Sunday, April 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RUBAVU: Abirukanwe muri Tanzania barataka kutabona uburenganzira busesuye

radiotv10by radiotv10
09/09/2021
in MU RWANDA
0
RUBAVU: Abirukanwe muri Tanzania barataka kutabona uburenganzira busesuye
Share on FacebookShare on Twitter

Ni abanyarwanda bavuga ko bamaze imyaka umunani batujwe mu mudugudu wa Kanembwe uherereye mu murenge wa Cyanzarwe nyuma yo kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania bavug ko batabona uburenganzira busesuye baba bakwiye.

Kimwe mu byo bavuga ko kirambiranye n’uko bashinja ubuyobozi kutabarura amazu bubakiwe mu gihe bagenzi babo batujwe ahandi bo bamaze guhabwa ibyangombwa by’amazu yabo bityo bakaba ariho bahera babifata nko kuba impunzi mu gihugu cyawe.

Umwe muri bo yagize ati: “Ni ukuba impunzi mu gihugu cyawe ubundi batwirukanye batubwira ko turi abanyarwanda ariko na none ntitwabona agaciro nk’akabanyarwanda, turayoberwa ko turi abanyarwanda, imyaka maze hano igera ku munani nta cyangombwa cyo gutura mfite, ubu niyo napfa umwana wanjye nawe yazerera ariko mfite icyangombwa navuga nti afite uburenganzira ku ipariseri nahawe na leta”

Mugenzi we nawe ati: “Ubu twebwe abaturage bose bazi uko tubayeho. Nta kintu tugira wangira ngo ntituri abanyarwanda, n’ubwo twaje tubasanga ariko uko mbibona ntagaciro dufite”

Image

Abirukanwe muri Tanzania bavuga ko bakeneye guhabwa ibyangombwa naho batuye

Ibi bibazo byose bashinja inzego z’ibanze kuko ngo batahwemye kuzigaragariza ko bakeneye ibyangombwa by’amazu yabo umurenge wa Cyanzarwe batuyemo ngo ukabaca ibihumbi 15 by’amafaranga y’u Rwanda (15,000 FRW) kuri buri muturage bamara kuyatanga bagategereza bagaheba.

Uwimana Vedaste umunyamabanga nshingwabikorwa mu murenge wa Cyanzarwe avuga ko aba baturage batigeze bamugaragariza iki kibazo nyamara munyemezabwishyu y’ibihumbi 15 aba baturage batweretse iriho kashe y’umurenge.

Twashatse kumenya niba aba baturage ntaburenganzira bwo guhabwa ibyangombwa by’amazu bubakiwe.

Nzabonimpa Déogratias, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu nawe yatubwiye ko iki kibazo ari gishya mu matwi ye yizeza aba baturage ko agiye kugikurirana.

Aganira n’umunyamakuru wa RADIOTV10 yagize ati”Nibaza ko dufite ibiro (Bureau) bibishinzwe, bazaze tuzabakira, tumenye ikibazo cyabo tugikemure, tuzanabasura tumenye ikibazo gihari. Ubwo ni ikibazo tumenye turagikurikirana.”

Mu mwaka wa 2012 nibwo abanyarwanda bagera ku bihumbi 13,000 bari batuye muri Tanzania birukanwe abenshi bageze mu gihugu amara masa kuko imitungo yabo yari yamaze kunyagwa, hari abageze mu Rwanda batuzwa mu bice by’icyaro bahabwa amasambu.

Inkuru ya Danton GASIGWA/RadioTV10  

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + seventeen =

Previous Post

“Ndi muri gahunda ya nyuma yo gutandukana na Sofapaka FC”-MITIMA ISAAC

Next Post

IMF cyageneye Tanzaniya inkunga iri hafi ya miriyari 600 z’amanyarwanda

Related Posts

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

by radiotv10
25/04/2026
0

Guverinoma y’u Bubiligi yamaganiye kure amakuru yavugaga ko iki Gihugu kiri guha intwaro u Burundi ngo buzifashisha mu mugambi wo...

Skills You Need to Start and Grow a Business

Skills You Need to Start and Grow a Business

by radiotv10
25/04/2026
0

Starting a business or launching any initiative sounds exciting and it is, but it also demands more than just a...

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

by radiotv10
24/04/2026
0

Kompanyi ya Choplife Gaming Limited (CLG), ikora nka betPawa ku isoko ryo Rwanda ikaba imwe mu zitanga serivisi z’imikino y’amahirwe,...

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

by radiotv10
24/04/2026
0

Bisi 50 zikoresha amashanyarazi zigiye kongerwa muri gahunda yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, aho...

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

Amakuru Mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zongeye guhurira muri America zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
24/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yakiriye ibiganiro byahuje abagize Komisiyo Ihuriweho hagati y’u Rwanda na DRC...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu
AMAHANGA

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

by radiotv10
26/04/2026
0

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

25/04/2026
Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

25/04/2026
Skills You Need to Start and Grow a Business

Skills You Need to Start and Grow a Business

25/04/2026
Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

24/04/2026
Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

24/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IMF cyageneye Tanzaniya inkunga iri hafi ya miriyari 600 z’amanyarwanda

IMF cyageneye Tanzaniya inkunga iri hafi ya miriyari 600 z’amanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.