Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ruhago nyarwanda yagize ibyago ibura uwayigiriye akamaro katumye haboneka abakinnyi bakomeye

radiotv10by radiotv10
12/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ruhago nyarwanda yagize ibyago ibura uwayigiriye akamaro katumye haboneka abakinnyi bakomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mungo Jitiada wari umutoza wanagize uruhare mu kuzamura bamwe mu bakinnyi bafite amazina akomeye muri ruhago y’u Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye igihe.

Inkuru y’itabaruka rya Mungo Jitiada wari uzwi nka Vigoureux, yamenyekanye kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024, aho bamwe mu bakinnyi yazamuye bagaragaje akababaro batewe n’urupfu rwe.

Tuyisenge Jacques wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda n’ikipe y’Igihugu Amavubi yanabereye kapiteni, ni umwe mu bagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rwa nyakwingera.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Tuyisenge Jacques, yagize ati “Ruhukira mu mahoro mutoza wo mu buto bwanjye.”

Ishyirahamwe ry’abakinnyi banyuze mu ikipe y’Igihugu Amavubi, FAPA (Former Amavubi Players’ Association), na ryo ryagaragaje akabaro ryatewe n’urupru rwa nyakwigendera, aho mu butumwa ryatanze, kuri uyu wa Kane, ryagize riti “Tubabajwe no kubura umubyeyi, umuvandimwe akaba na mukuru wa benshi muri twe kubera amateka duhuje n’uruhare rwe muri ruhago yacu by’umwihariko mu guteza imbere impano z’abana b’Aanyarwanda.”

FAPA yakomeje igira iti “Mzee Vigoureux asize izina ritazibagirana mu mateka y’umupira w’amaguru mu Rwanda kandi twe nk’abakinanye bakanabana na we mubikorwa bye byo guteza imbere ruhago yacu, turasabwa guharanira gukomeza ibyiza adusigiye ari nako dusigasira izina rye mu ruhando rwa ruhago yacu.”

Nyakwigendera Mungo Jitiada yari amaze igihe arwaye indwara zitandukanye zirimo n’Umwijima Hepatite C ndetse bwari bwaratumye anagira ikibazo cya paralyze ku kaguru.

Uyu mutoza azwi cyane mu Karere ka Rubavu ahazamukiye impano zikomeye mu mupira w’amaguru, ndetse abigizemo uruhare, aho uretse Jacques Tuyisenge, yatoje, yanatoje abandi bakinnyi bakomeye barimo Niyonzima Haruna na we wabaye Kapiteni w’ikipe y’Igihugu.

Yanatoje kandi abandi bakinnyi bazwi mu mupira w’amaguru mu Rwanda, nka Muhadjiri Hakizimana, na Djabil Mutarambirwa.

Mzee Vigoureux na Haruna niyonzima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − twelve =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu ibihano byafatiwe Sudani byagumishijweho kugeza 2025

Next Post

Nyanza: Umuturage ubayeho ubuzima atishimiye arashinja umuyobozi gutuma atabuvamo

Related Posts

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Umuturage ubayeho ubuzima atishimiye arashinja umuyobozi gutuma atabuvamo

Nyanza: Umuturage ubayeho ubuzima atishimiye arashinja umuyobozi gutuma atabuvamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.