Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Hatahuwe inzu yororerwagamo inkoko isigaye ibamo abantu 80 bo mu basigajwe n’amateka

radiotv10by radiotv10
18/08/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hatahuwe inzu yororerwagamo inkoko isigaye ibamo abantu 80 bo mu basigajwe n’amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Rusura mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu, hari imiryango icyenda (9) igizwe n’abantu 80 yo mu basigajwe n’amateka, iba mu nzu yahoze yororerwamo inkoko.

Iyi nzu iherereye munsi y’Ishuri rya Rusura, igaragara nk’ituzuye kuko hari ibihande byo hejuru birangaye.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasuye iyi miryango icyenda igizwe n’abantu barenga 80, yasanze aba baturage bari mu turimo two mu rugo ariko bigaragara ko batishimye.

Kwinjira muri iyi nzu, ugenda ubona utundi tuzi tw’ibyatsi tugiye dushinzemo aho buri muryango wagiye ugerageza gushaka aho bazajya bikinga mu gihe abashakanye bashaka kugira uko bigenza mu gikorwa cy’abakuze.

Umwe aganiriza umunyamakuru, yavuze ko nko mu gihe cyo gutera akabariro bitoroha, ati “Ni uguhengera abana basinziriye.”

Mugenzi we avuga ko kugira ngo bagire uko bigenza bitaborohera kuko hari igihe ababyeyi be baba babirimo, we n’umugore we bikabatera isoni.

Ati “Hari n’igihe byana neza neza kuko nka bashiki banjye na bo baba baryamye hariya.”

Abaturanyi b’aba Banyarwanda bo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, bavuga ko na bo baterwa agahinda no kuba iyi miryango iba muri iyi nzu.

Umwe ati “Imiryango itandukanye ntabwo igomba kuba hamwe kuko bizamura amakimbira, hari nk’igihe umwe yasiga ibyo kurya hano, undi yakwinjira afite nk’umwana akabimuha, nyirabyo yaza ugasanga barakimbiranye bararwanye.”

Aba baturanyi babo bavuga ko badasiba kurwana kandi ko akenshi baba bapfa ibintu byoroheje nk’ibyo byo kwibana ibiryo.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse avuga ko ikibazo cy’iyi miryango gishingiye ku myumvire ikiri hasi kuko itajya imara kabiri ahantu ituzwa.

Ati “Ni imiryango ikunda kugenda cyane, ugasanga aho bari bari bimutse wajya kubona ukabona bahuriye hamwe.”

Avuga ko nk’iyo umuryango umwe uhawe icumbi, uhita uhamagaza indi ngo izi ibacumbikire, akavuga ko bagiye gukaza ubukangurambaga.

Ati “Niba bakubakiye inzu abe ari inzu y’umuryango kandi niba himutse undi muntu aje agusanga, asubire aho yavuye kugira ngo iki kibazo kitazongera kubaho ukundi.”

Icyakora avuga ko hari kuvugutwa umuti urambye w’iki kibazo kuko kiri mu byihutirwa bigomba gukemurwa muri iyi ngengo y’imari iri gutangira.

Muri iyi nzu usangamo utundi tuzu tw’imiryango

Bariho nabi cyane

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Gisagara: Hamenyekanye icyatumye umusore yica umwana yajyanye amubeshya ko agiye kumugurira umugati

Next Post

Wa mukobwa wambaye ikanzu yakangaranyije benshi yagejewe mu bucamanza, menya icyaha ashinjwa

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Wa mukobwa wambaye ikanzu yakangaranyije benshi yagejewe mu bucamanza, menya icyaha ashinjwa

Wa mukobwa wambaye ikanzu yakangaranyije benshi yagejewe mu bucamanza, menya icyaha ashinjwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.