Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abagore bagaragaje ibikorerwa abagabo babo bikabakoza isoni iyo babasanze mu buriri bataraye irondo

radiotv10by radiotv10
14/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abagore bagaragaje ibikorerwa abagabo babo bikabakoza isoni iyo babasanze mu buriri bataraye irondo
Share on FacebookShare on Twitter
Bamwe mu bagore bo mu Kagari ka Shara mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bababazwa no kuba abagabo babo bamenwaho amazi bakanakubitirwa imbere yabo n’abana babo iyo babasanze mu buriri bataraye irondo.

Abavuga ibi, ni abo mu Mudugudu wa Rubeho muri aka Kagari ka Shara, bavuga ko bimaze kuba ku bagabo bagera muri batanu basanze mu buriri bataraye irondo, bakababyutsa ubundi bakabakorera ibyo bo bavuga ko ari ihohoterwa.

Zaina Yvonne ati “Iyo umugabo atagiye ku irondo baragenda bakamubyutsa mu muriri bakabanza bakamwuhagira hano ku itiyo y’amazi ubundi bakamutimbagura.”

Uyu muturage atanga ingero za bamwe mu bagabo azi byabayeho, ati “Hari umugabo witwa Bizimana n’undi witwa Marcel nawe baherutse kubyutsa baramukubita birangira bamujyanye ku irondo.”

Uwitwa Mukarukundo Chantal na we avuga ko hari abagabo baherutse kubyutsa mu gicuku bagahatwa igiti, nyamara ababakubita bakagombye kubanza kumenya impamvu yatumye batarara irondo.

Ati “Bakagombye kumenya ikibazo nibura uwo mugabo afite, harimo n’uwapfushije umugore muri iyi minsi, wenda aba yabuze uko asiga abana mu nzu bonyine.”

Abagabo bo muri aka gace, na bo bavuga ko ibi bikorerwa bagenzi babo, nubwo baba bakoze amakosa ariko bidakwiye. Minani Jean Bosco ati “Ntabwo bikwiye rwose, abana bari kureba, abagore bari kureba, urumva nyine ni igisuzuguriro.”

Umuyobozi w’umudugudu wa Rubeho, Rurihose Modetse ahakana ibitangazwa n’aba baturage, akavuga ko nta muturage wigeze akubitwa.

Ati “Nta babakubita ni ukubeshya ni ibinyoma. Nta mugabo nigeze mbona akubitwa hano, ntawakubiswe ntawe.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert avuga ko bidakwiye ko umuturage akubitwa azira kutarara irondo ndetse ko hagiye gukora igenzura kugira ngo ababikoze babihanirwe.

Ati “N’iyo yaba yagize ikindi kintu akora kibi, ntabwo akwiye gukubitwa kuko nta muturage ugomba gukubitwa. Maze n’uwakoze icyaha ntibamukubita nkanswe kurara irondo.”

Guverineri yavuze ko hagiye gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane niba hari abayobozi bakoreye aba baturage ibi, ubundi babiryozwe hakurikijwe amategeko.

Abagore bavuga ko ibikorerwa abagabo babo bibababaza
Abagabo na bo bavuga ko ibyo bakorerwa bibakoza isoni

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 17 =

Previous Post

Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe uzaba akuriye Guverinoma nshya y’u Rwanda

Next Post

Dr Ngirente yagize icyo avuga ku cyizere yongeye kugirirwa na Perezida Kagame

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

by radiotv10
12/05/2025
0

Umugore wakubiswe na mugenzi we wo mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge nyuma yo kumusanga avugana n’umugabo we...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

12/05/2025
Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dr Ngirente yagize icyo avuga ku cyizere yongeye kugirirwa na Perezida Kagame

Dr Ngirente yagize icyo avuga ku cyizere yongeye kugirirwa na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.