Friday, June 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Haravugwa igikorwa cy’inshoberamahanga cyafashwe nk’umujinya w’umuranduranzuzi

radiotv10by radiotv10
28/12/2023
in MU RWANDA
0
Rubavu: Haravugwa igikorwa cy’inshoberamahanga cyafashwe nk’umujinya w’umuranduranzuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Insina z’umuturage wo mu Kagari ka Basa mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, zatemaguriwe hasi n’uwazirayemo yitwaje umuhoro, bikaba bikekwa ku mushumba wabikoze ku mpamvu itaramenyekana.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukuboza 2023, nk’uko byatangarijwe umunyamakuru wacu Oswald Mutuyeyezu, wahawe amakuru n’uri mu ba mbere bageze ahabereye iki gikorwa.

Amakuru yageze kuri RADIOTV10, avuga ko iki gikorwa cyakozwe n’umushumba, wiraye mu nsina za Niyibizi Charles akazitema akazimarira hasi, aho bikekwa ko hari icyo bapfa.

Bamwe mu bagize icyo bavuga kuri iki gikorwa, bacyamaganiye kure, bavuga ko kidakwiye, ndetse bamwe bemeza ko niba hari n’icyo uyu mushumba yapfaga na nyiri uru rutoki, atari akwiye kwihimura muri ubu buryo, bakavuga ko yagaragaje umujinya w’umuranduranzuzi, ku buryo n’iyo abona nyirazo na we atari kumusiga.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwihutiye kugera ahabereye iki gikorwa, by’umwihariko ubw’Akagari ka Basa, bwahise bufata uwo mushumba wari umaze gutema ibi bihingwa, buhita bumushyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, kuri Sitasiyo ya Rugerero, ari na ho acumbikiwe kugira ngo hakomeze gukorwa iperereza.

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper uvuga ko nubwo ari mushya muri aka Karere, ariko igikorwa nk’iki kidakunze kubaho.

Ati “Kuva nagera mu Karere ni ubwa mbere mbonye icyaha gisa na kiriya, kandi n’aho nari ndi nashoboraga kumenya amakuru yo mu tundi Turere kuko twari mu Ntara imwe.”

Ni mu gihe muri aka Karere ka Rubavu, hakunze humvikana abashumba bonesha imyaka y’abaturage ku bushake, arimo Umuyobozi w’Akarere akavuga ko ibyakozwe kuri iyi nshuro byo bitandukanye na byo.

Mulindwa avuga ko RIB yahise itangira iperereza ryo gucukumbura icyateye uyu muturage kononera mugenzi we akamutemera insina kuri uru rwego.

Ati “Ntabwo tuzi niba hari ikindi cyaba cyabimuteye, ariko hari abaturage bakora amakosa bashatse kunyura mu nzira za bugufi, kwiha ibitari ibyabo, guhimana, yatekereza umuntu wamukoreye ikosa agashaka kumwumvisha, ibyo bibaho ariko byose turabyamagana kandi tukigisha abaturaga.”

Ubuyobozi bw’inzego z’Ibanze kandi bwahise butangira kuganiriza abaturage bo muri aka gace kabereyemo iki gikorwa, mu rwego rwo gukomeza kwirinda kugwa mu bikorwa nk’ibi, ndetse no kwamagana uwo ari we wese washaka kubyijandikamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 10 =

Previous Post

Undi wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahawe inshingano mpuzamahanga yagize icyo azivugaho

Next Post

Icyo Museveni yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wa Gisirikare uhanganye na Leta y’ikindi Gihugu

Related Posts

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

by radiotv10
12/06/2025
0

Umusore w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, wari wanyujije ubutumwa kuri WhatsApp ko yishinja...

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

by radiotv10
12/06/2025
0

Umwana w’imyaka icyenda (9) wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wavutse afite ibitsina bibiri, byamusibiye amayira ku...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu
AMAHANGA

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

by radiotv10
13/06/2025
0

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

13/06/2025
Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Museveni yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wa Gisirikare uhanganye na Leta y’ikindi Gihugu

Icyo Museveni yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wa Gisirikare uhanganye na Leta y’ikindi Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.