Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Uwohereje ‘Umukwikwi’ mu gikorwa cyo Kwibuka nk’umushyitsi mukuru na we bombi batawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
14/07/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hamenyekanye uko byagenze ngo utekera abanyeshuri yoherezwe nk’umushyitsi mukuru mu Kwibuka
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari umukozi ushinzwe uburezi mu Murenge wa Rugerero n’umukozi utekera abanyeshuri yohereje nk’umushyitsi mukuru mu gikorwa cyo kwibuka, bombi batawe muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko Esperance Nyiraneza wari umukozi ushinzwe Uburezi mu Murenge wa Rugerero na Jean Claude Mbarushimana usanzwe ari umukozi utekera abanyeshuri bo mu ishuri rya College Inyemeramihigo, batawe muri yombi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Nyakanga 2022.

Uyu muntu uzi amakuru y’itabwa muri yombi ry’aba bantu, yagize ati “Polisi yabanje kubahamagaza kugira ngo ibabaze kuri ibi bakekwaho, iza kubashyishyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) nka saa kumi n’imwe z’umugoroba.”

Amakuru avuga ko Esperance Nyiraneza na Jean Claude Mbarushimana, ubu bafungiye kuri statioo ya Gisenyi.

Uyu wari umukozi ushinzwe uburezi yohereje uyu mutetsi w’abanyeshuri nk’umushyitsi mukuru uhagarariye Akarere mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, wabaye tariki 03 Kamena 2022 ku Rwunge rw’Amashuri rwa Nkama.

Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Rugerero, Abdul Karim Habiyaremye wari wanakoze raporo ubwo iki gikorwa cyabaga agaragaza ko bitari bikwiye, kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Nyakanga 2022, yatangaje ko bishimiye kuba inzego zishinzwe iperereza zatangiye gukurikirana aba bantu bombi bakekwaho icyaha cyo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Esperance Nyiraneza yatangiye gukurikiranwa nyuma yuko yirukanywe mu kazi kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nyakanga 2022 aho yahagaritswe nyuma yuko aya makuru asakaye mu binyamakuru.

Uyu wari ushinzwe uburezi muri Rugerero, yavuze ko na we yohereje uriya mukozi utekera abanyeshuri, atazi ko afite imiziro cyangwa ko ari umutetsi, ahubwo ko yari azi ko ari umutoza w’Intore ku rwego rw’Umurenge.

Yanavugaga ko atumva ukuntu ibintu bimaze ukwezi, bikaba byongeye kugaruka ndetse akaba yanabyirukaniwe, akavuga ko ubiri inyuma ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wari wamwohereje muri uriya muhango, ushaka kwikuraho amakosa.

Perezida wa Ibuka ku rwego rw’Igihugu, Egide Nkuranga na we yari yavuze ko bitumvikana kuba igikorwa nk’iki cyarabaye mu ntangiro z’ukwezi gushize ariko uriya mukozi akaba yarafatiwe icyemezo muri uku kwezi.

Egide Nkuranga we yavuze ko amakosa yayashyira ku Muyobozi w’Akarere kuko yatinze gufatira icyemezo uyu mukozi wakoze igikorwa cyo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 6 =

Previous Post

Ingamba zo kwirinda COVID-19 mu Rwanda zishobora kongera gukazwa

Next Post

Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye

Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.