Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Uwibwe Inka inshuro 2 bakayisanga mu z’abasirikare bakomeye yashumbushijwe

radiotv10by radiotv10
15/02/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Uwibwe Inka inshuro 2 bakayisanga mu z’abasirikare bakomeye yashumbushijwe
Share on FacebookShare on Twitter

Niyonsaba Vestine wo mu Kagari ka Rugerero mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, wibwe inka inshuro ebyiri zombi bakayisanga iri mu z’abasirikare bakomeye, yashumbushijwe nyuma y’uko iri tungo ryegukanywe n’undi muturage.

Hari hashize ukwezi RADIOTV10 itambukije inkuru y’uyu mubyeyi wavugaga ko ubwa mbere yibwa Inka yari yarahawe muri gahunda ya Girinka Munyarwanda, hari muri 2017.

Icyo gihe yari yabwiye RADIOTV10 ko akimara kwibwa inka, yitabaje inzego zikamufasha gushaka bakaza kuyisanga iri kumwe n’iz’umusirikare witwa Sekanyambo wororera mu ishyamba rya Gishwati.

Yavugaga kandi ko nyuma y’amezi atanu, yongeye kwibwa inka, noneho bakaza kuyisanga mu zindi z’Umusirikare witwa Colonel Ntabana James ariko bwo biza kugorana kuyisubizwa kuko ahubwo yasabwe kuyira umuturage witwa Nkundabandi Charles ndetse bikaza gutegekwa n’urukiko.

Ubwo RADIOTV10 yatunganyaga iyi nkuru yabanje, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yari yatangaje ko ntacyo batakoze ngo bafashe uyu muturage kugira ngo asubizwe inka ye ariko ko nk’ubuyobozi budashobora kurenga ku cyemezo cy’urukiko, icyakora yizeza ko bazamushumbusha.

Kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022, imvugo y’uyu Muyobozi yabaye ingiro kuko bashumbushije uyu mubyeyi, bakamugabira indi Nka.

Niyonsaba Vestine yavuze ko yishimiye kuba yashumbushijwe Inka ye ku buryo ibi yakorewe abifata nk’igitangaza cyamubayeho.

Yagize ati “Ndashima Imana kuko ibiro byanjye byagenze neza, nishimiye ko Uwiteka yongeye kunshumbusha.”

Yabwiye RADIOTV10 ko yishimiye iyi nyana nziza yahawe, akaba agiye kuyitaho ku buryo mu minsi iri imbere azaba ayinywera amata.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 1 =

Previous Post

Saint Valentin yabaryoheye: Ibyamamare byateranye imitoma, Mayor yerekana ko n’Abanyapolitiki babizi

Next Post

Uherutse gufungurwa ku mbabazi za Perezida yasanze Gitifu ku Kagari n’umuhoro ashaka kumutema

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uherutse gufungurwa ku mbabazi za Perezida yasanze Gitifu ku Kagari n’umuhoro ashaka kumutema

Uherutse gufungurwa ku mbabazi za Perezida yasanze Gitifu ku Kagari n’umuhoro ashaka kumutema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.