Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ntibumva impamvu badahembwa nyamara amashuri bubatse ubu ari kwigirwamo

radiotv10by radiotv10
16/11/2021
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ntibumva impamvu badahembwa nyamara amashuri bubatse ubu ari kwigirwamo
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bakoze imirimo yo kubaka ibyumba by’amashuri mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, baravuga ko bamaze igihe bishyuza amafaranga bakoreye, bakaba batumva ukuntu batishyurwa kandi akazi bakoraga barakarangije ndetse n’ibikorwa bubatse ubu bikaba bikoreshwa.

Aba baturage bakoze imirimo mu kubaka ibyumba by’amashuri, ibikoni ndetse n’ubwihero hariya muri uriya Murenge wa Cyanzarwe.

Uwakoze ibikorwa byo kubaka ibikoni, avuga ko yakoze iriya mirimo mu kwezi kwa Gatanu, agatangira kwishyuza mu kwa Cyenda ariko “kugeza n’iyi saha ntibaratwishyura.”

Akomeza avuga ko iyo bagiye kwishyuza “baraduteragirana, bakatwohereza hirya no hino, twagera kuri DAF (umukozi ushinzwe imari) tukamubwira ngo n’abana bacu bari kubirukana, akatubwira ngo n’ibibazo byacu ntabwo ashyishingiye.”

Undi muturage avuga ko ubu imiryango yabo ibayeho nabi mu gihe amafaranga bakoreye yagombye kuba ari kubaramira.

Ati “Abana bacu Babura ibyo kurya natwe tukabura n’isabune yo gukaraba kandi twarakoze.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko bwahaye Umurenge amafaranga yo kwishyura abaturage ariko ko butazi impamvu bitakozwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanzarwe, Uwimana Vedaste avuga ko hari abaturage batarahembwa ari ko byatewe no ku rutonde rw’abantu bahembeshaga, hariho aba baringa basabaga kwishyurwa kandi batarakoze.

Avuga ko habanje gukorwa igenzura bagasanga hari imikono y’abantu 108 bishyuzaga amafaranga agera muri miliyoni 1,7 Frw.

Ati “Twatanze amatangazo hazaba abantu 69 muri bo 29 bonyine ni bo twasanze imikono yabo ari mizima, abo muri iki cyumweru tuzaba twabishyuye. Ni cyo cyatumye abantu batinda guhembwa kubera ko twakekaga ko hashobora kuba harimo abakozi ba baringa.”

Danton GASIGWA
Radio&TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 12 =

Previous Post

I Kampala bakangaranyijwe n’ibisasu bibiri byaturikiye ahantu habiri harimo hafi y’Inteko

Next Post

Huye: Barindwi barimo umugore w’imyaka 50 bafatanywe Litiro 940 z’inzoga ya Muriture

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Barindwi barimo umugore w’imyaka 50 bafatanywe Litiro 940 z’inzoga ya Muriture

Huye: Barindwi barimo umugore w’imyaka 50 bafatanywe Litiro 940 z’inzoga ya Muriture

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.