Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rulindo: Inzara iravuza ubuhuha mu mudugudu w’ikitegererezo none bamwe bari kuwuhunga

radiotv10by radiotv10
18/02/2022
in MU RWANDA
0
Rulindo: Inzara iravuza ubuhuha mu mudugudu w’ikitegererezo none bamwe bari kuwuhunga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batujwe mu mudugudu w’ikitegererezo wa Ryanyirakayobe uherereye mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo, bari kuwuvamo bavuga ko bahunda imibereho mibi bari kuhagirira, bati “Inzu nziza udafite icyo uyiriramo ntacyo ivuze.”

Uwo mudugudu w’icyitegererezo wa Ryanyirakayobe uri mu kagari ka Butare, mu Murenge wa Buyoga, umaze imyaka igera kuri itanu utujwemo imiryango 120 yimuwe ahari ikiyaga gihangano cya Muyanza.

Bamwe mu baturage batuye muri uyu mudugudu bavuga ko kuba mu nzu itagira munsi y’urugo nta n’akandi kazi bafite ariyo ntandaro y’ubuzima bugoye buri gutuma bamwe bahunga uyu mudugudu.

Umwe yagize ati “Ntabwo ari ukuzivamo ku bushake, ni inzara ituvanamo kubera ko kugira ngo wicare muri izi nzu ntacyo ufite uziriramo ukavuga uti ‘wenda ngiye kwishakishiriza akandi hirya’ nk’ufite agafaranga akavuga ati ‘ngiye kugura mu cyaro mbone aho nubakira ka gahene cyangwa ka gakoko nge mbona uko ntanga mitiwere’.”

Uyu muturage akomeza avuga ko nyuma yo gutuzwa muri uyu mudugudu, harimo ababwirirwa bakanaburara.

Ati “Kuba ndi mu nzu nziza ntafite icyo ndya kandi nari mfite ahantu mpinga mfite n’aho nsarurira imyaka yanjye. Umuntu aguhaye inzu nziza ngo ujye uyiryamamo, udafite icyo uyiriramo ntacyo byaba bivuze.”

Avuga ko inzara ibamereye nabi

Abakiri muri izi nzu, bavuga ko nihatagira igikorwa na bo bazagenda kuko batakomeza kureba izo nziza gusa nyamara igifu kiri gusya ubusa.

Undi muturage ati “Ni ukunyereza sima ukareba hejuru parafo nyamara amara yafatanye n’umugongo ngo dutaha mu nzu nziza.”

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Mutaganda Theophile avuga ko iki kibazo kitari kizwi ariko ko bagiye guhita bugikurikirana.

Ati “Icyo kibazo ni gishya kuri njye ariko dufite gahunda yo kuba ibibazo bigaragara muri iyo midugudu yose twabireba hanyuma tukabiha umurongo, niba gihari nabizeza ko tubyinjiramo tukabiha umurongo tukareba ikibitera hanyuma tugashaka umuti wabyo.”

Ibibazo nk’ibi by’abaturage bagaragaza ko bagowe n’imibereho yabo muri iyi midugudu batuzwamo si ubwa mbere byumvikanye haba muri iyi Ntara y’Amajyaruguru ndetse n’ahandi hatandukanye mu Gihugu.

Sena y’u Rwanda iherutse gushyiraho Komisiyo yihariye ishinzwe gucukumbura ibibazo nk’ibi biri mu midugudu ituzwamo abaturage, kugira ngo Guverinoma izabifatire umuti urambye.

Bavuga ko imibereho mibi ikomeje kubirukana mu Nzu nziza batujwemo

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Ntibasiba kugaragaza urwo bakundana…Bahavu n’umugabo we bavuze igituma urukundo rwabo ruhora rutohagiye

Next Post

Rubavu: Abaturage bati “Turambiwe kurara rwantambi kubera imvura n’abaje kudufasha bakaduha kawunga”

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo
MU RWANDA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abaturage bati “Turambiwe kurara rwantambi kubera imvura n’abaje kudufasha bakaduha kawunga”

Rubavu: Abaturage bati “Turambiwe kurara rwantambi kubera imvura n’abaje kudufasha bakaduha kawunga”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.