Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rulindo: Inzara iravuza ubuhuha mu mudugudu w’ikitegererezo none bamwe bari kuwuhunga

radiotv10by radiotv10
18/02/2022
in MU RWANDA
0
Rulindo: Inzara iravuza ubuhuha mu mudugudu w’ikitegererezo none bamwe bari kuwuhunga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batujwe mu mudugudu w’ikitegererezo wa Ryanyirakayobe uherereye mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo, bari kuwuvamo bavuga ko bahunda imibereho mibi bari kuhagirira, bati “Inzu nziza udafite icyo uyiriramo ntacyo ivuze.”

Uwo mudugudu w’icyitegererezo wa Ryanyirakayobe uri mu kagari ka Butare, mu Murenge wa Buyoga, umaze imyaka igera kuri itanu utujwemo imiryango 120 yimuwe ahari ikiyaga gihangano cya Muyanza.

Bamwe mu baturage batuye muri uyu mudugudu bavuga ko kuba mu nzu itagira munsi y’urugo nta n’akandi kazi bafite ariyo ntandaro y’ubuzima bugoye buri gutuma bamwe bahunga uyu mudugudu.

Umwe yagize ati “Ntabwo ari ukuzivamo ku bushake, ni inzara ituvanamo kubera ko kugira ngo wicare muri izi nzu ntacyo ufite uziriramo ukavuga uti ‘wenda ngiye kwishakishiriza akandi hirya’ nk’ufite agafaranga akavuga ati ‘ngiye kugura mu cyaro mbone aho nubakira ka gahene cyangwa ka gakoko nge mbona uko ntanga mitiwere’.”

Uyu muturage akomeza avuga ko nyuma yo gutuzwa muri uyu mudugudu, harimo ababwirirwa bakanaburara.

Ati “Kuba ndi mu nzu nziza ntafite icyo ndya kandi nari mfite ahantu mpinga mfite n’aho nsarurira imyaka yanjye. Umuntu aguhaye inzu nziza ngo ujye uyiryamamo, udafite icyo uyiriramo ntacyo byaba bivuze.”

Avuga ko inzara ibamereye nabi

Abakiri muri izi nzu, bavuga ko nihatagira igikorwa na bo bazagenda kuko batakomeza kureba izo nziza gusa nyamara igifu kiri gusya ubusa.

Undi muturage ati “Ni ukunyereza sima ukareba hejuru parafo nyamara amara yafatanye n’umugongo ngo dutaha mu nzu nziza.”

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Mutaganda Theophile avuga ko iki kibazo kitari kizwi ariko ko bagiye guhita bugikurikirana.

Ati “Icyo kibazo ni gishya kuri njye ariko dufite gahunda yo kuba ibibazo bigaragara muri iyo midugudu yose twabireba hanyuma tukabiha umurongo, niba gihari nabizeza ko tubyinjiramo tukabiha umurongo tukareba ikibitera hanyuma tugashaka umuti wabyo.”

Ibibazo nk’ibi by’abaturage bagaragaza ko bagowe n’imibereho yabo muri iyi midugudu batuzwamo si ubwa mbere byumvikanye haba muri iyi Ntara y’Amajyaruguru ndetse n’ahandi hatandukanye mu Gihugu.

Sena y’u Rwanda iherutse gushyiraho Komisiyo yihariye ishinzwe gucukumbura ibibazo nk’ibi biri mu midugudu ituzwamo abaturage, kugira ngo Guverinoma izabifatire umuti urambye.

Bavuga ko imibereho mibi ikomeje kubirukana mu Nzu nziza batujwemo

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 16 =

Previous Post

Ntibasiba kugaragaza urwo bakundana…Bahavu n’umugabo we bavuze igituma urukundo rwabo ruhora rutohagiye

Next Post

Rubavu: Abaturage bati “Turambiwe kurara rwantambi kubera imvura n’abaje kudufasha bakaduha kawunga”

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya
AMAHANGA

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abaturage bati “Turambiwe kurara rwantambi kubera imvura n’abaje kudufasha bakaduha kawunga”

Rubavu: Abaturage bati “Turambiwe kurara rwantambi kubera imvura n’abaje kudufasha bakaduha kawunga”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.