Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Hatahuwe inzu yororerwagamo inkoko isigaye ibamo abantu 80 bo mu basigajwe n’amateka

radiotv10by radiotv10
18/08/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hatahuwe inzu yororerwagamo inkoko isigaye ibamo abantu 80 bo mu basigajwe n’amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Rusura mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu, hari imiryango icyenda (9) igizwe n’abantu 80 yo mu basigajwe n’amateka, iba mu nzu yahoze yororerwamo inkoko.

Iyi nzu iherereye munsi y’Ishuri rya Rusura, igaragara nk’ituzuye kuko hari ibihande byo hejuru birangaye.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasuye iyi miryango icyenda igizwe n’abantu barenga 80, yasanze aba baturage bari mu turimo two mu rugo ariko bigaragara ko batishimye.

Kwinjira muri iyi nzu, ugenda ubona utundi tuzi tw’ibyatsi tugiye dushinzemo aho buri muryango wagiye ugerageza gushaka aho bazajya bikinga mu gihe abashakanye bashaka kugira uko bigenza mu gikorwa cy’abakuze.

Umwe aganiriza umunyamakuru, yavuze ko nko mu gihe cyo gutera akabariro bitoroha, ati “Ni uguhengera abana basinziriye.”

Mugenzi we avuga ko kugira ngo bagire uko bigenza bitaborohera kuko hari igihe ababyeyi be baba babirimo, we n’umugore we bikabatera isoni.

Ati “Hari n’igihe byana neza neza kuko nka bashiki banjye na bo baba baryamye hariya.”

Abaturanyi b’aba Banyarwanda bo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, bavuga ko na bo baterwa agahinda no kuba iyi miryango iba muri iyi nzu.

Umwe ati “Imiryango itandukanye ntabwo igomba kuba hamwe kuko bizamura amakimbira, hari nk’igihe umwe yasiga ibyo kurya hano, undi yakwinjira afite nk’umwana akabimuha, nyirabyo yaza ugasanga barakimbiranye bararwanye.”

Aba baturanyi babo bavuga ko badasiba kurwana kandi ko akenshi baba bapfa ibintu byoroheje nk’ibyo byo kwibana ibiryo.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse avuga ko ikibazo cy’iyi miryango gishingiye ku myumvire ikiri hasi kuko itajya imara kabiri ahantu ituzwa.

Ati “Ni imiryango ikunda kugenda cyane, ugasanga aho bari bari bimutse wajya kubona ukabona bahuriye hamwe.”

Avuga ko nk’iyo umuryango umwe uhawe icumbi, uhita uhamagaza indi ngo izi ibacumbikire, akavuga ko bagiye gukaza ubukangurambaga.

Ati “Niba bakubakiye inzu abe ari inzu y’umuryango kandi niba himutse undi muntu aje agusanga, asubire aho yavuye kugira ngo iki kibazo kitazongera kubaho ukundi.”

Icyakora avuga ko hari kuvugutwa umuti urambye w’iki kibazo kuko kiri mu byihutirwa bigomba gukemurwa muri iyi ngengo y’imari iri gutangira.

Muri iyi nzu usangamo utundi tuzu tw’imiryango

Bariho nabi cyane

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 20 =

Previous Post

Gisagara: Hamenyekanye icyatumye umusore yica umwana yajyanye amubeshya ko agiye kumugurira umugati

Next Post

Wa mukobwa wambaye ikanzu yakangaranyije benshi yagejewe mu bucamanza, menya icyaha ashinjwa

Related Posts

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

by radiotv10
12/05/2025
0

Ingabo zari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC bwamaze guhagarikwa, zongeye kunyura mu Rwanda zerecyeza muri...

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

by radiotv10
12/05/2025
0

Inzu icuruza imiti (Pharmacy) yo mu Karere ka Ngoma ikorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), imaze amezi abiri ifunze mu buryo...

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
12/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

IZIHERUKA

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi
MU RWANDA

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

12/05/2025
Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

12/05/2025
Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

12/05/2025
Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

12/05/2025

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Wa mukobwa wambaye ikanzu yakangaranyije benshi yagejewe mu bucamanza, menya icyaha ashinjwa

Wa mukobwa wambaye ikanzu yakangaranyije benshi yagejewe mu bucamanza, menya icyaha ashinjwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.