Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Uwibwe Inka inshuro 2 bakayisanga mu z’abasirikare bakomeye yashumbushijwe

radiotv10by radiotv10
15/02/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Uwibwe Inka inshuro 2 bakayisanga mu z’abasirikare bakomeye yashumbushijwe
Share on FacebookShare on Twitter

Niyonsaba Vestine wo mu Kagari ka Rugerero mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, wibwe inka inshuro ebyiri zombi bakayisanga iri mu z’abasirikare bakomeye, yashumbushijwe nyuma y’uko iri tungo ryegukanywe n’undi muturage.

Hari hashize ukwezi RADIOTV10 itambukije inkuru y’uyu mubyeyi wavugaga ko ubwa mbere yibwa Inka yari yarahawe muri gahunda ya Girinka Munyarwanda, hari muri 2017.

Icyo gihe yari yabwiye RADIOTV10 ko akimara kwibwa inka, yitabaje inzego zikamufasha gushaka bakaza kuyisanga iri kumwe n’iz’umusirikare witwa Sekanyambo wororera mu ishyamba rya Gishwati.

Yavugaga kandi ko nyuma y’amezi atanu, yongeye kwibwa inka, noneho bakaza kuyisanga mu zindi z’Umusirikare witwa Colonel Ntabana James ariko bwo biza kugorana kuyisubizwa kuko ahubwo yasabwe kuyira umuturage witwa Nkundabandi Charles ndetse bikaza gutegekwa n’urukiko.

Ubwo RADIOTV10 yatunganyaga iyi nkuru yabanje, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yari yatangaje ko ntacyo batakoze ngo bafashe uyu muturage kugira ngo asubizwe inka ye ariko ko nk’ubuyobozi budashobora kurenga ku cyemezo cy’urukiko, icyakora yizeza ko bazamushumbusha.

Kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022, imvugo y’uyu Muyobozi yabaye ingiro kuko bashumbushije uyu mubyeyi, bakamugabira indi Nka.

Niyonsaba Vestine yavuze ko yishimiye kuba yashumbushijwe Inka ye ku buryo ibi yakorewe abifata nk’igitangaza cyamubayeho.

Yagize ati “Ndashima Imana kuko ibiro byanjye byagenze neza, nishimiye ko Uwiteka yongeye kunshumbusha.”

Yabwiye RADIOTV10 ko yishimiye iyi nyana nziza yahawe, akaba agiye kuyitaho ku buryo mu minsi iri imbere azaba ayinywera amata.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + sixteen =

Previous Post

Saint Valentin yabaryoheye: Ibyamamare byateranye imitoma, Mayor yerekana ko n’Abanyapolitiki babizi

Next Post

Uherutse gufungurwa ku mbabazi za Perezida yasanze Gitifu ku Kagari n’umuhoro ashaka kumutema

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uherutse gufungurwa ku mbabazi za Perezida yasanze Gitifu ku Kagari n’umuhoro ashaka kumutema

Uherutse gufungurwa ku mbabazi za Perezida yasanze Gitifu ku Kagari n’umuhoro ashaka kumutema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.