Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Yibwe Inka inshuro ebyiri zombi ayisanga mu z’Abasirikare babiri bakomeye

radiotv10by radiotv10
16/01/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Yibwe Inka inshuro ebyiri zombi ayisanga mu z’Abasirikare babiri bakomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi witwa Niyonsaba Vestine wo mu Kagari ka Rugerero mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, avuga ko Inka yari yarahawe muri Girinka Munyarwanda yayibwe inshuro ebyiri zombi akayisanga mu z’Abasirikare bakomeye barimo ufite ipeti rya Colonel.

Niyonsaba Vestine avuga ko muri 2012 yahawe Inka muri Gahunda ya Girinka Munyarwanda, yaje kororoka ariko bigeze muri 2017 yibwa Inka ebyiri n’uwari umushumba we.

Icyo gihe yahise yitabaza inzego zimufasha kuzishakisha ariko baza kubona Inka imwe bayisanze mu Nka z’umusirikare witwa Sekanyambo uzororera mu ishyamba rya Gishwati.

Nyuma y’amezi atanu yongeye kwibwa iyi Nka ye nanone baza kuyisanga mu zindi z’umusirikare witwa Colonel Ntabana James ariko bwo ntibyoroshye kuyisubizwa kuko yitabaje inzego zitandukanye ndetse n’inteko z’abaturage bemeza ko ari iye na bwo arayisubizwa.

Gusa ngo nyuma yaje kubwirwa ko iyi nka igomba guhabwa uwitwa Nkundabandi Charles ariko ngo ntanamuzi ntazi n’impamvu agomba kuyimuha.

Avuga ko yitabaje Urwego rushinzwe gutanga ubufasha mu by’amategeko rukamuburanira ariko bikarangira atsinzwe.

Ati “Habayemo amagambo menshi bigeze nyuma baravuga ngo Inka bagiye kuyisubiza uwo mugabo witwa Charles kandi njye uwo mugabo sinanamuzi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse avuga ko Ubuyobozi bw’Akarere bwakoze ibishoboka byose kugira ngo buburanire uyu muturage ariko ko ibimenyetso byerekanywe mu rukiko byagaragaje ko iriya Nka atari iy’uyu muturage.

Kambogo Ildephonse avuga ko nk’ubuyobozi bureberera umuturage kandi bukaba bwitaye ku iterambere rye, bazashumbusha uyu muturage bakamworoza indi Nka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + eight =

Previous Post

Nyagatare: Abana 6 bamaze ibyumweru 2 bibana nyuma y’uko Se afunzwe bakabura na Nyina

Next Post

Ibibazo byabaye uruhurirane buririra kuri Mubazi- Mukuralinda yavuze ku myigaragambyo y’Abamotari

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibibazo byabaye uruhurirane buririra kuri Mubazi- Mukuralinda yavuze ku myigaragambyo y’Abamotari

Ibibazo byabaye uruhurirane buririra kuri Mubazi- Mukuralinda yavuze ku myigaragambyo y'Abamotari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.