Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Impumeko iri mu baturage nyuma y’iraswa ry’umusirikare bikekwa ko ari uwa FARDC

radiotv10by radiotv10
19/11/2022
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Rubavu: Impumeko iri mu baturage nyuma y’iraswa ry’umusirikare bikekwa ko ari uwa FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hongeye kurasirwa umusirikare bikekwa ko ari uwa FARDC winjiye mu Rwanda arasa, abaturage b’i Rubavu baravuga ko nta bwoba bafite kuko bizeye ingabo z’u Rwanda kuko bazi neza ko zihora zihagaze bwuma.

Uyu musirikare yarashwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ugushyingo 2022 ahagana saa saba z’ijoro nkuko byemejwe n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF).

Itangazo ryasohowe na RDF ku gasusuruko ko kuri uyu wa Gatandatu, rivuga ko uyu musirikare bikekwa ko ari uwa FARDC yarashwe n’uburinzi bw’ingabo z’u Rwanda, kugira ngo atagira uwo yivugana dore ko yinjiye arasa ku minara y’ingabo z’u Rwanda.

Abaturage bo mu Murenge wa Gisenyi uherereyemo umupaka wa Petite Barrière warasiweho uyu musirikare, babwiye RADIOTV10 ko iki gikorwa cy’ubushotoranyi bwongeye gukorerwa u Rwanda kitabateye ubwoba cyane kuko bizeye ingabo z’u Rwanda.

Umwe yagize ati “Umutekano w’u Rwanda urahari ukomeye cyane, yewe urahari ukomeye kuko na we nubwo aba aje kuriya ariko ababishinzwe baba bareba no mu nda yacu barahareba.”

Uyu muturage ukomeza agaragaza icyizere bafitiye ingabo z’u Rwanda, agira ati “Umva nta n’uzibeshya ngo atere intambwe ngo aharenge, umva ni kuriya, utera intambwe ugera iwacu, bagukubita usubirayo. Umutekano urahari.”

📺VIDEO📺
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gisenyi muri @RubavuDistrict bavuga ko bizeye ingabo z'u Rwanda nyuma yuko hari undi musirikare bikekwa ko ari uwa #FARDC wavogereye umupaka akaza arasa, na we akaraswa n'ingabo z'u Rwanda, agahita ahasiga ubuzima. pic.twitter.com/4HfgCgtlPs

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) November 19, 2022

Undi muturage wo mu Mudugudu wa Gasutamo mu Kagari ka Mbugangari, yavuze ko muri ayo masaha yarasiwemo uyu musirikare, baraye bumvise urusaku rw’amasasu, bakayoberwa ibibaye.

Ati “Twabanje kugira ubwoba kubera ibibazo bisanzwe biriho, ariko tugiye kumva twumva amasasu arahagaze, mu gitondo ni bwo habonetse umurambo w’uriya musirikare.”

Aba baturage bavuga ko bahumurijwe n’inzego kandi ko na bo ubwabo basanzwe bizeye Ingabo z’u Rwanda ko zihora ziryamiye amajanja ku buryo ntawabona aho amenera ngo aze guhungabanya umutekano w’Igihugu cyabo.

Uyu musirikare aramutse abaye uwa FARDC, yaba abaye uwa gatatu urasiwe ku butaka bw’u Rwanda muri uyu mwaka dore ko hari undi warashwe tariki 17 Kamena 2022, ubwo na we yinjiriraga ku mupaka uzwi nka Petite Barrière na we winjiye arasa abashinzwe umutekano b’u Rwanda ndetse n’abaturage, agahita araswa akahasiga ubuzima.

Tariki 04 Kanama 2022, na bwo undi umusirikare wa FARDC yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda mu Mudugudu wa Cyamabuye mu Kagari ka Rusura Umurenge wa Busasamana ubwo yirukanganaga abana bari baragiye intama akaza kwisanga yageze ku butaka bw’u Rwanda agahita araswa n’inzego z’umutekano zarwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + eleven =

Previous Post

RDF yemeje ko umusirikare bikekwa ko ari uwa FARDC yarasiwe mu Rwanda

Next Post

Uwari wacumbikiwe ahahoze ibiro by’Akagari wari utunzwe n’ibyasigaye muri resitora yatangiye kumwenyura

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari wacumbikiwe ahahoze ibiro by’Akagari wari utunzwe n’ibyasigaye muri resitora yatangiye kumwenyura

Uwari wacumbikiwe ahahoze ibiro by’Akagari wari utunzwe n’ibyasigaye muri resitora yatangiye kumwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.