Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ikamyo yagonze Ibitaro isekura igipangu cyabyo iruhukiramo imbere

radiotv10by radiotv10
31/01/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ikamyo yagonze Ibitaro isekura igipangu cyabyo iruhukiramo imbere
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, habaye impanuka y’ikamyo bikekwa ko yari yacitse feri ikagonga urukuta rw’Ibitaro bya Gisenyi igahita yinjiramo imbere.

Iyi mpanuka y’imodoka y’ikamyo yari itwaye umucanga, yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022 ubwo uwari uyitwaye yaburaga feri agahita ayerecyeza ku Bitaro bya Gisenyi igasekura urukuta rwabyo.

Umushoferi w’iyi kamyo witwa Bimenyimana Emmanuel ni we wenyine wakomerekeye muri iyi mpanuka yahitanye urukuta rw’Ibitaro bya Gisenyi ndetse n’ipoto y’amashanyarazi.

Tuyishime Jean Bosco uyobora Umurenge wa Gisenyi, yabwiye ikinyamakuru Umuseke ko iyi mpanuka ishobora kuba yaturutse ku kuba iyi modoka yabuze feri.

Yagize ati “Turacyeka ko umushoferi yaba yabuze feri noneho akagonga igikuta cy’ibitaro akinjiramo imbere.”

Tuyishime Jean Bosco avuga ko iyi mpanuka nta bintu bidasanzwe byayangirikiyemo uretse Umushoferi wakomeretse na bwo bidakananye agahita avurirwa muri ibi bitaro.

Iyi mpanuka yabereye ku Bitaro bya Gisenyi, si iya mbere ihabereye kuko hari n’izindi zahabereye zirimo n’iz’imodoka zagongaga ibi Bitaro kubera aho biherereye hamanuka cyane ku buryo hari abashoferi bamanuka bahoreye bakabura feri bakisanga bagonze ibi bitaro.

Iyaherukaga ni iyabaye tariki 06 Nzeri 2021, ubwo imdokoka ya Fuso yari ipakiye inyanya na yo yagongara ibi Bitaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Kuki hari Abanya-Uganda bashatse kwinjira mu Rwanda bakangirwa?

Next Post

Bitunguranye umukino APR yari imaze gutsindwamo 1-0 usubitswe kubera imvura

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye umukino APR yari imaze gutsindwamo 1-0 usubitswe kubera imvura

Bitunguranye umukino APR yari imaze gutsindwamo 1-0 usubitswe kubera imvura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.