Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abagore bahishuye uko guha ‘care’ nyinshi abagabo byagize ingaruka ku bana

radiotv10by radiotv10
28/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abagore bahishuye uko guha ‘care’ nyinshi abagabo byagize ingaruka ku bana
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, biyemerera ko kimwe mu byatumye abana babo bisanga mu kibazo cy’imirire mibi, ari uko batabitagaho kuko bitaga ku bagabo cyane kugira ngo babakunde, bakabaha indyo y’indobanure aho kuyiha abana babo.

Nyirarukundu Donatha wo mu kagari ka Murya, ni umwe mu bavuga ko mbere bakoreshaga amafaranga yose mu kwita ku bagabo kugira ngo barebe ko babakunda bitewe n’uko batari babanye neza bigatuma atabonera umwana we indyo yuzuye.

Agira ati “Umugabo agihari nari mfite imyumvire yo kuvuga ngo ibyo nzanye ndabiha umugabo kugira ngo ankunde, nkumva ninca incuro nkamwitaho aribwo ankunda bigatma rero umwana ntamwitaho uko bikwiye.”

Uyu mubyeyi avuga ko aho umugabo we agendeye ari bwo yabonye ko umwana wabo yari yaramutereranye, ariko ko yaje kumwitaho, ubu akaba amerewe neza.

Ati “Amaze kugenda [umugabo] imyumvire irahinduka ntangira kwita ku mwana nkamushakira imbuto n’amata ku buryo mu kwesi kumwe gusa yari avuye mu Mutuku.”

Nyirambonimpa Rahabu na we ufite umwana umaze kuva mu mirire mibi, avuga ko kuba mbere atari azi uburyo bwihariye bwo kwita ku mwana ndetse no kumutegurira indyo yuzuye ari byo byatumye umwana we ajya mu mutuku ariko nyuma yo kwigishwa agahindura imyumvire, umwana we yavuye bafite ikibazo cy’imirire mibi.

Ati “Mbere iyo naryaga ubugari bw’imyumbati na we narabumuhaga, narya ibijumba byonyine na we akaba ari byo arya, ni yo mpamvu yatumye ajya mu mirire mibi, ariko kugeza ubu mutegurira iye ndyo kandi nkamushakira imbuto.”

Nubwo abana 25 bo mu Murenge wa Nzahaha bamaze kuva mu mirire mibi, kugeza ubu uyu Murenge ni wo ufite abana benshi bagifite iki kibazo.

Abayisenga Yvette ushinzwe imirire mu Kigo Nderabuzima cya Rwinzuki kiri gukurikirana abana bafite iki kibazo, avuga ko imyumvire y’ababyeyi babo na bo igenda ihinduka ku buryo butanga icyizere

Ati “Uko biri kose bigenda bihinduka ntabwo ari nka mbere aho twabaga dufite abana 100 cyangwa 200 bafite imirire mibi, uko umuntu agenda yigisha bagenda bahindura imyumvire.”

Imibare y’Akarere ka Rusizi igaragaza ko kugeza ubu gafite abana 187 bari mu mirire mibi, ari na yo mpamvu katangije gahunda ya ‘Tujyanemo Tumurinde Igwira’ y’iminsi 12 hakorwa ubukangurambaga bwigisha ababyeyi gutegura indyo yuzuye no kwita ku bana.

Hatangijwe ubukangurambaga bwo kwigisha ababyeyi gutegurira abana babo indyo yuzuye

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + thirteen =

Previous Post

Nyuma y’uko uwigeze kuyobora Kiyovu akumiriwe mu nama yayo yashyize ukuri kw’icyari cyayimujyanyemo

Next Post

Ibivugwa nyuma y’uko umutoza w’Amavubi asezereye mu mwiherero abakinnyi batatu

Related Posts

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa nyuma y’uko umutoza w’Amavubi asezereye mu mwiherero abakinnyi batatu

Ibivugwa nyuma y’uko umutoza w’Amavubi asezereye mu mwiherero abakinnyi batatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.