Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rurangiranwa Jimmy Gatete utaherukaga mu Rwanda yahasesekaye

radiotv10by radiotv10
11/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Rurangiranwa Jimmy Gatete utaherukaga mu Rwanda yahasesekaye
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’ibihe byose mu ikipe y’u Rwanda Amavubi, Gatete Jimmy, yasesekaye mu rw’imisozi igihumbi nyuma y’igihe kinini atahakandagiza ikirenge.

Jimmy Gatetet, umwe mu banyabigwi baconze ruhago mu Rwanda, agasigara mu mitwe y’Abanyarwanda batari bacye, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 10 Ukwakira 2022.

Aje mu myiteguro y’igiko cy’Isi cy’abakanyujijeho (Veteran Club World Championship) aho kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 12 kugera tariki 14 Ukwakira, i Kigali mu Rwanda haba hateraniye ibihangange muri ruhago.

Jimmy Gatete uzaba ari kumwe na bagenzi be bafite amazina aremereye muri ruhago nka Patrick Mboma, Khalifou Fadiga wahoze ari kapiteni wa Senegal, Roger Millan na Anthony Baffoe, bazafungura ku mugararagaro imyiteguro y’iki gikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho kizabera mu Rwanda muri Nyakanga 2024.

Jimmy Gatete yasesekaye mu Rwanda

Aba bakinnyi kandi baje mu myiteguro y’iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya mbere, bazanahitamo Igihugu kizakira iritaha.

Jimmy Gatete utazibagirana mu ikipe y’Igihugu Amavubi, byumwihariko ku bitego yayitsindiye ubwo u Rwanda rwakinaga na Ghana na Uganda muri 2003 byanatumye rwitabira Igikombe cya Afurika rukaba rudaheruka kugikandagiramo kuva icyo gihe.

Uyu rutahizamu usigaye aba muri Leta Zunze Ubumwe za America, kuva yasezera ruhago, ntiyakunze kugenderera u Rwanda ndetse ntakunze no kwigaragaza, gusa mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2021 yari yahuriye n’abakinnyi ba AS Kigali muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubwo bajyaga gukina na Daring Club Motema Pembe mu mikino y’ijonjora rya CAF Champions League.

Icyo gihe kandi yanarebye imyitozo y’iyi kipe yo mu Rwanda, anagaragara yifotoranyije n’abakinnyi b’iyi kipe ndetse n’abatoza bahuje urugwiro bigaragara ko bari bakumburanye.

Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA yakiriye Jimmy Gatete

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo “nirishake rizahirime”

Next Post

RIB yeruriye abibasira Jolly na Muheto ku bya Prince Kid ko bashobora gukurikiranwa

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yeruriye abibasira Jolly na Muheto ku bya Prince Kid ko bashobora gukurikiranwa

RIB yeruriye abibasira Jolly na Muheto ku bya Prince Kid ko bashobora gukurikiranwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.