Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Abataramenyekana bari bitwaje intwaro gakondo batemye abanyerongo bahita babura

radiotv10by radiotv10
20/02/2024
in MU RWANDA
0
Ruhango: Abataramenyekana bari bitwaje intwaro gakondo batemye abanyerongo bahita babura
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bataramenyekana bari bitwaje imihoro, bacakiranye n’abanyerondo bacungaga umutekano mu Kagari ka Mutara mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, batema bane barabakomeretsa bikabije.

Ibi byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 19 Gashyantare 2024 mu Mudugudu wa Bunyankuku muri aka Kagari ka Mutara, ubwo abanyerondo bari mu kazi kabo, bakaza guhura n’abo bantu bitwaje imihoro.

Amakuru ava mu baturage, avuga ko aba bantu bari bitwaje imihoro, bari babanje kwirara mu maduka yo muri aka gace, bakayiba ari na bwo bahuraga n’abanyerondo bavuye muri ubwo bujura.

Umuturage watanze amakuru, avuga ko abo banyerongo bashobora kuba bikanze abanyerondo ubwo bari muri ubwo bujura, bagahita biruka, ari na bwo bahuraga n’abo bacungaga umutekano bakabatema.

Nemeyimana Jean Bosco uyobora Umurenge wa Mwendo, yavuze ko aba batemye abanyerondo, bari bameze nk’abahunga, ndetse ko kuva ubwo bahise bacika.

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa wa Mwendo, yagize ati “Abakoze ibyo byaha, ntabwo barafatwa ngo bashyikirizwe Ubugenzacyaha.”

Abakomeretse bahise bajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Gishweru kugira ngo bitabweho n’abaganga, mu gihe abakekwaho gukora ubu bugizi bwa nabi bakiri gushakishwa.

Nemeyimana Jean Bosco yaboneyeho gusaba abaturage gukomeza kwicungira umutekano, kandi bagatangira amakuru ku gihe mu gihe babonye igishobora kuwuhungabanya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 12 =

Previous Post

Nigeria: Bagaragarije Leta umujinya baterwa n’imibereho ikomeje gutumbagira

Next Post

Menya icyatumye bwa mbere u Rwanda rwerura ko rufite ubwirinzi bwo mu kirere

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe
AMAHANGA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyatumye bwa mbere u Rwanda rwerura ko rufite ubwirinzi bwo mu kirere

Menya icyatumye bwa mbere u Rwanda rwerura ko rufite ubwirinzi bwo mu kirere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.