Saturday, May 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RUBAVU: Abirukanwe muri Tanzania barataka kutabona uburenganzira busesuye

radiotv10by radiotv10
09/09/2021
in MU RWANDA
0
RUBAVU: Abirukanwe muri Tanzania barataka kutabona uburenganzira busesuye
Share on FacebookShare on Twitter

Ni abanyarwanda bavuga ko bamaze imyaka umunani batujwe mu mudugudu wa Kanembwe uherereye mu murenge wa Cyanzarwe nyuma yo kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania bavug ko batabona uburenganzira busesuye baba bakwiye.

Kimwe mu byo bavuga ko kirambiranye n’uko bashinja ubuyobozi kutabarura amazu bubakiwe mu gihe bagenzi babo batujwe ahandi bo bamaze guhabwa ibyangombwa by’amazu yabo bityo bakaba ariho bahera babifata nko kuba impunzi mu gihugu cyawe.

Umwe muri bo yagize ati: “Ni ukuba impunzi mu gihugu cyawe ubundi batwirukanye batubwira ko turi abanyarwanda ariko na none ntitwabona agaciro nk’akabanyarwanda, turayoberwa ko turi abanyarwanda, imyaka maze hano igera ku munani nta cyangombwa cyo gutura mfite, ubu niyo napfa umwana wanjye nawe yazerera ariko mfite icyangombwa navuga nti afite uburenganzira ku ipariseri nahawe na leta”

Mugenzi we nawe ati: “Ubu twebwe abaturage bose bazi uko tubayeho. Nta kintu tugira wangira ngo ntituri abanyarwanda, n’ubwo twaje tubasanga ariko uko mbibona ntagaciro dufite”

Image

Abirukanwe muri Tanzania bavuga ko bakeneye guhabwa ibyangombwa naho batuye

Ibi bibazo byose bashinja inzego z’ibanze kuko ngo batahwemye kuzigaragariza ko bakeneye ibyangombwa by’amazu yabo umurenge wa Cyanzarwe batuyemo ngo ukabaca ibihumbi 15 by’amafaranga y’u Rwanda (15,000 FRW) kuri buri muturage bamara kuyatanga bagategereza bagaheba.

Uwimana Vedaste umunyamabanga nshingwabikorwa mu murenge wa Cyanzarwe avuga ko aba baturage batigeze bamugaragariza iki kibazo nyamara munyemezabwishyu y’ibihumbi 15 aba baturage batweretse iriho kashe y’umurenge.

Twashatse kumenya niba aba baturage ntaburenganzira bwo guhabwa ibyangombwa by’amazu bubakiwe.

Nzabonimpa Déogratias, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu nawe yatubwiye ko iki kibazo ari gishya mu matwi ye yizeza aba baturage ko agiye kugikurirana.

Aganira n’umunyamakuru wa RADIOTV10 yagize ati”Nibaza ko dufite ibiro (Bureau) bibishinzwe, bazaze tuzabakira, tumenye ikibazo cyabo tugikemure, tuzanabasura tumenye ikibazo gihari. Ubwo ni ikibazo tumenye turagikurikirana.”

Mu mwaka wa 2012 nibwo abanyarwanda bagera ku bihumbi 13,000 bari batuye muri Tanzania birukanwe abenshi bageze mu gihugu amara masa kuko imitungo yabo yari yamaze kunyagwa, hari abageze mu Rwanda batuzwa mu bice by’icyaro bahabwa amasambu.

Inkuru ya Danton GASIGWA/RadioTV10  

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + thirteen =

Previous Post

“Ndi muri gahunda ya nyuma yo gutandukana na Sofapaka FC”-MITIMA ISAAC

Next Post

IMF cyageneye Tanzaniya inkunga iri hafi ya miriyari 600 z’amanyarwanda

Related Posts

U Rwanda n’u Burusiya biyemeje gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda n’u Burusiya biyemeje gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare

by radiotv10
23/05/2026
0

Inama ya Komisiyo ihuriweho ishinzwe ubufatanye mu bya gisirikare hagati y’u Rwanda n’u Burusiya, yasoje impande zombi zisuzumiye hamwe uko...

Amakuru mashya: Perezida Kagame yazamuye mu ntera abacungagereza 740 barimo Abofisiye bakuru 46 anirukana 290

Amakuru mashya: Perezida Kagame yazamuye mu ntera abacungagereza 740 barimo Abofisiye bakuru 46 anirukana 290

by radiotv10
23/05/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yamuye mu ntera Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS 742 barimo Abofisiye bakuru 46...

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta

by radiotv10
22/05/2026
0

Leta y’u Rwanda yashyizeho abagize itsinda rya komisiyo yo ku rwego rwo hejuru ishinzwe kwiga no gusesengura gahunda yo kwegurira...

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

by radiotv10
22/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko mu gihe cyo gushaka ibyangombwa byo kubaka, nta faranga na rimwe umuntu yakwa, ahubwo...

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

by radiotv10
22/05/2026
0

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Ujekuvuka Emmanuel uzwi nka Marchal Ujeku, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho ibyaha birimo cyo kwihesha...

IZIHERUKA

U Rwanda n’u Burusiya biyemeje gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare
MU RWANDA

U Rwanda n’u Burusiya biyemeje gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare

by radiotv10
23/05/2026
0

DJ Pinky wagaragaye mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka yasekewe n’amahirwe

DJ Pinky wagaragaye mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka yasekewe n’amahirwe

23/05/2026
Amakuru mashya: Perezida Kagame yazamuye mu ntera abacungagereza 740 barimo Abofisiye bakuru 46 anirukana 290

Amakuru mashya: Perezida Kagame yazamuye mu ntera abacungagereza 740 barimo Abofisiye bakuru 46 anirukana 290

23/05/2026
The Difference Between Resting and Wasting Your Weekend

The Difference Between Resting and Wasting Your Weekend

23/05/2026
Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta

22/05/2026
Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

22/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IMF cyageneye Tanzaniya inkunga iri hafi ya miriyari 600 z’amanyarwanda

IMF cyageneye Tanzaniya inkunga iri hafi ya miriyari 600 z’amanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda n’u Burusiya biyemeje gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare

DJ Pinky wagaragaye mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka yasekewe n’amahirwe

Amakuru mashya: Perezida Kagame yazamuye mu ntera abacungagereza 740 barimo Abofisiye bakuru 46 anirukana 290

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.