Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Polisi ku bushyamirane bwabaye ubwo hakorwaga umukwabu

radiotv10by radiotv10
19/04/2025
in MU RWANDA
1
Rubavu: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Polisi ku bushyamirane bwabaye ubwo hakorwaga umukwabu
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacururiza mu isoko ryo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, bavuga ko impanuka yabaye ubwo Polisi yari iri mu mukwabu wo gufata magendu, yahitanye ubuzima bwa bamwe, mu gihe Polisi yo ivuga ko atari ukuri, ahubwo ko hakomerekeyemo abantu babiri.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki 18 Mata 2025 ubwo Polisi n’izindi nzego zakoraga umukwabu wo gufata magendu mu isoko ryo ku kibuga Mpuzamahanga riherereye mu Murenge wa Rubavu.

Twizerimana Francois, umwe mu baturage bo mu Kagari ka Gikombe mu Murenge wa Rubavu aharemera iri soko, yavuze ko iri sanganya ryatwaye ubuzima bwa bamwe.

Yagize ati “Twagiye kubona tubona haje imodoka ebyiri, imwe irimo abapolisi indi ni iy’Umurenge yari irimo Inkeragutabara. Abantu rero bahise biruka inkeragutabara zipakira ibintu bari basize.”

Uwamahoro Jeannette na we ati “Ubwo rero barapakira irajwigira, iruzura cyane noneho umushoferi ajyamo agiye gutwara noneho iranga isubira inyuma, abantu benshi yabangirije bamwe bapfuye.”

Ni mu gihe Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu igaragaza ko yo n’inzego zinyuranye bari mu bugenzuzi bwo kurwanya magendu, ndetse abaturage bakemera ko bafashwe n’uburakari bigatuma bamwe bagatera amabuye inzego.

Uwamahoro Jeannette ati “Bakimara kubona abantu babo bangiritse bafashe amabuye barayatera maze polisi na yo irarasa, ubwo rero inkomere bazijyanye kwa muganga natwe turahungabanye.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Karekezi Twizere Bonaventure; yahakanye ibivugwa n’aba baturage ko imodoka ya Polisi yari muri iki gikorwa yapakiye ibicuruzwa byabo ikaza gusubira inyuma ikica bamwe muri bo, akavuga ko atari ukuri ahubwo ko bagerageje kuyisunika no gutera amabuye polisi, ariko ikaza kurasa hejuru mu rwego rwo kubatatanya.

Ati “Abaturage bagerageje kurwanya inzego zari ziri muri icyo gikorwa bagamije kugira ngo babambure ibyo bicuruzwa bitemewe n’amategeko, nta modoka yahirimye ngo igwire abaturage, icyabaye ni uko abaturage bayisunitse banayitera amabuye.”

SP Karekezi Twizere Bonaventure yaboneyeho kwibutsa abaturage ko ibikorwa byo kurwanya no guhangana n’inzego bitemewe, kandi ko binahanirwa n’amategeko.

Abantu 15 ni bo bafatiwe muri iki gikorwa bakaba bacumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Gisenyi, mu gihe babiri bakomeretse bakaba bari kwitabwaho n’abaganga.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Iburengerazuba itangaza ko yafashe amabalo 20 y’imyenda yinjiye mu Randa aturutse muri Republika ya Demokarasi ya Kongo mu buryo bwa magendu.

Abaturage biyemerera ko bagize umujinya
Hafashwe 15

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. Aime says:
    2 months ago

    Iyi nkuru police babeshye cyane pe abantu bapfuye ndabizi neza

    Reply

Leave a Reply to Aime Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 6 =

Previous Post

Rutsiro: Abamotari bagaragaje ibituma bakorana amaganya n’ibihombo

Next Post

Kayonza: Abarokotse bavuze icyo bifuza ko kitakorerwa ahabereye ubugome ndengakamere

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Abarokotse bavuze icyo bifuza ko kitakorerwa ahabereye ubugome ndengakamere

Kayonza: Abarokotse bavuze icyo bifuza ko kitakorerwa ahabereye ubugome ndengakamere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.