Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Rubavu: Abataramenyekana biraye mu nsina z’umuturage batemagura izifite ibitoki barabisiga barigendera

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in Uncategorized
0
Rubavu: Abataramenyekana biraye mu nsina z’umuturage batemagura izifite ibitoki barabisiga barigendera
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bataramenyekana bitwikiriye ijoro birara mu rutoki rw’umuturage wo mu Kagari ka Basa mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, batemagura insina zifite ibitoki bikiri bito, bazisiga aho baragenda.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wagiye ahabereye ubu bugizi bwa nabi mu Mudugudu wa Buranga muri aka Kagari ka Basa, yasanze insina zatemaguwe ari izari zifite ibitoti bitarera ku buryo uwazitemye atari agamije kwiba ibitoki kuko byose yanabisize biryamye hasi.

Uyu musaza witwa Ntawumenyumunsi Pascal watemewe insina, yabwiye RADIOTV1 ko abatemye izi ntsina ze babanje kuragira inka mu rutoki rwe.

Ati “Barangije kuragira inka, nkeka ko ibyo byakozwe mu ijoro bugiye gucya, bagiye gutaha birara mu rutoki, muri kureba uko imyana (insina zamaze kuzana ibitoki) bayigize bayitemye.”

Ntawumenyumunsi Pascal avuga ko uwatemeye izi nsina ze “nanjye ambonye ntabwo yansiga.”

Urugomo nk’uru si rushya muri aka gace kuko atari ubwa mbere habaye ibikorwa nk’ibi bikunze kwitirirwa aborozi b’Inka bakunze kwigabiza urutoki rw’abahinzi bagatemagura insina bakajya kuzigaburira Inka zabo.

Gusa abaturage bo muri aka gace, bavuga ko ubuyobozi bwabigizemo imbaraga nke kuko bakunze kumenyesha inzego ibi bibazo ariko bukabyirengagiza.

Umwe yagize ati “Tubifata nk’urugomo ariko ubuyobozi bubirebera kuko abayobozi baba banabibona ariko bakabura umwanzuro babifatira.”

Undi muturage avuga ko aborozi bo muri aka gace bafite ubwibone n’ubugome, ati “Babu bumva bataragira mu masambu yabo bakaragira mu masambu y’abandi.

Umunyamakuru yabajije Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Basa, Eric Rukundo, amubwira ko atiteguye kuvugana n’Itangazamakuru.

Muri aka Karere ka Rubavu hari bamwe mu borozi bakunze gutungwa agatoki n’abahinzi b’urutoki mu kuba ari bo ba nyirabayazana b’ibihombo bahura nabyo bitewe n’uko akenshi bakunze kwirara mu nsina zabo bakazitemagura kugira ngo babone ibyo bagaburira Inka zabo.

Ntawumenyumunsi Pascal ari mu gahinda

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − eleven =

Previous Post

Umunyamakurukazi w’Ikirangirire ku Isi wakiriye ba Obama yazanye mu Rwanda n’umugore we

Next Post

Abakinnyi ni 11 kuri 11 ntabwo ari Sadio Mané ukina n’u Rwanda- Umutoza w’Amavubi

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi ni 11 kuri 11 ntabwo ari Sadio Mané ukina n’u Rwanda- Umutoza w’Amavubi

Abakinnyi ni 11 kuri 11 ntabwo ari Sadio Mané ukina n’u Rwanda- Umutoza w'Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.