Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abagore bagaragaje ibikorerwa abagabo babo bikabakoza isoni iyo babasanze mu buriri bataraye irondo

radiotv10by radiotv10
14/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abagore bagaragaje ibikorerwa abagabo babo bikabakoza isoni iyo babasanze mu buriri bataraye irondo
Share on FacebookShare on Twitter
Bamwe mu bagore bo mu Kagari ka Shara mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bababazwa no kuba abagabo babo bamenwaho amazi bakanakubitirwa imbere yabo n’abana babo iyo babasanze mu buriri bataraye irondo.

Abavuga ibi, ni abo mu Mudugudu wa Rubeho muri aka Kagari ka Shara, bavuga ko bimaze kuba ku bagabo bagera muri batanu basanze mu buriri bataraye irondo, bakababyutsa ubundi bakabakorera ibyo bo bavuga ko ari ihohoterwa.

Zaina Yvonne ati “Iyo umugabo atagiye ku irondo baragenda bakamubyutsa mu muriri bakabanza bakamwuhagira hano ku itiyo y’amazi ubundi bakamutimbagura.”

Uyu muturage atanga ingero za bamwe mu bagabo azi byabayeho, ati “Hari umugabo witwa Bizimana n’undi witwa Marcel nawe baherutse kubyutsa baramukubita birangira bamujyanye ku irondo.”

Uwitwa Mukarukundo Chantal na we avuga ko hari abagabo baherutse kubyutsa mu gicuku bagahatwa igiti, nyamara ababakubita bakagombye kubanza kumenya impamvu yatumye batarara irondo.

Ati “Bakagombye kumenya ikibazo nibura uwo mugabo afite, harimo n’uwapfushije umugore muri iyi minsi, wenda aba yabuze uko asiga abana mu nzu bonyine.”

Abagabo bo muri aka gace, na bo bavuga ko ibi bikorerwa bagenzi babo, nubwo baba bakoze amakosa ariko bidakwiye. Minani Jean Bosco ati “Ntabwo bikwiye rwose, abana bari kureba, abagore bari kureba, urumva nyine ni igisuzuguriro.”

Umuyobozi w’umudugudu wa Rubeho, Rurihose Modetse ahakana ibitangazwa n’aba baturage, akavuga ko nta muturage wigeze akubitwa.

Ati “Nta babakubita ni ukubeshya ni ibinyoma. Nta mugabo nigeze mbona akubitwa hano, ntawakubiswe ntawe.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert avuga ko bidakwiye ko umuturage akubitwa azira kutarara irondo ndetse ko hagiye gukora igenzura kugira ngo ababikoze babihanirwe.

Ati “N’iyo yaba yagize ikindi kintu akora kibi, ntabwo akwiye gukubitwa kuko nta muturage ugomba gukubitwa. Maze n’uwakoze icyaha ntibamukubita nkanswe kurara irondo.”

Guverineri yavuze ko hagiye gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane niba hari abayobozi bakoreye aba baturage ibi, ubundi babiryozwe hakurikijwe amategeko.

Abagore bavuga ko ibikorerwa abagabo babo bibababaza
Abagabo na bo bavuga ko ibyo bakorerwa bibakoza isoni

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + four =

Previous Post

Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe uzaba akuriye Guverinoma nshya y’u Rwanda

Next Post

Dr Ngirente yagize icyo avuga ku cyizere yongeye kugirirwa na Perezida Kagame

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dr Ngirente yagize icyo avuga ku cyizere yongeye kugirirwa na Perezida Kagame

Dr Ngirente yagize icyo avuga ku cyizere yongeye kugirirwa na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.