Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rulindo: Inzara iravuza ubuhuha mu mudugudu w’ikitegererezo none bamwe bari kuwuhunga

radiotv10by radiotv10
18/02/2022
in MU RWANDA
0
Rulindo: Inzara iravuza ubuhuha mu mudugudu w’ikitegererezo none bamwe bari kuwuhunga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batujwe mu mudugudu w’ikitegererezo wa Ryanyirakayobe uherereye mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo, bari kuwuvamo bavuga ko bahunda imibereho mibi bari kuhagirira, bati “Inzu nziza udafite icyo uyiriramo ntacyo ivuze.”

Uwo mudugudu w’icyitegererezo wa Ryanyirakayobe uri mu kagari ka Butare, mu Murenge wa Buyoga, umaze imyaka igera kuri itanu utujwemo imiryango 120 yimuwe ahari ikiyaga gihangano cya Muyanza.

Bamwe mu baturage batuye muri uyu mudugudu bavuga ko kuba mu nzu itagira munsi y’urugo nta n’akandi kazi bafite ariyo ntandaro y’ubuzima bugoye buri gutuma bamwe bahunga uyu mudugudu.

Umwe yagize ati “Ntabwo ari ukuzivamo ku bushake, ni inzara ituvanamo kubera ko kugira ngo wicare muri izi nzu ntacyo ufite uziriramo ukavuga uti ‘wenda ngiye kwishakishiriza akandi hirya’ nk’ufite agafaranga akavuga ati ‘ngiye kugura mu cyaro mbone aho nubakira ka gahene cyangwa ka gakoko nge mbona uko ntanga mitiwere’.”

Uyu muturage akomeza avuga ko nyuma yo gutuzwa muri uyu mudugudu, harimo ababwirirwa bakanaburara.

Ati “Kuba ndi mu nzu nziza ntafite icyo ndya kandi nari mfite ahantu mpinga mfite n’aho nsarurira imyaka yanjye. Umuntu aguhaye inzu nziza ngo ujye uyiryamamo, udafite icyo uyiriramo ntacyo byaba bivuze.”

Avuga ko inzara ibamereye nabi

Abakiri muri izi nzu, bavuga ko nihatagira igikorwa na bo bazagenda kuko batakomeza kureba izo nziza gusa nyamara igifu kiri gusya ubusa.

Undi muturage ati “Ni ukunyereza sima ukareba hejuru parafo nyamara amara yafatanye n’umugongo ngo dutaha mu nzu nziza.”

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Mutaganda Theophile avuga ko iki kibazo kitari kizwi ariko ko bagiye guhita bugikurikirana.

Ati “Icyo kibazo ni gishya kuri njye ariko dufite gahunda yo kuba ibibazo bigaragara muri iyo midugudu yose twabireba hanyuma tukabiha umurongo, niba gihari nabizeza ko tubyinjiramo tukabiha umurongo tukareba ikibitera hanyuma tugashaka umuti wabyo.”

Ibibazo nk’ibi by’abaturage bagaragaza ko bagowe n’imibereho yabo muri iyi midugudu batuzwamo si ubwa mbere byumvikanye haba muri iyi Ntara y’Amajyaruguru ndetse n’ahandi hatandukanye mu Gihugu.

Sena y’u Rwanda iherutse gushyiraho Komisiyo yihariye ishinzwe gucukumbura ibibazo nk’ibi biri mu midugudu ituzwamo abaturage, kugira ngo Guverinoma izabifatire umuti urambye.

Bavuga ko imibereho mibi ikomeje kubirukana mu Nzu nziza batujwemo

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Ntibasiba kugaragaza urwo bakundana…Bahavu n’umugabo we bavuze igituma urukundo rwabo ruhora rutohagiye

Next Post

Rubavu: Abaturage bati “Turambiwe kurara rwantambi kubera imvura n’abaje kudufasha bakaduha kawunga”

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abaturage bati “Turambiwe kurara rwantambi kubera imvura n’abaje kudufasha bakaduha kawunga”

Rubavu: Abaturage bati “Turambiwe kurara rwantambi kubera imvura n’abaje kudufasha bakaduha kawunga”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.