Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RUBAVU: Abirukanwe muri Tanzania barataka kutabona uburenganzira busesuye

radiotv10by radiotv10
09/09/2021
in MU RWANDA
0
RUBAVU: Abirukanwe muri Tanzania barataka kutabona uburenganzira busesuye
Share on FacebookShare on Twitter

Ni abanyarwanda bavuga ko bamaze imyaka umunani batujwe mu mudugudu wa Kanembwe uherereye mu murenge wa Cyanzarwe nyuma yo kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania bavug ko batabona uburenganzira busesuye baba bakwiye.

Kimwe mu byo bavuga ko kirambiranye n’uko bashinja ubuyobozi kutabarura amazu bubakiwe mu gihe bagenzi babo batujwe ahandi bo bamaze guhabwa ibyangombwa by’amazu yabo bityo bakaba ariho bahera babifata nko kuba impunzi mu gihugu cyawe.

Umwe muri bo yagize ati: “Ni ukuba impunzi mu gihugu cyawe ubundi batwirukanye batubwira ko turi abanyarwanda ariko na none ntitwabona agaciro nk’akabanyarwanda, turayoberwa ko turi abanyarwanda, imyaka maze hano igera ku munani nta cyangombwa cyo gutura mfite, ubu niyo napfa umwana wanjye nawe yazerera ariko mfite icyangombwa navuga nti afite uburenganzira ku ipariseri nahawe na leta”

Mugenzi we nawe ati: “Ubu twebwe abaturage bose bazi uko tubayeho. Nta kintu tugira wangira ngo ntituri abanyarwanda, n’ubwo twaje tubasanga ariko uko mbibona ntagaciro dufite”

Image

Abirukanwe muri Tanzania bavuga ko bakeneye guhabwa ibyangombwa naho batuye

Ibi bibazo byose bashinja inzego z’ibanze kuko ngo batahwemye kuzigaragariza ko bakeneye ibyangombwa by’amazu yabo umurenge wa Cyanzarwe batuyemo ngo ukabaca ibihumbi 15 by’amafaranga y’u Rwanda (15,000 FRW) kuri buri muturage bamara kuyatanga bagategereza bagaheba.

Uwimana Vedaste umunyamabanga nshingwabikorwa mu murenge wa Cyanzarwe avuga ko aba baturage batigeze bamugaragariza iki kibazo nyamara munyemezabwishyu y’ibihumbi 15 aba baturage batweretse iriho kashe y’umurenge.

Twashatse kumenya niba aba baturage ntaburenganzira bwo guhabwa ibyangombwa by’amazu bubakiwe.

Nzabonimpa Déogratias, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu nawe yatubwiye ko iki kibazo ari gishya mu matwi ye yizeza aba baturage ko agiye kugikurirana.

Aganira n’umunyamakuru wa RADIOTV10 yagize ati”Nibaza ko dufite ibiro (Bureau) bibishinzwe, bazaze tuzabakira, tumenye ikibazo cyabo tugikemure, tuzanabasura tumenye ikibazo gihari. Ubwo ni ikibazo tumenye turagikurikirana.”

Mu mwaka wa 2012 nibwo abanyarwanda bagera ku bihumbi 13,000 bari batuye muri Tanzania birukanwe abenshi bageze mu gihugu amara masa kuko imitungo yabo yari yamaze kunyagwa, hari abageze mu Rwanda batuzwa mu bice by’icyaro bahabwa amasambu.

Inkuru ya Danton GASIGWA/RadioTV10  

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

“Ndi muri gahunda ya nyuma yo gutandukana na Sofapaka FC”-MITIMA ISAAC

Next Post

IMF cyageneye Tanzaniya inkunga iri hafi ya miriyari 600 z’amanyarwanda

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IMF cyageneye Tanzaniya inkunga iri hafi ya miriyari 600 z’amanyarwanda

IMF cyageneye Tanzaniya inkunga iri hafi ya miriyari 600 z’amanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.