Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Inzoga idasanzwe bise ‘mood’ uyinyoye arasusuruka birenze urugero agakora amahano

radiotv10by radiotv10
13/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Inzoga idasanzwe bise ‘mood’ uyinyoye arasusuruka birenze urugero agakora amahano
Share on FacebookShare on Twitter
  • Abayinywa bo bayifata nk’amanu bahawe n’Imana, umwe ati “ni Mutzig yacu.”

Mu Kagari Rukoko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa inzoga idasanzwe bise Mudu (mood) ikomeje gutuma bamwe bakora amahano kuko uwayinyoye agira imyitwarire idasanzwe, bamwe badatinya kuvuga ko itaba itandukanye n’iy’itungo ry’ingurube.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa wa Bisizi muri aka Kagari ka Rukoko, babwiye RADIOTV10 ko uwanyoye iyi nzoga ikamuganza, baba batakimufata nk’umuntu.

Umwe ati “Uyinywa ntaho aba atandukaniye n’ingurube, ni ukuza ari guhinda mu baturage, uko ingurube ihora isakuza mu kiraro na we ni gutyo. Mudu ntabwo ari inzoga y’abantu.”

Uyu muturage ukomeza avuga impamvu iyi nzoga bayise ‘Mood’, ati “Ni uko ibashyira muri mudu nawe urabyumva bagahita batumuka bakigira muri mudu zabo.”

Aba baturage bavuga ko abanywa iyi nzoga bo bavuga ko ntawayibakuraho ndetse bagiye bazita amazina yo kuzirata ibigwi, ku buryo iyo bumvise hari uyivuga nabi baba babiri.

Undi muturage ati “Hari bamwe bazita ngo ni ya gahunda, abandi ngo ni LPG, abandi ngo ni vitensi. Barabinywa bakarara mu muhanda, abandi bakambara ubusa abandi bakirukanka. Hari n’uherutse kurarana n’umukwe we.”

Bamwe mu banywa iyi nzoga, bo bavuga ko ntako isa kuko bayibonye nk’inzoga y’ab’amikoro macye kuko idahenda, kandi ngo ibyo bayivugaho byose atari byo.

Umwe ati “Ntabwo umuntu asusuruka ngo asinde, kuko anywana ubwenge ni nk’uko umuntu anywa ibinyobwa byose. Uburyohe bwako twumva ari nka Mitsingi, uko munywa Mitsingi na yo ni ko iba imeze.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Harerimana Emmanuel Blaise yemeye ko ikibazo cy’iyi nzoga itemewe kizwi.

Ati “Twatangiye kugikoraho, twaganirije abo bireba bose. Ntabwo yemewe ni nkuko turwanya n’ibindi byose bitemewe, iyo tubibonye turabyangiza hashingiwe ku mabwiriza abigenga.”

Iyi nzoga yahawe izina rya ‘mood’ ikorwa mu bisigazwa by’ibyatunganyijwe n’uruganda rutunganya ibinyobwa rwa Bralirwa bisanzwe bigaburirwa amatungo.

Uwayinyoye ntiwayimukura mu munwa
Hari uwihangiye umurimo mu bucuruzi bw’iyi nzoga itemewe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − six =

Previous Post

Ibiteye amatsiko ku mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi yamaze kuba ikirangirire

Next Post

Umukino wa APR&Rayon wongeye gukurikirwa n’ibidasanzwe, Umuvugizi wa Rayon abivuga ibitunguranye

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukino wa APR&Rayon wongeye gukurikirwa n’ibidasanzwe, Umuvugizi wa Rayon abivuga ibitunguranye

Umukino wa APR&Rayon wongeye gukurikirwa n’ibidasanzwe, Umuvugizi wa Rayon abivuga ibitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.