Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ruhago nyarwanda yagize ibyago ibura uwayigiriye akamaro katumye haboneka abakinnyi bakomeye

radiotv10by radiotv10
12/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ruhago nyarwanda yagize ibyago ibura uwayigiriye akamaro katumye haboneka abakinnyi bakomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mungo Jitiada wari umutoza wanagize uruhare mu kuzamura bamwe mu bakinnyi bafite amazina akomeye muri ruhago y’u Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye igihe.

Inkuru y’itabaruka rya Mungo Jitiada wari uzwi nka Vigoureux, yamenyekanye kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024, aho bamwe mu bakinnyi yazamuye bagaragaje akababaro batewe n’urupfu rwe.

Tuyisenge Jacques wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda n’ikipe y’Igihugu Amavubi yanabereye kapiteni, ni umwe mu bagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rwa nyakwingera.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Tuyisenge Jacques, yagize ati “Ruhukira mu mahoro mutoza wo mu buto bwanjye.”

Ishyirahamwe ry’abakinnyi banyuze mu ikipe y’Igihugu Amavubi, FAPA (Former Amavubi Players’ Association), na ryo ryagaragaje akabaro ryatewe n’urupru rwa nyakwigendera, aho mu butumwa ryatanze, kuri uyu wa Kane, ryagize riti “Tubabajwe no kubura umubyeyi, umuvandimwe akaba na mukuru wa benshi muri twe kubera amateka duhuje n’uruhare rwe muri ruhago yacu by’umwihariko mu guteza imbere impano z’abana b’Aanyarwanda.”

FAPA yakomeje igira iti “Mzee Vigoureux asize izina ritazibagirana mu mateka y’umupira w’amaguru mu Rwanda kandi twe nk’abakinanye bakanabana na we mubikorwa bye byo guteza imbere ruhago yacu, turasabwa guharanira gukomeza ibyiza adusigiye ari nako dusigasira izina rye mu ruhando rwa ruhago yacu.”

Nyakwigendera Mungo Jitiada yari amaze igihe arwaye indwara zitandukanye zirimo n’Umwijima Hepatite C ndetse bwari bwaratumye anagira ikibazo cya paralyze ku kaguru.

Uyu mutoza azwi cyane mu Karere ka Rubavu ahazamukiye impano zikomeye mu mupira w’amaguru, ndetse abigizemo uruhare, aho uretse Jacques Tuyisenge, yatoje, yanatoje abandi bakinnyi bakomeye barimo Niyonzima Haruna na we wabaye Kapiteni w’ikipe y’Igihugu.

Yanatoje kandi abandi bakinnyi bazwi mu mupira w’amaguru mu Rwanda, nka Muhadjiri Hakizimana, na Djabil Mutarambirwa.

Mzee Vigoureux na Haruna niyonzima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu ibihano byafatiwe Sudani byagumishijweho kugeza 2025

Next Post

Nyanza: Umuturage ubayeho ubuzima atishimiye arashinja umuyobozi gutuma atabuvamo

Related Posts

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

IZIHERUKA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo
MU RWANDA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Umuturage ubayeho ubuzima atishimiye arashinja umuyobozi gutuma atabuvamo

Nyanza: Umuturage ubayeho ubuzima atishimiye arashinja umuyobozi gutuma atabuvamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.