Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ntibumva impamvu badahembwa nyamara amashuri bubatse ubu ari kwigirwamo

radiotv10by radiotv10
16/11/2021
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ntibumva impamvu badahembwa nyamara amashuri bubatse ubu ari kwigirwamo
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bakoze imirimo yo kubaka ibyumba by’amashuri mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, baravuga ko bamaze igihe bishyuza amafaranga bakoreye, bakaba batumva ukuntu batishyurwa kandi akazi bakoraga barakarangije ndetse n’ibikorwa bubatse ubu bikaba bikoreshwa.

Aba baturage bakoze imirimo mu kubaka ibyumba by’amashuri, ibikoni ndetse n’ubwihero hariya muri uriya Murenge wa Cyanzarwe.

Uwakoze ibikorwa byo kubaka ibikoni, avuga ko yakoze iriya mirimo mu kwezi kwa Gatanu, agatangira kwishyuza mu kwa Cyenda ariko “kugeza n’iyi saha ntibaratwishyura.”

Akomeza avuga ko iyo bagiye kwishyuza “baraduteragirana, bakatwohereza hirya no hino, twagera kuri DAF (umukozi ushinzwe imari) tukamubwira ngo n’abana bacu bari kubirukana, akatubwira ngo n’ibibazo byacu ntabwo ashyishingiye.”

Undi muturage avuga ko ubu imiryango yabo ibayeho nabi mu gihe amafaranga bakoreye yagombye kuba ari kubaramira.

Ati “Abana bacu Babura ibyo kurya natwe tukabura n’isabune yo gukaraba kandi twarakoze.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko bwahaye Umurenge amafaranga yo kwishyura abaturage ariko ko butazi impamvu bitakozwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanzarwe, Uwimana Vedaste avuga ko hari abaturage batarahembwa ari ko byatewe no ku rutonde rw’abantu bahembeshaga, hariho aba baringa basabaga kwishyurwa kandi batarakoze.

Avuga ko habanje gukorwa igenzura bagasanga hari imikono y’abantu 108 bishyuzaga amafaranga agera muri miliyoni 1,7 Frw.

Ati “Twatanze amatangazo hazaba abantu 69 muri bo 29 bonyine ni bo twasanze imikono yabo ari mizima, abo muri iki cyumweru tuzaba twabishyuye. Ni cyo cyatumye abantu batinda guhembwa kubera ko twakekaga ko hashobora kuba harimo abakozi ba baringa.”

Danton GASIGWA
Radio&TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + three =

Previous Post

I Kampala bakangaranyijwe n’ibisasu bibiri byaturikiye ahantu habiri harimo hafi y’Inteko

Next Post

Huye: Barindwi barimo umugore w’imyaka 50 bafatanywe Litiro 940 z’inzoga ya Muriture

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Barindwi barimo umugore w’imyaka 50 bafatanywe Litiro 940 z’inzoga ya Muriture

Huye: Barindwi barimo umugore w’imyaka 50 bafatanywe Litiro 940 z’inzoga ya Muriture

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.