Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ruhago nyarwanda yagize ibyago ibura uwayigiriye akamaro katumye haboneka abakinnyi bakomeye

radiotv10by radiotv10
12/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ruhago nyarwanda yagize ibyago ibura uwayigiriye akamaro katumye haboneka abakinnyi bakomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mungo Jitiada wari umutoza wanagize uruhare mu kuzamura bamwe mu bakinnyi bafite amazina akomeye muri ruhago y’u Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye igihe.

Inkuru y’itabaruka rya Mungo Jitiada wari uzwi nka Vigoureux, yamenyekanye kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024, aho bamwe mu bakinnyi yazamuye bagaragaje akababaro batewe n’urupfu rwe.

Tuyisenge Jacques wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda n’ikipe y’Igihugu Amavubi yanabereye kapiteni, ni umwe mu bagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rwa nyakwingera.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Tuyisenge Jacques, yagize ati “Ruhukira mu mahoro mutoza wo mu buto bwanjye.”

Ishyirahamwe ry’abakinnyi banyuze mu ikipe y’Igihugu Amavubi, FAPA (Former Amavubi Players’ Association), na ryo ryagaragaje akabaro ryatewe n’urupru rwa nyakwigendera, aho mu butumwa ryatanze, kuri uyu wa Kane, ryagize riti “Tubabajwe no kubura umubyeyi, umuvandimwe akaba na mukuru wa benshi muri twe kubera amateka duhuje n’uruhare rwe muri ruhago yacu by’umwihariko mu guteza imbere impano z’abana b’Aanyarwanda.”

FAPA yakomeje igira iti “Mzee Vigoureux asize izina ritazibagirana mu mateka y’umupira w’amaguru mu Rwanda kandi twe nk’abakinanye bakanabana na we mubikorwa bye byo guteza imbere ruhago yacu, turasabwa guharanira gukomeza ibyiza adusigiye ari nako dusigasira izina rye mu ruhando rwa ruhago yacu.”

Nyakwigendera Mungo Jitiada yari amaze igihe arwaye indwara zitandukanye zirimo n’Umwijima Hepatite C ndetse bwari bwaratumye anagira ikibazo cya paralyze ku kaguru.

Uyu mutoza azwi cyane mu Karere ka Rubavu ahazamukiye impano zikomeye mu mupira w’amaguru, ndetse abigizemo uruhare, aho uretse Jacques Tuyisenge, yatoje, yanatoje abandi bakinnyi bakomeye barimo Niyonzima Haruna na we wabaye Kapiteni w’ikipe y’Igihugu.

Yanatoje kandi abandi bakinnyi bazwi mu mupira w’amaguru mu Rwanda, nka Muhadjiri Hakizimana, na Djabil Mutarambirwa.

Mzee Vigoureux na Haruna niyonzima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu ibihano byafatiwe Sudani byagumishijweho kugeza 2025

Next Post

Nyanza: Umuturage ubayeho ubuzima atishimiye arashinja umuyobozi gutuma atabuvamo

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Umuturage ubayeho ubuzima atishimiye arashinja umuyobozi gutuma atabuvamo

Nyanza: Umuturage ubayeho ubuzima atishimiye arashinja umuyobozi gutuma atabuvamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.