Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Uwohereje ‘Umukwikwi’ mu gikorwa cyo Kwibuka nk’umushyitsi mukuru na we bombi batawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
14/07/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hamenyekanye uko byagenze ngo utekera abanyeshuri yoherezwe nk’umushyitsi mukuru mu Kwibuka
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari umukozi ushinzwe uburezi mu Murenge wa Rugerero n’umukozi utekera abanyeshuri yohereje nk’umushyitsi mukuru mu gikorwa cyo kwibuka, bombi batawe muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko Esperance Nyiraneza wari umukozi ushinzwe Uburezi mu Murenge wa Rugerero na Jean Claude Mbarushimana usanzwe ari umukozi utekera abanyeshuri bo mu ishuri rya College Inyemeramihigo, batawe muri yombi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Nyakanga 2022.

Uyu muntu uzi amakuru y’itabwa muri yombi ry’aba bantu, yagize ati “Polisi yabanje kubahamagaza kugira ngo ibabaze kuri ibi bakekwaho, iza kubashyishyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) nka saa kumi n’imwe z’umugoroba.”

Amakuru avuga ko Esperance Nyiraneza na Jean Claude Mbarushimana, ubu bafungiye kuri statioo ya Gisenyi.

Uyu wari umukozi ushinzwe uburezi yohereje uyu mutetsi w’abanyeshuri nk’umushyitsi mukuru uhagarariye Akarere mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, wabaye tariki 03 Kamena 2022 ku Rwunge rw’Amashuri rwa Nkama.

Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Rugerero, Abdul Karim Habiyaremye wari wanakoze raporo ubwo iki gikorwa cyabaga agaragaza ko bitari bikwiye, kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Nyakanga 2022, yatangaje ko bishimiye kuba inzego zishinzwe iperereza zatangiye gukurikirana aba bantu bombi bakekwaho icyaha cyo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Esperance Nyiraneza yatangiye gukurikiranwa nyuma yuko yirukanywe mu kazi kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nyakanga 2022 aho yahagaritswe nyuma yuko aya makuru asakaye mu binyamakuru.

Uyu wari ushinzwe uburezi muri Rugerero, yavuze ko na we yohereje uriya mukozi utekera abanyeshuri, atazi ko afite imiziro cyangwa ko ari umutetsi, ahubwo ko yari azi ko ari umutoza w’Intore ku rwego rw’Umurenge.

Yanavugaga ko atumva ukuntu ibintu bimaze ukwezi, bikaba byongeye kugaruka ndetse akaba yanabyirukaniwe, akavuga ko ubiri inyuma ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wari wamwohereje muri uriya muhango, ushaka kwikuraho amakosa.

Perezida wa Ibuka ku rwego rw’Igihugu, Egide Nkuranga na we yari yavuze ko bitumvikana kuba igikorwa nk’iki cyarabaye mu ntangiro z’ukwezi gushize ariko uriya mukozi akaba yarafatiwe icyemezo muri uku kwezi.

Egide Nkuranga we yavuze ko amakosa yayashyira ku Muyobozi w’Akarere kuko yatinze gufatira icyemezo uyu mukozi wakoze igikorwa cyo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 1 =

Previous Post

Ingamba zo kwirinda COVID-19 mu Rwanda zishobora kongera gukazwa

Next Post

Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye

Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.