko hashyizweho uburyo bwo kuzafasha abazitabira ibirori byo guha impamyabumenyi abayirangijemo bizabera i Huye,...

IZIHERUKA

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu
AMAHANGA

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

by radiotv10
17/10/2025
0

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

17/10/2025
Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

16/10/2025
Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

16/10/2025
Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

16/10/2025
Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

16/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo

Bahishuye ibanga ryihishe inyuma y’igituma Inka zagenewe abatishoboye zihabwa abifite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.