Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Uko imodoka yari yuzuye inzoga yakoze impanuka n’ibyakurikiye

radiotv10by radiotv10
23/09/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Uko imodoka yari yuzuye inzoga yakoze impanuka n’ibyakurikiye
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yari itwaye ibinyobwa bisembuye by’Uruganda rwa Bralirwa, yakoreye impanuka hafi y’ivuriro mu Murenge Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, amakaziye n’amacupa byibaranga mu muhanda, abari hafi bashaka kuziraramo ngo bazinywe, ariko Polisi irabakomakoma.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Nzeri 2024 ahagana saa mbiri (08:00’).

Iyi mpanuka yabereye mu rugabano rw’Umudugudu wa Rugerero mu Kagari ka Gikombe ndetse n’Umudugudu wa Bweza mu Kagari ka Bisizi muri uyu Murenge wa Nyakiriba.

Uwari ahabereye iyi mpanuka ubwo yabaga mu gitondo, yabwiye RADIOTV10 ko umuryango w’inyuma w’iyi modoka itwara ibinyobwa bya Bralirwa, wafungutse, ubundi amakaziye n’amacupa bigahita byibarangura mu muhanda.

Uyu muturage, yavuze ko iyi modoka yerecyeza mu Mujyi wa Kigali, aho yari ipakiye inzoga ziganjemo izo mu bwoko bwa Mutzig, ikaza gukora impanuka igeze munsi y’Ivuriro rya Nyakiriba.

Yavuze kandi ko Polisi y’u Rwanda yihutiye kugera aha habereye iyi mpanuka, ikabuza abaturage kwirara muri izi nzoga, bashaka kuzijyamo bakazinywa.

Ni akazi Polisi yafashijwemo n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, bwabujije abaturage bashaka kujya muri aya makaziye ngo banywe inzoga zarimo.

Imodoka yakoze impanuka inzoga zibaranga mu muhanda
Inzoga nyinshi zangiritse

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Iby’intambara ya Israel na Hezbollah byafashe indi ntera

Next Post

Impumeko APR igarukanye i Kigali nyuma yuko byongeye kwanga hanze

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impumeko APR igarukanye i Kigali nyuma yuko byongeye kwanga hanze

Impumeko APR igarukanye i Kigali nyuma yuko byongeye kwanga hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.