Monday, June 16, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Uko imodoka yari yuzuye inzoga yakoze impanuka n’ibyakurikiye

radiotv10by radiotv10
23/09/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Uko imodoka yari yuzuye inzoga yakoze impanuka n’ibyakurikiye
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yari itwaye ibinyobwa bisembuye by’Uruganda rwa Bralirwa, yakoreye impanuka hafi y’ivuriro mu Murenge Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, amakaziye n’amacupa byibaranga mu muhanda, abari hafi bashaka kuziraramo ngo bazinywe, ariko Polisi irabakomakoma.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Nzeri 2024 ahagana saa mbiri (08:00’).

Iyi mpanuka yabereye mu rugabano rw’Umudugudu wa Rugerero mu Kagari ka Gikombe ndetse n’Umudugudu wa Bweza mu Kagari ka Bisizi muri uyu Murenge wa Nyakiriba.

Uwari ahabereye iyi mpanuka ubwo yabaga mu gitondo, yabwiye RADIOTV10 ko umuryango w’inyuma w’iyi modoka itwara ibinyobwa bya Bralirwa, wafungutse, ubundi amakaziye n’amacupa bigahita byibarangura mu muhanda.

Uyu muturage, yavuze ko iyi modoka yerecyeza mu Mujyi wa Kigali, aho yari ipakiye inzoga ziganjemo izo mu bwoko bwa Mutzig, ikaza gukora impanuka igeze munsi y’Ivuriro rya Nyakiriba.

Yavuze kandi ko Polisi y’u Rwanda yihutiye kugera aha habereye iyi mpanuka, ikabuza abaturage kwirara muri izi nzoga, bashaka kuzijyamo bakazinywa.

Ni akazi Polisi yafashijwemo n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, bwabujije abaturage bashaka kujya muri aya makaziye ngo banywe inzoga zarimo.

Imodoka yakoze impanuka inzoga zibaranga mu muhanda
Inzoga nyinshi zangiritse

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 4 =

Previous Post

Iby’intambara ya Israel na Hezbollah byafashe indi ntera

Next Post

Impumeko APR igarukanye i Kigali nyuma yuko byongeye kwanga hanze

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

by radiotv10
16/06/2025
0

Umuturage ukekwaho ubujura warasiwe na Polisi mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro nyuma yo gushaka gutema umupolisi, yasanganywe...

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

by radiotv10
16/06/2025
0

Pasiteri Nshimyumurwa Athanase warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, yavuze ko mu gihe cya...

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana,...

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

IZIHERUKA

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta
IBYAMAMARE

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

by radiotv10
16/06/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

16/06/2025
Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

16/06/2025
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

14/06/2025
Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impumeko APR igarukanye i Kigali nyuma yuko byongeye kwanga hanze

Impumeko APR igarukanye i Kigali nyuma yuko byongeye kwanga hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.