Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Umwana w’imyaka 14 afunzwe akekwaho kwica Inka y’umuturanyi ayikubise ibuye

radiotv10by radiotv10
11/08/2022
in MU RWANDA
1
Rubavu: Umwana w’imyaka 14 afunzwe akekwaho kwica Inka y’umuturanyi ayikubise ibuye

Icyitonderwa: Ifoto yakuwe kuri internet ntabwo ari iy'Inka yapfuye

Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka 14 y’amavuko wo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu, akurikiranyweho kwica inka y’umuturanyi ayikubise ibuye mu mutwe, mu gihe umuryango w’uyu mwana uvuga ko ntacyemeza ko ari we wishe iri tungo.

Iki kibazo cyabaye mu mpera z’icyumweru gishize ku wa Gatandatu tariki 06 Kanama 2022, cyatumye umwana witwa Niyonsaba Xavier w’imyaka 14 afungwa.

Ntibarikure Theoneste nyiri iyi nka yapfuye, yabwiye RADIOTV10 ko uwo mwana w’umuturanyi we yishe iri tungo ubwo ryari ricyuwe n’umwana wari wiriwe ayiragiye.

Ati “Umwana wa Muhamed [se w’umwana ukekwaho kwica inka] ayica avuga ko irutwa n’Inatama ye.”

Uyu muturage avuga ko ikimara kwicwa n’uwo mwana yahise ayijyana iwabo w’uyu mwana kugira ngo abagaragarize ishyano ryari rimaze gukorwa n’umwana wabo.

Ntawumvayabo Muhamed, Se w’uyu mwana, avuga ko amubeshyera ahubwo ko babimwegetseho kuko iyi miryango yombi isanzwe ifitanye amakimbirane.

Uyu mugabo avuga ko na we yatunguwe no kugera mu rugo agasanga bahazanye iyo nka yapfuye, bakamubwira ko agomba kwishyura ibihumbi 350 Frw by’indishyi y’iri tungo.

Ati “Naramubwiye nti ‘njyewe gusinyira ibihumbi 350 ntabwo nabisinyira ahubwo nditabaza ubundi buyobozi bwo hejuru’.”

Avuga ko uretse ibyo bibazo bisanzwe biri hagati y’imiryango yabo, ba nyiri iri tungo babonye ko uyu muryango ufite imitungo myinshi ku buryo bashobora kubabyazamo amafaranga.

Umugore wa Ntawumvayabo na we yagize ati “Inka barayizanye bayishyira ku muryango, ubwo bambwiye ngo ndatanga ibihumbi 350 nanjye ubwanjye mvuye mu mubyizi w’amafaranga 800 mbona ari ibintu bindenze mu buzima.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse avuga ko kuba uyu mwana afunzwe ntagikuba cyacitse kuko ari bumwe mu buryo bufasha inzego zishinzwe iperereza gushaka ibimenyetso.

Ati “Icya mbere cyo ni uko twizera inzego zacu nka RIB, barashishoza cyane ariko icya ngombwa ni uko babanza bakegeranya amakuru, bagomba kwegeranya amakuru. Niyo umwana yafungurwa ariko nibura amakuru agatangwa agahabwa abaturage kugira n’abandi bagwa muri ayo makosa bamenye uburyo bayirinda.”

Kambogo avuga ko iki kibazo bagiharira RIB kugira ngo igikurikirane ariko ko bizeye ko izagitangaho umurongo nkuko uru rwego rusanzwe rukora kinyamwuga.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Baziruwiha Eliel says:
    3 years ago

    Muraho neza?nonese uyumwana iyo Batamufunga bagakurikirana ibyo bagombaga gukurikirana haricyo byari kwangiza mw’iperereza?ndumva inzego zibishinzwe zarengera uyumwana.cyaneko ari gake wakumvango umuntu yishe inka hatabayeho kwifashisha imbaraga zisumuyeho.Kuruhande rwange nabyita nk’Accident.murakoze cyane.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Rubavu: Gitifu wavuzwe mu kohereza umukwikwi nk’umushyitsi mukuru mu Kwibuka yirukanywe

Next Post

DRC: Abitwaje intwaro batorokesheje imfungwa 800 basiga Gereza yera

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises
SIPORO

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Abitwaje intwaro batorokesheje imfungwa 800 basiga Gereza yera

DRC: Abitwaje intwaro batorokesheje imfungwa 800 basiga Gereza yera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.