Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rurangiranwa Jimmy Gatete utaherukaga mu Rwanda yahasesekaye

radiotv10by radiotv10
11/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Rurangiranwa Jimmy Gatete utaherukaga mu Rwanda yahasesekaye
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’ibihe byose mu ikipe y’u Rwanda Amavubi, Gatete Jimmy, yasesekaye mu rw’imisozi igihumbi nyuma y’igihe kinini atahakandagiza ikirenge.

Jimmy Gatetet, umwe mu banyabigwi baconze ruhago mu Rwanda, agasigara mu mitwe y’Abanyarwanda batari bacye, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 10 Ukwakira 2022.

Aje mu myiteguro y’igiko cy’Isi cy’abakanyujijeho (Veteran Club World Championship) aho kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 12 kugera tariki 14 Ukwakira, i Kigali mu Rwanda haba hateraniye ibihangange muri ruhago.

Jimmy Gatete uzaba ari kumwe na bagenzi be bafite amazina aremereye muri ruhago nka Patrick Mboma, Khalifou Fadiga wahoze ari kapiteni wa Senegal, Roger Millan na Anthony Baffoe, bazafungura ku mugararagaro imyiteguro y’iki gikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho kizabera mu Rwanda muri Nyakanga 2024.

Jimmy Gatete yasesekaye mu Rwanda

Aba bakinnyi kandi baje mu myiteguro y’iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya mbere, bazanahitamo Igihugu kizakira iritaha.

Jimmy Gatete utazibagirana mu ikipe y’Igihugu Amavubi, byumwihariko ku bitego yayitsindiye ubwo u Rwanda rwakinaga na Ghana na Uganda muri 2003 byanatumye rwitabira Igikombe cya Afurika rukaba rudaheruka kugikandagiramo kuva icyo gihe.

Uyu rutahizamu usigaye aba muri Leta Zunze Ubumwe za America, kuva yasezera ruhago, ntiyakunze kugenderera u Rwanda ndetse ntakunze no kwigaragaza, gusa mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2021 yari yahuriye n’abakinnyi ba AS Kigali muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubwo bajyaga gukina na Daring Club Motema Pembe mu mikino y’ijonjora rya CAF Champions League.

Icyo gihe kandi yanarebye imyitozo y’iyi kipe yo mu Rwanda, anagaragara yifotoranyije n’abakinnyi b’iyi kipe ndetse n’abatoza bahuje urugwiro bigaragara ko bari bakumburanye.

Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA yakiriye Jimmy Gatete

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo “nirishake rizahirime”

Next Post

RIB yeruriye abibasira Jolly na Muheto ku bya Prince Kid ko bashobora gukurikiranwa

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yeruriye abibasira Jolly na Muheto ku bya Prince Kid ko bashobora gukurikiranwa

RIB yeruriye abibasira Jolly na Muheto ku bya Prince Kid ko bashobora gukurikiranwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.