Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Abari bamaze imyaka 8 bategereje kwimurwa bahawe igisubizo batari biteze

radiotv10by radiotv10
16/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Abari bamaze imyaka 8 bategereje kwimurwa bahawe igisubizo batari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye ahitwa kuri Marine mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bamaze imyaka umunani bameze nk’abadafite aho baba nyuma yuko bemerewe kwimurwa ndetse bakanerekwa inzu bagombaga gutuzwamo, ariko ntibikorwe, Ubuyobozi bw’Akarere bukababwira ko uyu mushinga warangiye cyera.

Muri Gashyantare uyu mwaka, Umunyamakuru wa RADIOTV10 ubwo yageraga mu Midugudu ya Tagaza, Buharara na Butotori mu Kagari ka Rubona mu Murenge wa Nyamyumba, bamwe bahatuye bamubwiye ko ubuzima babayemo butuma bigereranya n’inyeshyamba burimo kutagira amazi n’amashanyarazi nyamara bari bijejwe n’ubuyobozi ko bugiye kubimura bakava mu manegeka.

Ngirabatware Gaspard ati “Mu nama nta kindi kibazo, ni uguhora ngo ejo muragiye, ngo mwihangane ejo muragiye, tugira icyizere nyuma twumva ngo inzu barazitanze.”

Ngirabatware akomeza avuga ko aba baturage banaberetse inzu bagombaga gutuzwamo mu mudugudu wa Muhira, ati “ariko icyambabaje kikantera agahinda ni uko nazibonye sinyikandagiremo.”

Aba baturage bavuga ko kubera kuba aha hantu, bibagiraho ingaruka zitandukanye kuko, bari ahantu hadakwiye kuba haturwa.

Imanizabayo Evariste ati “Abandi baba bicaye bakabona inzoka ziri kugera mu nzu kubera ko nawe urabona ko bateye ibiti byinshi mu mirima yacu mbese twibereye mu ishyamba ku buryo n’iyo umuntu agiye mu kazi gushakisha bisaba gusimburana kuko mugiye mwese mwasanga inzu bayejeje.”

Ni mu gihe icyo gihe Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwari bwizeje aba baturage ko umushinga wo kubimura wagombaga kurangirana n’ingengo y’imari ya 2023-2024 ariko kugeza ubu ngo barategereje amaso ahera mu kirere.

Icyakora nubwo mu myaka ibiri ishize hari bamwe mu bahatuye bagaragazaga ko inzu zatangiye kubagwaho, ubwo twahageraga twasanze hari n’abandi zamaze kugwa ndetse badutekerereza ubuzima babayemo.

Uwamahoro Deborah ati “Yaraguye nyine nagiye gucumbika, ubu ndi mu buzima bubi kuko ni yo ngize ngo ngiye gushakisha n’utwo mbonye bisaba gukuramo nkishyura inzu kandi ntari mbimenyereye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko umushinga wo kwimura aba baturage warangiye, akababwira ko kugeza ubu nta mwenda Leta ibafitiye.

Ati “Ikibazo turakizi ariko iyo myaka irindwi yose ishize biba bisobanuye ko uwo mushinga Leta yabaye iwusubitse cyangwa yawuhinduye, kandi n’itegeko ryo kwimura abantu kubera inyungu rusange na ryo rirabisobanura, kuko iyo igenagaciro rirengeje amezi atatu riba ritaye agaciro.”

Akomeza avuga ko nyuma yo gutekereza uyu mushinga, hagaragaye ibindi byuhutirwaga aba ari na byo bishyirwamo imbaraga, icyakora abamenyesha ko ibiti byatewe ari ibyabo ndetse n’ubutaka biteyeho bukaba bukiri ubwabo.

Ati “Babukoreshe icyo bashaka bagendeye ku gishushanyo mbonera kuko hari icyo kihateganyiriza, kandi batuze kuko igihe cyose Leta yakenera ubutaka bwabo babimenyeshwa.”

Abaturage barebwa n’iki kibazo, ni abo mu midugudu ya Tagaza, Buharara na Butotori yo mu kagari ka Rubona mu Murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu bamaze imyaka isaga 7 bategereje kwimurwa.

Aba baturage bavuga ko bamaze igihe mu rujijo

Inzu za bamwe zarasenyutse

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Amakuru agezweho ku ishusho y’icyorezo cya Marburg mu Rwanda

Next Post

Bahishuye ibanga ryihishe inyuma y’igituma Inka zagenewe abatishoboye zihabwa abifite

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo

Bahishuye ibanga ryihishe inyuma y’igituma Inka zagenewe abatishoboye zihabwa abifite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.