Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abagore bahishuye uko guha ‘care’ nyinshi abagabo byagize ingaruka ku bana

radiotv10by radiotv10
28/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abagore bahishuye uko guha ‘care’ nyinshi abagabo byagize ingaruka ku bana
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, biyemerera ko kimwe mu byatumye abana babo bisanga mu kibazo cy’imirire mibi, ari uko batabitagaho kuko bitaga ku bagabo cyane kugira ngo babakunde, bakabaha indyo y’indobanure aho kuyiha abana babo.

Nyirarukundu Donatha wo mu kagari ka Murya, ni umwe mu bavuga ko mbere bakoreshaga amafaranga yose mu kwita ku bagabo kugira ngo barebe ko babakunda bitewe n’uko batari babanye neza bigatuma atabonera umwana we indyo yuzuye.

Agira ati “Umugabo agihari nari mfite imyumvire yo kuvuga ngo ibyo nzanye ndabiha umugabo kugira ngo ankunde, nkumva ninca incuro nkamwitaho aribwo ankunda bigatma rero umwana ntamwitaho uko bikwiye.”

Uyu mubyeyi avuga ko aho umugabo we agendeye ari bwo yabonye ko umwana wabo yari yaramutereranye, ariko ko yaje kumwitaho, ubu akaba amerewe neza.

Ati “Amaze kugenda [umugabo] imyumvire irahinduka ntangira kwita ku mwana nkamushakira imbuto n’amata ku buryo mu kwesi kumwe gusa yari avuye mu Mutuku.”

Nyirambonimpa Rahabu na we ufite umwana umaze kuva mu mirire mibi, avuga ko kuba mbere atari azi uburyo bwihariye bwo kwita ku mwana ndetse no kumutegurira indyo yuzuye ari byo byatumye umwana we ajya mu mutuku ariko nyuma yo kwigishwa agahindura imyumvire, umwana we yavuye bafite ikibazo cy’imirire mibi.

Ati “Mbere iyo naryaga ubugari bw’imyumbati na we narabumuhaga, narya ibijumba byonyine na we akaba ari byo arya, ni yo mpamvu yatumye ajya mu mirire mibi, ariko kugeza ubu mutegurira iye ndyo kandi nkamushakira imbuto.”

Nubwo abana 25 bo mu Murenge wa Nzahaha bamaze kuva mu mirire mibi, kugeza ubu uyu Murenge ni wo ufite abana benshi bagifite iki kibazo.

Abayisenga Yvette ushinzwe imirire mu Kigo Nderabuzima cya Rwinzuki kiri gukurikirana abana bafite iki kibazo, avuga ko imyumvire y’ababyeyi babo na bo igenda ihinduka ku buryo butanga icyizere

Ati “Uko biri kose bigenda bihinduka ntabwo ari nka mbere aho twabaga dufite abana 100 cyangwa 200 bafite imirire mibi, uko umuntu agenda yigisha bagenda bahindura imyumvire.”

Imibare y’Akarere ka Rusizi igaragaza ko kugeza ubu gafite abana 187 bari mu mirire mibi, ari na yo mpamvu katangije gahunda ya ‘Tujyanemo Tumurinde Igwira’ y’iminsi 12 hakorwa ubukangurambaga bwigisha ababyeyi gutegura indyo yuzuye no kwita ku bana.

Hatangijwe ubukangurambaga bwo kwigisha ababyeyi gutegurira abana babo indyo yuzuye

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 13 =

Previous Post

Nyuma y’uko uwigeze kuyobora Kiyovu akumiriwe mu nama yayo yashyize ukuri kw’icyari cyayimujyanyemo

Next Post

Ibivugwa nyuma y’uko umutoza w’Amavubi asezereye mu mwiherero abakinnyi batatu

Related Posts

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

by radiotv10
30/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze...

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

by radiotv10
30/10/2025
0

The Rwanda Demobilization and Reintegration Commission (RDRC) has announced that over the past 24 years (since 2001), more than 12,000...

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

by radiotv10
30/10/2025
0

Bamwe mu barezi b’amarerero bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe bakora batabona agahimbazamusyi...

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

by radiotv10
30/10/2025
0

Every year, a big number of young Rwandans pack their bags to move to Kigali, drawn mostly by the promise...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
30/10/2025
0

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa nyuma y’uko umutoza w’Amavubi asezereye mu mwiherero abakinnyi batatu

Ibivugwa nyuma y’uko umutoza w’Amavubi asezereye mu mwiherero abakinnyi batatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.