Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rurangiranwa Jimmy Gatete utaherukaga mu Rwanda yahasesekaye

radiotv10by radiotv10
11/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Rurangiranwa Jimmy Gatete utaherukaga mu Rwanda yahasesekaye
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’ibihe byose mu ikipe y’u Rwanda Amavubi, Gatete Jimmy, yasesekaye mu rw’imisozi igihumbi nyuma y’igihe kinini atahakandagiza ikirenge.

Jimmy Gatetet, umwe mu banyabigwi baconze ruhago mu Rwanda, agasigara mu mitwe y’Abanyarwanda batari bacye, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 10 Ukwakira 2022.

Aje mu myiteguro y’igiko cy’Isi cy’abakanyujijeho (Veteran Club World Championship) aho kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 12 kugera tariki 14 Ukwakira, i Kigali mu Rwanda haba hateraniye ibihangange muri ruhago.

Jimmy Gatete uzaba ari kumwe na bagenzi be bafite amazina aremereye muri ruhago nka Patrick Mboma, Khalifou Fadiga wahoze ari kapiteni wa Senegal, Roger Millan na Anthony Baffoe, bazafungura ku mugararagaro imyiteguro y’iki gikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho kizabera mu Rwanda muri Nyakanga 2024.

Jimmy Gatete yasesekaye mu Rwanda

Aba bakinnyi kandi baje mu myiteguro y’iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya mbere, bazanahitamo Igihugu kizakira iritaha.

Jimmy Gatete utazibagirana mu ikipe y’Igihugu Amavubi, byumwihariko ku bitego yayitsindiye ubwo u Rwanda rwakinaga na Ghana na Uganda muri 2003 byanatumye rwitabira Igikombe cya Afurika rukaba rudaheruka kugikandagiramo kuva icyo gihe.

Uyu rutahizamu usigaye aba muri Leta Zunze Ubumwe za America, kuva yasezera ruhago, ntiyakunze kugenderera u Rwanda ndetse ntakunze no kwigaragaza, gusa mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2021 yari yahuriye n’abakinnyi ba AS Kigali muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubwo bajyaga gukina na Daring Club Motema Pembe mu mikino y’ijonjora rya CAF Champions League.

Icyo gihe kandi yanarebye imyitozo y’iyi kipe yo mu Rwanda, anagaragara yifotoranyije n’abakinnyi b’iyi kipe ndetse n’abatoza bahuje urugwiro bigaragara ko bari bakumburanye.

Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA yakiriye Jimmy Gatete

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − one =

Previous Post

Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo “nirishake rizahirime”

Next Post

RIB yeruriye abibasira Jolly na Muheto ku bya Prince Kid ko bashobora gukurikiranwa

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yeruriye abibasira Jolly na Muheto ku bya Prince Kid ko bashobora gukurikiranwa

RIB yeruriye abibasira Jolly na Muheto ku bya Prince Kid ko bashobora gukurikiranwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.