Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Uwohereje ‘Umukwikwi’ mu gikorwa cyo Kwibuka nk’umushyitsi mukuru na we bombi batawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
14/07/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hamenyekanye uko byagenze ngo utekera abanyeshuri yoherezwe nk’umushyitsi mukuru mu Kwibuka
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari umukozi ushinzwe uburezi mu Murenge wa Rugerero n’umukozi utekera abanyeshuri yohereje nk’umushyitsi mukuru mu gikorwa cyo kwibuka, bombi batawe muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko Esperance Nyiraneza wari umukozi ushinzwe Uburezi mu Murenge wa Rugerero na Jean Claude Mbarushimana usanzwe ari umukozi utekera abanyeshuri bo mu ishuri rya College Inyemeramihigo, batawe muri yombi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Nyakanga 2022.

Uyu muntu uzi amakuru y’itabwa muri yombi ry’aba bantu, yagize ati “Polisi yabanje kubahamagaza kugira ngo ibabaze kuri ibi bakekwaho, iza kubashyishyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) nka saa kumi n’imwe z’umugoroba.”

Amakuru avuga ko Esperance Nyiraneza na Jean Claude Mbarushimana, ubu bafungiye kuri statioo ya Gisenyi.

Uyu wari umukozi ushinzwe uburezi yohereje uyu mutetsi w’abanyeshuri nk’umushyitsi mukuru uhagarariye Akarere mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, wabaye tariki 03 Kamena 2022 ku Rwunge rw’Amashuri rwa Nkama.

Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Rugerero, Abdul Karim Habiyaremye wari wanakoze raporo ubwo iki gikorwa cyabaga agaragaza ko bitari bikwiye, kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Nyakanga 2022, yatangaje ko bishimiye kuba inzego zishinzwe iperereza zatangiye gukurikirana aba bantu bombi bakekwaho icyaha cyo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Esperance Nyiraneza yatangiye gukurikiranwa nyuma yuko yirukanywe mu kazi kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nyakanga 2022 aho yahagaritswe nyuma yuko aya makuru asakaye mu binyamakuru.

Uyu wari ushinzwe uburezi muri Rugerero, yavuze ko na we yohereje uriya mukozi utekera abanyeshuri, atazi ko afite imiziro cyangwa ko ari umutetsi, ahubwo ko yari azi ko ari umutoza w’Intore ku rwego rw’Umurenge.

Yanavugaga ko atumva ukuntu ibintu bimaze ukwezi, bikaba byongeye kugaruka ndetse akaba yanabyirukaniwe, akavuga ko ubiri inyuma ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wari wamwohereje muri uriya muhango, ushaka kwikuraho amakosa.

Perezida wa Ibuka ku rwego rw’Igihugu, Egide Nkuranga na we yari yavuze ko bitumvikana kuba igikorwa nk’iki cyarabaye mu ntangiro z’ukwezi gushize ariko uriya mukozi akaba yarafatiwe icyemezo muri uku kwezi.

Egide Nkuranga we yavuze ko amakosa yayashyira ku Muyobozi w’Akarere kuko yatinze gufatira icyemezo uyu mukozi wakoze igikorwa cyo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Ingamba zo kwirinda COVID-19 mu Rwanda zishobora kongera gukazwa

Next Post

Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye

Related Posts

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

IZIHERUKA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery
IMIBEREHO MYIZA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye

Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.