Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Uwibwe Inka inshuro 2 bakayisanga mu z’abasirikare bakomeye yashumbushijwe

radiotv10by radiotv10
15/02/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Uwibwe Inka inshuro 2 bakayisanga mu z’abasirikare bakomeye yashumbushijwe
Share on FacebookShare on Twitter

Niyonsaba Vestine wo mu Kagari ka Rugerero mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, wibwe inka inshuro ebyiri zombi bakayisanga iri mu z’abasirikare bakomeye, yashumbushijwe nyuma y’uko iri tungo ryegukanywe n’undi muturage.

Hari hashize ukwezi RADIOTV10 itambukije inkuru y’uyu mubyeyi wavugaga ko ubwa mbere yibwa Inka yari yarahawe muri gahunda ya Girinka Munyarwanda, hari muri 2017.

Icyo gihe yari yabwiye RADIOTV10 ko akimara kwibwa inka, yitabaje inzego zikamufasha gushaka bakaza kuyisanga iri kumwe n’iz’umusirikare witwa Sekanyambo wororera mu ishyamba rya Gishwati.

Yavugaga kandi ko nyuma y’amezi atanu, yongeye kwibwa inka, noneho bakaza kuyisanga mu zindi z’Umusirikare witwa Colonel Ntabana James ariko bwo biza kugorana kuyisubizwa kuko ahubwo yasabwe kuyira umuturage witwa Nkundabandi Charles ndetse bikaza gutegekwa n’urukiko.

Ubwo RADIOTV10 yatunganyaga iyi nkuru yabanje, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yari yatangaje ko ntacyo batakoze ngo bafashe uyu muturage kugira ngo asubizwe inka ye ariko ko nk’ubuyobozi budashobora kurenga ku cyemezo cy’urukiko, icyakora yizeza ko bazamushumbusha.

Kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022, imvugo y’uyu Muyobozi yabaye ingiro kuko bashumbushije uyu mubyeyi, bakamugabira indi Nka.

Niyonsaba Vestine yavuze ko yishimiye kuba yashumbushijwe Inka ye ku buryo ibi yakorewe abifata nk’igitangaza cyamubayeho.

Yagize ati “Ndashima Imana kuko ibiro byanjye byagenze neza, nishimiye ko Uwiteka yongeye kunshumbusha.”

Yabwiye RADIOTV10 ko yishimiye iyi nyana nziza yahawe, akaba agiye kuyitaho ku buryo mu minsi iri imbere azaba ayinywera amata.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 5 =

Previous Post

Saint Valentin yabaryoheye: Ibyamamare byateranye imitoma, Mayor yerekana ko n’Abanyapolitiki babizi

Next Post

Uherutse gufungurwa ku mbabazi za Perezida yasanze Gitifu ku Kagari n’umuhoro ashaka kumutema

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uherutse gufungurwa ku mbabazi za Perezida yasanze Gitifu ku Kagari n’umuhoro ashaka kumutema

Uherutse gufungurwa ku mbabazi za Perezida yasanze Gitifu ku Kagari n’umuhoro ashaka kumutema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.