Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

radiotv10by radiotv10
15/06/2021
in MU RWANDA
0
RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Buri tariki 14 Kamena isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wo gutanga amaraso. Uyu munsi ku rwego rw’igihugu wijihirijwe mu karere ka Ruhango aho wanizihijwe n’ubundi hakorwa ibikorwa byo gutanga amaraso ku bushacye. Bamwe mu bijyeze kugobokwa n’amaraso yatanzwe n’abandi , ubu gufashisha amaraso babigize umuco.  Dr  Muyombo Thomas ukuriye ishami ryo gutanga amaraso mu kigo cy’igihugu RBC yo yavuze ko amaraso atangirwa ubuntu kuko abaye agurwa Atari buri muturage wapfa kuyigondera.

Bamwe mu baturage bigeze guhabwa ababo bagahabwa amaraso usanga igikorwa cyo gutanga amaraso ku bushake bakigira icyabo.

Uwambaye Olive utuye mu karere ka Ruhango avuga ko yigeze kurwaza Umwana mu mwaka wi 1992 nyuma yahabwa amaraso arazanzamuka , bityo ngo guhera ubwo kugeza ubu gutanga amaraso yabigize ibye.

Yagize ati” Jye nahisemo kujya ntanga amaraso kuko ari byiza kandi mbikunda. Muri za 92 hariho za Malaria nyinshi cyane, ku buryo abana babaga bakiri bato bahuraga na Malaria cyane, ubwo rero najyanye umwana mu bitaro I Nyanza bamuha amaraso yarembye yayabuze, nagize amahirwe mbona umuntu witanze atanga amaraso bayamuteye aramuhembura.”

Nyanzira Epiphanie na we wigeze kujyana murumuna we kwa muganga bakamwongerera amaraso yitabira ibikorwa byo gufashisha amaraso ngo na we aye azafashe abandi.

Si aba batanga amaraso kuko nabo ay’abandi yigeze kubagoboka gusa ahubwo hari n’abayatanga kuko baba bazi neza ko nabo bashobora kuzayakenera.

Dr Muyombo Thomas ukuriye ishami ryo gutanga amaraso mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC yabwiye Radio Tv10 ko  umurwayi ukeneye amaraso ayahabwa ku buntu gusa ngo  icyo umurwayi akora ni ukwishyura izindi service nk’uko nubundi bisanzwe bijyenda.

Yagize ati” Twe rero ikiguzi cy’amaraso ni ubuntu iyo service yo kuyaguha ibitaro biyaguhaye bishobora kuyikwishyuza kandi icyo kiguzi ntabwo twe tukijyena, kuko umurwayi ntabwo ajya kwa muganga ngo aterwe amaraso gusa ahubwo aba ari mu bitaro cyangwa hari ibindi bizami yakoresheje. Utwo ni utuntu duto twivangamo ariko tutakwitwa ikiguzi cyo gutanga maraso.”

Nubwo ababa batanze amaraso bayatangira ubuntu, ariko kuyitaho, abayapima ibikoresho biyasuzuma, abayasuzuma bose barishyurwa. Bityo bituma abariwe mu mafaranga yagira igiciro cyiri hejuru kuburyo Atari buri muturage Wabasha kuyigondera kandi ayakeneye,  kuko ishashi imwe imaze gutunganywa iba ifite agaciro k’asaga ibihumbi 80 by’amafaranga y’urwanda nk’uko Dr Muyombo Thomas  yabihamirije RadioTv10.

Isanganyamatsiko y’umunsi wo gutanga amaraso muri uyu mwaka ni Tanga amaraso ahabwa abarwayi, abatuye isi bakomeze bagire ubuzima.

YUSSUF SINDIHEBA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Haringingo Francis yahagaritswe mu kazi ko gutoza Police FC

Next Post

Rayon Sports irakira APR FC kuri uyu wa Gatatu, Bisengimana arahura na Police FC

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon Sports irakira APR FC kuri uyu wa Gatatu, Bisengimana arahura na Police FC

Rayon Sports irakira APR FC kuri uyu wa Gatatu, Bisengimana arahura na Police FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.