Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bavuze icyatumye imiterere y’inzu babamo ituma badatora agatotsi

radiotv10by radiotv10
28/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Bavuze icyatumye imiterere y’inzu babamo ituma badatora agatotsi
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye ahanyujije imashini zifashigwa mu bikorwa byo kubaka ishuri mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko inzu zabo zangiritse kubera izi mashini ziremereye, ku buryo bahorana ubwoba ko zabagwa hejuru kubera uburyo ziyashije.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Remera, mu kagari ka Rubona mu murenge wa Nyamyumba bavuga ko hashize amezi atatu haje imashini n’imodoka nini, byaje gusiza ikibanza kigiye kubakwamo amashuri muri aka Kagari, zikangiza inzu zabo.

Mahoro Jean Pierre ati “Zinyura ku nzu zacu zitsindagira, na we urabibona ko zinyura ku pembe, ni ukuvuga ngo inzu zacu zarasataguritse, igisigaye ni ukutugwaho.”

Uyu muturage avuga ko batahwemye kugaragaza iki kibazo, bakimenyesha inzego z’ubuyobozi ariko zikaba zarabimye amatwi.

Ati “Hari umuyobozi wo ku Karere witwa Marie Noella ni we ushinzwe iki gikorwa kiri gukorerwa aha, ariko nagerageje kumubwira mwohereza amafoto n’abakorera hano nabagejeje mu rugo ariko bose ntacyo babikoraho.”

Undi muturage witwa Nyirambuzeyose Esperance avuga ko byari bikwiye ko bishyurwa bakimurwa aha hantu, kuko ibi bikorwa byatumye ubuzima bwabo bujya mu kaga.

Ati “Ntabwo batwishyuye kandi twarabivuze kera, turahamagara no ku Karere banga kuhagera. Rwose tugira ubwoba ko hari igihe bizatugwaho ariko ntahandi twajya turasaba inkunga baze baturebere bamenye uko bimeze n’izi nzu zasataguritse barebe zitazagwa ku bantu.”

Mu gusubiza kuri iki kibazo, ubuyobozi bw’Akarere, bwizeje ko bugiye gukurikirana ikibazo cy’aba baturage.

Mu butuma bwatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa X, bwagize buti “Ubuyobozi bw’Akarere buzasura aba baturage, hasuzumwe ikibazo cyabo, nibasanga gifitanye isano n’iyubakwa ry’amashuri, bizakemurwa uko bikwiye.”

Abaturage bagaragaza iki kibazo, ni abatuye ku muhanda muto uri kuri metero 500 ziva ku muhanda munini Gisenyi-Brasserie werekeza ahari gutunganywa ngo hazubakwe amashuri.

Inzu babamo zariyashije cyane
Bituma bahorana impungenge ko zazabagwaho

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − five =

Previous Post

Amakuru mashya avugwa mu Mavubi nyuma yuko asuzuguriwe na Djibouti i Kigali

Next Post

Umuhanzikazi Nyarwanda ufite ijwi ryihariye ahishuye uko yinjiye mu buhanzi atarabyifuzaga

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi Nyarwanda ufite ijwi ryihariye ahishuye uko yinjiye mu buhanzi atarabyifuzaga

Umuhanzikazi Nyarwanda ufite ijwi ryihariye ahishuye uko yinjiye mu buhanzi atarabyifuzaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.