Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Umwana w’imyaka 14 afunzwe akekwaho kwica Inka y’umuturanyi ayikubise ibuye

radiotv10by radiotv10
11/08/2022
in MU RWANDA
1
Rubavu: Umwana w’imyaka 14 afunzwe akekwaho kwica Inka y’umuturanyi ayikubise ibuye

Icyitonderwa: Ifoto yakuwe kuri internet ntabwo ari iy'Inka yapfuye

Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka 14 y’amavuko wo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu, akurikiranyweho kwica inka y’umuturanyi ayikubise ibuye mu mutwe, mu gihe umuryango w’uyu mwana uvuga ko ntacyemeza ko ari we wishe iri tungo.

Iki kibazo cyabaye mu mpera z’icyumweru gishize ku wa Gatandatu tariki 06 Kanama 2022, cyatumye umwana witwa Niyonsaba Xavier w’imyaka 14 afungwa.

Ntibarikure Theoneste nyiri iyi nka yapfuye, yabwiye RADIOTV10 ko uwo mwana w’umuturanyi we yishe iri tungo ubwo ryari ricyuwe n’umwana wari wiriwe ayiragiye.

Ati “Umwana wa Muhamed [se w’umwana ukekwaho kwica inka] ayica avuga ko irutwa n’Inatama ye.”

Uyu muturage avuga ko ikimara kwicwa n’uwo mwana yahise ayijyana iwabo w’uyu mwana kugira ngo abagaragarize ishyano ryari rimaze gukorwa n’umwana wabo.

Ntawumvayabo Muhamed, Se w’uyu mwana, avuga ko amubeshyera ahubwo ko babimwegetseho kuko iyi miryango yombi isanzwe ifitanye amakimbirane.

Uyu mugabo avuga ko na we yatunguwe no kugera mu rugo agasanga bahazanye iyo nka yapfuye, bakamubwira ko agomba kwishyura ibihumbi 350 Frw by’indishyi y’iri tungo.

Ati “Naramubwiye nti ‘njyewe gusinyira ibihumbi 350 ntabwo nabisinyira ahubwo nditabaza ubundi buyobozi bwo hejuru’.”

Avuga ko uretse ibyo bibazo bisanzwe biri hagati y’imiryango yabo, ba nyiri iri tungo babonye ko uyu muryango ufite imitungo myinshi ku buryo bashobora kubabyazamo amafaranga.

Umugore wa Ntawumvayabo na we yagize ati “Inka barayizanye bayishyira ku muryango, ubwo bambwiye ngo ndatanga ibihumbi 350 nanjye ubwanjye mvuye mu mubyizi w’amafaranga 800 mbona ari ibintu bindenze mu buzima.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse avuga ko kuba uyu mwana afunzwe ntagikuba cyacitse kuko ari bumwe mu buryo bufasha inzego zishinzwe iperereza gushaka ibimenyetso.

Ati “Icya mbere cyo ni uko twizera inzego zacu nka RIB, barashishoza cyane ariko icya ngombwa ni uko babanza bakegeranya amakuru, bagomba kwegeranya amakuru. Niyo umwana yafungurwa ariko nibura amakuru agatangwa agahabwa abaturage kugira n’abandi bagwa muri ayo makosa bamenye uburyo bayirinda.”

Kambogo avuga ko iki kibazo bagiharira RIB kugira ngo igikurikirane ariko ko bizeye ko izagitangaho umurongo nkuko uru rwego rusanzwe rukora kinyamwuga.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Baziruwiha Eliel says:
    3 years ago

    Muraho neza?nonese uyumwana iyo Batamufunga bagakurikirana ibyo bagombaga gukurikirana haricyo byari kwangiza mw’iperereza?ndumva inzego zibishinzwe zarengera uyumwana.cyaneko ari gake wakumvango umuntu yishe inka hatabayeho kwifashisha imbaraga zisumuyeho.Kuruhande rwange nabyita nk’Accident.murakoze cyane.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − two =

Previous Post

Rubavu: Gitifu wavuzwe mu kohereza umukwikwi nk’umushyitsi mukuru mu Kwibuka yirukanywe

Next Post

DRC: Abitwaje intwaro batorokesheje imfungwa 800 basiga Gereza yera

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Abitwaje intwaro batorokesheje imfungwa 800 basiga Gereza yera

DRC: Abitwaje intwaro batorokesheje imfungwa 800 basiga Gereza yera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.