Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Inzoga idasanzwe bise ‘mood’ uyinyoye arasusuruka birenze urugero agakora amahano

radiotv10by radiotv10
13/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Inzoga idasanzwe bise ‘mood’ uyinyoye arasusuruka birenze urugero agakora amahano
Share on FacebookShare on Twitter
  • Abayinywa bo bayifata nk’amanu bahawe n’Imana, umwe ati “ni Mutzig yacu.”

Mu Kagari Rukoko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa inzoga idasanzwe bise Mudu (mood) ikomeje gutuma bamwe bakora amahano kuko uwayinyoye agira imyitwarire idasanzwe, bamwe badatinya kuvuga ko itaba itandukanye n’iy’itungo ry’ingurube.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa wa Bisizi muri aka Kagari ka Rukoko, babwiye RADIOTV10 ko uwanyoye iyi nzoga ikamuganza, baba batakimufata nk’umuntu.

Umwe ati “Uyinywa ntaho aba atandukaniye n’ingurube, ni ukuza ari guhinda mu baturage, uko ingurube ihora isakuza mu kiraro na we ni gutyo. Mudu ntabwo ari inzoga y’abantu.”

Uyu muturage ukomeza avuga impamvu iyi nzoga bayise ‘Mood’, ati “Ni uko ibashyira muri mudu nawe urabyumva bagahita batumuka bakigira muri mudu zabo.”

Aba baturage bavuga ko abanywa iyi nzoga bo bavuga ko ntawayibakuraho ndetse bagiye bazita amazina yo kuzirata ibigwi, ku buryo iyo bumvise hari uyivuga nabi baba babiri.

Undi muturage ati “Hari bamwe bazita ngo ni ya gahunda, abandi ngo ni LPG, abandi ngo ni vitensi. Barabinywa bakarara mu muhanda, abandi bakambara ubusa abandi bakirukanka. Hari n’uherutse kurarana n’umukwe we.”

Bamwe mu banywa iyi nzoga, bo bavuga ko ntako isa kuko bayibonye nk’inzoga y’ab’amikoro macye kuko idahenda, kandi ngo ibyo bayivugaho byose atari byo.

Umwe ati “Ntabwo umuntu asusuruka ngo asinde, kuko anywana ubwenge ni nk’uko umuntu anywa ibinyobwa byose. Uburyohe bwako twumva ari nka Mitsingi, uko munywa Mitsingi na yo ni ko iba imeze.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Harerimana Emmanuel Blaise yemeye ko ikibazo cy’iyi nzoga itemewe kizwi.

Ati “Twatangiye kugikoraho, twaganirije abo bireba bose. Ntabwo yemewe ni nkuko turwanya n’ibindi byose bitemewe, iyo tubibonye turabyangiza hashingiwe ku mabwiriza abigenga.”

Iyi nzoga yahawe izina rya ‘mood’ ikorwa mu bisigazwa by’ibyatunganyijwe n’uruganda rutunganya ibinyobwa rwa Bralirwa bisanzwe bigaburirwa amatungo.

Uwayinyoye ntiwayimukura mu munwa
Hari uwihangiye umurimo mu bucuruzi bw’iyi nzoga itemewe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 6 =

Previous Post

Ibiteye amatsiko ku mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi yamaze kuba ikirangirire

Next Post

Umukino wa APR&Rayon wongeye gukurikirwa n’ibidasanzwe, Umuvugizi wa Rayon abivuga ibitunguranye

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukino wa APR&Rayon wongeye gukurikirwa n’ibidasanzwe, Umuvugizi wa Rayon abivuga ibitunguranye

Umukino wa APR&Rayon wongeye gukurikirwa n’ibidasanzwe, Umuvugizi wa Rayon abivuga ibitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.