Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

radiotv10by radiotv10
15/06/2021
in MU RWANDA
0
RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Buri tariki 14 Kamena isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wo gutanga amaraso. Uyu munsi ku rwego rw’igihugu wijihirijwe mu karere ka Ruhango aho wanizihijwe n’ubundi hakorwa ibikorwa byo gutanga amaraso ku bushacye. Bamwe mu bijyeze kugobokwa n’amaraso yatanzwe n’abandi , ubu gufashisha amaraso babigize umuco.  Dr  Muyombo Thomas ukuriye ishami ryo gutanga amaraso mu kigo cy’igihugu RBC yo yavuze ko amaraso atangirwa ubuntu kuko abaye agurwa Atari buri muturage wapfa kuyigondera.

Bamwe mu baturage bigeze guhabwa ababo bagahabwa amaraso usanga igikorwa cyo gutanga amaraso ku bushake bakigira icyabo.

Uwambaye Olive utuye mu karere ka Ruhango avuga ko yigeze kurwaza Umwana mu mwaka wi 1992 nyuma yahabwa amaraso arazanzamuka , bityo ngo guhera ubwo kugeza ubu gutanga amaraso yabigize ibye.

Yagize ati” Jye nahisemo kujya ntanga amaraso kuko ari byiza kandi mbikunda. Muri za 92 hariho za Malaria nyinshi cyane, ku buryo abana babaga bakiri bato bahuraga na Malaria cyane, ubwo rero najyanye umwana mu bitaro I Nyanza bamuha amaraso yarembye yayabuze, nagize amahirwe mbona umuntu witanze atanga amaraso bayamuteye aramuhembura.”

Nyanzira Epiphanie na we wigeze kujyana murumuna we kwa muganga bakamwongerera amaraso yitabira ibikorwa byo gufashisha amaraso ngo na we aye azafashe abandi.

Si aba batanga amaraso kuko nabo ay’abandi yigeze kubagoboka gusa ahubwo hari n’abayatanga kuko baba bazi neza ko nabo bashobora kuzayakenera.

Dr Muyombo Thomas ukuriye ishami ryo gutanga amaraso mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC yabwiye Radio Tv10 ko  umurwayi ukeneye amaraso ayahabwa ku buntu gusa ngo  icyo umurwayi akora ni ukwishyura izindi service nk’uko nubundi bisanzwe bijyenda.

Yagize ati” Twe rero ikiguzi cy’amaraso ni ubuntu iyo service yo kuyaguha ibitaro biyaguhaye bishobora kuyikwishyuza kandi icyo kiguzi ntabwo twe tukijyena, kuko umurwayi ntabwo ajya kwa muganga ngo aterwe amaraso gusa ahubwo aba ari mu bitaro cyangwa hari ibindi bizami yakoresheje. Utwo ni utuntu duto twivangamo ariko tutakwitwa ikiguzi cyo gutanga maraso.”

Nubwo ababa batanze amaraso bayatangira ubuntu, ariko kuyitaho, abayapima ibikoresho biyasuzuma, abayasuzuma bose barishyurwa. Bityo bituma abariwe mu mafaranga yagira igiciro cyiri hejuru kuburyo Atari buri muturage Wabasha kuyigondera kandi ayakeneye,  kuko ishashi imwe imaze gutunganywa iba ifite agaciro k’asaga ibihumbi 80 by’amafaranga y’urwanda nk’uko Dr Muyombo Thomas  yabihamirije RadioTv10.

Isanganyamatsiko y’umunsi wo gutanga amaraso muri uyu mwaka ni Tanga amaraso ahabwa abarwayi, abatuye isi bakomeze bagire ubuzima.

YUSSUF SINDIHEBA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 7 =

Previous Post

Haringingo Francis yahagaritswe mu kazi ko gutoza Police FC

Next Post

Rayon Sports irakira APR FC kuri uyu wa Gatatu, Bisengimana arahura na Police FC

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon Sports irakira APR FC kuri uyu wa Gatatu, Bisengimana arahura na Police FC

Rayon Sports irakira APR FC kuri uyu wa Gatatu, Bisengimana arahura na Police FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.