Thursday, February 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Polisi ku bushyamirane bwabaye ubwo hakorwaga umukwabu

radiotv10by radiotv10
19/04/2025
in MU RWANDA
1
Rubavu: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Polisi ku bushyamirane bwabaye ubwo hakorwaga umukwabu
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacururiza mu isoko ryo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, bavuga ko impanuka yabaye ubwo Polisi yari iri mu mukwabu wo gufata magendu, yahitanye ubuzima bwa bamwe, mu gihe Polisi yo ivuga ko atari ukuri, ahubwo ko hakomerekeyemo abantu babiri.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki 18 Mata 2025 ubwo Polisi n’izindi nzego zakoraga umukwabu wo gufata magendu mu isoko ryo ku kibuga Mpuzamahanga riherereye mu Murenge wa Rubavu.

Twizerimana Francois, umwe mu baturage bo mu Kagari ka Gikombe mu Murenge wa Rubavu aharemera iri soko, yavuze ko iri sanganya ryatwaye ubuzima bwa bamwe.

Yagize ati “Twagiye kubona tubona haje imodoka ebyiri, imwe irimo abapolisi indi ni iy’Umurenge yari irimo Inkeragutabara. Abantu rero bahise biruka inkeragutabara zipakira ibintu bari basize.”

Uwamahoro Jeannette na we ati “Ubwo rero barapakira irajwigira, iruzura cyane noneho umushoferi ajyamo agiye gutwara noneho iranga isubira inyuma, abantu benshi yabangirije bamwe bapfuye.”

Ni mu gihe Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu igaragaza ko yo n’inzego zinyuranye bari mu bugenzuzi bwo kurwanya magendu, ndetse abaturage bakemera ko bafashwe n’uburakari bigatuma bamwe bagatera amabuye inzego.

Uwamahoro Jeannette ati “Bakimara kubona abantu babo bangiritse bafashe amabuye barayatera maze polisi na yo irarasa, ubwo rero inkomere bazijyanye kwa muganga natwe turahungabanye.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Karekezi Twizere Bonaventure; yahakanye ibivugwa n’aba baturage ko imodoka ya Polisi yari muri iki gikorwa yapakiye ibicuruzwa byabo ikaza gusubira inyuma ikica bamwe muri bo, akavuga ko atari ukuri ahubwo ko bagerageje kuyisunika no gutera amabuye polisi, ariko ikaza kurasa hejuru mu rwego rwo kubatatanya.

Ati “Abaturage bagerageje kurwanya inzego zari ziri muri icyo gikorwa bagamije kugira ngo babambure ibyo bicuruzwa bitemewe n’amategeko, nta modoka yahirimye ngo igwire abaturage, icyabaye ni uko abaturage bayisunitse banayitera amabuye.”

SP Karekezi Twizere Bonaventure yaboneyeho kwibutsa abaturage ko ibikorwa byo kurwanya no guhangana n’inzego bitemewe, kandi ko binahanirwa n’amategeko.

Abantu 15 ni bo bafatiwe muri iki gikorwa bakaba bacumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Gisenyi, mu gihe babiri bakomeretse bakaba bari kwitabwaho n’abaganga.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Iburengerazuba itangaza ko yafashe amabalo 20 y’imyenda yinjiye mu Randa aturutse muri Republika ya Demokarasi ya Kongo mu buryo bwa magendu.

Abaturage biyemerera ko bagize umujinya
Hafashwe 15

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. Aime says:
    10 months ago

    Iyi nkuru police babeshye cyane pe abantu bapfuye ndabizi neza

    Reply

Leave a Reply to Aime Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Rutsiro: Abamotari bagaragaje ibituma bakorana amaganya n’ibihombo

Next Post

Kayonza: Abarokotse bavuze icyo bifuza ko kitakorerwa ahabereye ubugome ndengakamere

Related Posts

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

by radiotv10
12/02/2026
0

Abaturage bo mu Karere ka Gisagara bavuga ko isoko ry’aka Karere ridakwiye kwitwa irya kijyambere, kuko ryubatswe mu buryo butajyanye...

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

by radiotv10
11/02/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yatangaje ko kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, atari igitangaza, kandi ko...

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

by radiotv10
11/02/2026
0

Umukobwa w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, wari amaze igihe asaba umusore ko bakundana, undi...

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma yuko hasohotse inkuru yemeza ko Erik Prince washinzwe umutwe wa Blackwater w’abarwanyi b’abacancuro yohereje bamwe na drone muri DRC,...

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

by radiotv10
11/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yongeye kwibutsa abakomeje kwinangira kwitabira gukora ihererekanya ry’ibinyabiziga, kubikora bidasabye uru rwego rubahamagara cyangwa rukabasanga aho bari....

IZIHERUKA

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere
MU RWANDA

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

by radiotv10
12/02/2026
0

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

11/02/2026
Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

11/02/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

11/02/2026
Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

11/02/2026
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

11/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Abarokotse bavuze icyo bifuza ko kitakorerwa ahabereye ubugome ndengakamere

Kayonza: Abarokotse bavuze icyo bifuza ko kitakorerwa ahabereye ubugome ndengakamere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.