Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Abari bamaze imyaka 8 bategereje kwimurwa bahawe igisubizo batari biteze

radiotv10by radiotv10
16/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Abari bamaze imyaka 8 bategereje kwimurwa bahawe igisubizo batari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye ahitwa kuri Marine mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bamaze imyaka umunani bameze nk’abadafite aho baba nyuma yuko bemerewe kwimurwa ndetse bakanerekwa inzu bagombaga gutuzwamo, ariko ntibikorwe, Ubuyobozi bw’Akarere bukababwira ko uyu mushinga warangiye cyera.

Muri Gashyantare uyu mwaka, Umunyamakuru wa RADIOTV10 ubwo yageraga mu Midugudu ya Tagaza, Buharara na Butotori mu Kagari ka Rubona mu Murenge wa Nyamyumba, bamwe bahatuye bamubwiye ko ubuzima babayemo butuma bigereranya n’inyeshyamba burimo kutagira amazi n’amashanyarazi nyamara bari bijejwe n’ubuyobozi ko bugiye kubimura bakava mu manegeka.

Ngirabatware Gaspard ati “Mu nama nta kindi kibazo, ni uguhora ngo ejo muragiye, ngo mwihangane ejo muragiye, tugira icyizere nyuma twumva ngo inzu barazitanze.”

Ngirabatware akomeza avuga ko aba baturage banaberetse inzu bagombaga gutuzwamo mu mudugudu wa Muhira, ati “ariko icyambabaje kikantera agahinda ni uko nazibonye sinyikandagiremo.”

Aba baturage bavuga ko kubera kuba aha hantu, bibagiraho ingaruka zitandukanye kuko, bari ahantu hadakwiye kuba haturwa.

Imanizabayo Evariste ati “Abandi baba bicaye bakabona inzoka ziri kugera mu nzu kubera ko nawe urabona ko bateye ibiti byinshi mu mirima yacu mbese twibereye mu ishyamba ku buryo n’iyo umuntu agiye mu kazi gushakisha bisaba gusimburana kuko mugiye mwese mwasanga inzu bayejeje.”

Ni mu gihe icyo gihe Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwari bwizeje aba baturage ko umushinga wo kubimura wagombaga kurangirana n’ingengo y’imari ya 2023-2024 ariko kugeza ubu ngo barategereje amaso ahera mu kirere.

Icyakora nubwo mu myaka ibiri ishize hari bamwe mu bahatuye bagaragazaga ko inzu zatangiye kubagwaho, ubwo twahageraga twasanze hari n’abandi zamaze kugwa ndetse badutekerereza ubuzima babayemo.

Uwamahoro Deborah ati “Yaraguye nyine nagiye gucumbika, ubu ndi mu buzima bubi kuko ni yo ngize ngo ngiye gushakisha n’utwo mbonye bisaba gukuramo nkishyura inzu kandi ntari mbimenyereye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko umushinga wo kwimura aba baturage warangiye, akababwira ko kugeza ubu nta mwenda Leta ibafitiye.

Ati “Ikibazo turakizi ariko iyo myaka irindwi yose ishize biba bisobanuye ko uwo mushinga Leta yabaye iwusubitse cyangwa yawuhinduye, kandi n’itegeko ryo kwimura abantu kubera inyungu rusange na ryo rirabisobanura, kuko iyo igenagaciro rirengeje amezi atatu riba ritaye agaciro.”

Akomeza avuga ko nyuma yo gutekereza uyu mushinga, hagaragaye ibindi byuhutirwaga aba ari na byo bishyirwamo imbaraga, icyakora abamenyesha ko ibiti byatewe ari ibyabo ndetse n’ubutaka biteyeho bukaba bukiri ubwabo.

Ati “Babukoreshe icyo bashaka bagendeye ku gishushanyo mbonera kuko hari icyo kihateganyiriza, kandi batuze kuko igihe cyose Leta yakenera ubutaka bwabo babimenyeshwa.”

Abaturage barebwa n’iki kibazo, ni abo mu midugudu ya Tagaza, Buharara na Butotori yo mu kagari ka Rubona mu Murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu bamaze imyaka isaga 7 bategereje kwimurwa.

Aba baturage bavuga ko bamaze igihe mu rujijo

Inzu za bamwe zarasenyutse

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku ishusho y’icyorezo cya Marburg mu Rwanda

Next Post

Bahishuye ibanga ryihishe inyuma y’igituma Inka zagenewe abatishoboye zihabwa abifite

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo

Bahishuye ibanga ryihishe inyuma y’igituma Inka zagenewe abatishoboye zihabwa abifite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.