Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Hatahuwe inzu yororerwagamo inkoko isigaye ibamo abantu 80 bo mu basigajwe n’amateka

radiotv10by radiotv10
18/08/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hatahuwe inzu yororerwagamo inkoko isigaye ibamo abantu 80 bo mu basigajwe n’amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Rusura mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu, hari imiryango icyenda (9) igizwe n’abantu 80 yo mu basigajwe n’amateka, iba mu nzu yahoze yororerwamo inkoko.

Iyi nzu iherereye munsi y’Ishuri rya Rusura, igaragara nk’ituzuye kuko hari ibihande byo hejuru birangaye.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasuye iyi miryango icyenda igizwe n’abantu barenga 80, yasanze aba baturage bari mu turimo two mu rugo ariko bigaragara ko batishimye.

Kwinjira muri iyi nzu, ugenda ubona utundi tuzi tw’ibyatsi tugiye dushinzemo aho buri muryango wagiye ugerageza gushaka aho bazajya bikinga mu gihe abashakanye bashaka kugira uko bigenza mu gikorwa cy’abakuze.

Umwe aganiriza umunyamakuru, yavuze ko nko mu gihe cyo gutera akabariro bitoroha, ati “Ni uguhengera abana basinziriye.”

Mugenzi we avuga ko kugira ngo bagire uko bigenza bitaborohera kuko hari igihe ababyeyi be baba babirimo, we n’umugore we bikabatera isoni.

Ati “Hari n’igihe byana neza neza kuko nka bashiki banjye na bo baba baryamye hariya.”

Abaturanyi b’aba Banyarwanda bo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, bavuga ko na bo baterwa agahinda no kuba iyi miryango iba muri iyi nzu.

Umwe ati “Imiryango itandukanye ntabwo igomba kuba hamwe kuko bizamura amakimbira, hari nk’igihe umwe yasiga ibyo kurya hano, undi yakwinjira afite nk’umwana akabimuha, nyirabyo yaza ugasanga barakimbiranye bararwanye.”

Aba baturanyi babo bavuga ko badasiba kurwana kandi ko akenshi baba bapfa ibintu byoroheje nk’ibyo byo kwibana ibiryo.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse avuga ko ikibazo cy’iyi miryango gishingiye ku myumvire ikiri hasi kuko itajya imara kabiri ahantu ituzwa.

Ati “Ni imiryango ikunda kugenda cyane, ugasanga aho bari bari bimutse wajya kubona ukabona bahuriye hamwe.”

Avuga ko nk’iyo umuryango umwe uhawe icumbi, uhita uhamagaza indi ngo izi ibacumbikire, akavuga ko bagiye gukaza ubukangurambaga.

Ati “Niba bakubakiye inzu abe ari inzu y’umuryango kandi niba himutse undi muntu aje agusanga, asubire aho yavuye kugira ngo iki kibazo kitazongera kubaho ukundi.”

Icyakora avuga ko hari kuvugutwa umuti urambye w’iki kibazo kuko kiri mu byihutirwa bigomba gukemurwa muri iyi ngengo y’imari iri gutangira.

Muri iyi nzu usangamo utundi tuzu tw’imiryango

Bariho nabi cyane

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + five =

Previous Post

Gisagara: Hamenyekanye icyatumye umusore yica umwana yajyanye amubeshya ko agiye kumugurira umugati

Next Post

Wa mukobwa wambaye ikanzu yakangaranyije benshi yagejewe mu bucamanza, menya icyaha ashinjwa

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Wa mukobwa wambaye ikanzu yakangaranyije benshi yagejewe mu bucamanza, menya icyaha ashinjwa

Wa mukobwa wambaye ikanzu yakangaranyije benshi yagejewe mu bucamanza, menya icyaha ashinjwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.