Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abakunze kurira ayo kwarika ubu bari mu mu byishimo bidasanzwe

radiotv10by radiotv10
05/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abakunze kurira ayo kwarika ubu bari mu mu byishimo bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango 14 yo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Kagari ka Cyangugu mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi yahoraga itabaza kubera inzu zishaje yabagamo, ubu iri mu byishimo nyuma y’uko yubakiwe inzu zigezweho zifite agaciro ka miliyoni 65 Frw, ikazituzwamo inazisangamo ibikoresho byose byo mu rugo.

Mu bihe bitandukanye aba baturage bakunze kubwira itangazamakuru ko babangamiwe no kuba mu nzu zishaje zatumaga bavirwa bikabije.

Nyiramiruho Thatienne ati “Imvura yaranyagiraga umubiri wose niyoroshe amashashi aho nararaga hafi y’iziko n’imbaragasa zindya.”

Byiringiro Samuel na we ati “Imvura yaragwaga nkajya gucumbika ahandi kugira ngo umwana atanyagirwa, bitagenda gutyo nkamworosa ishashi ngo ndebe ko bucya.”

Nyuma yo gutaha izi nzu, aba baturage bavuga ko basigaye biyumva nk’abantu ndetse abandi bakavuga ko kuba mu nzu batiyumvishaga ko na bo bazazibamo bibatera kwiyumva nk’abatakiri abasigaye inyuma.

Nyirangirimana Aline ati “Natwe twabaye abantu nk’abandi. Umusaza Kagame yarabikemuye batugira neza, Imana yarabihinduye idushyira imbere mu mateka.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre avuga ko kuba iibazo cyabo cyarahoraga kigaruka byatumye ubuyobozi bufata umwanzuro wo kugikemura mu buryo burambye

Ati “Uyu mwaka rero hanzuwe ko aho gutanga amabati menshi ku bantu na bo basabwa kuba hari icyo na bo bakoze ahubwo hagomba kwibandwa ku kibazo cy’aba kuko cyagumgka kugaruka cyane, ibyo bituma hafatwa umwanzuro wo kububakira inzu zigezweho mu gukemura ikibazo cyabo mu buryo burambye.”

Muri Gashyantare uyu mwaka ni bwo inzu zari zishaje ndetse zimwe zarahengamye zasenywe hatangira imirimo yo kubaka izigezweho bari mo ubu zuzuye zitwaye miliyoni 65 Frw.

Buri muryango wahawe inzu igizwe n’ibyumba bitatu na solo ndetse n’ibikoresho byo mu nzu birimo intebe, ameza na matora.

Bubakiwe inzu zigezweho
Basanzemo ibikoresho byose ubu ibyishimo ni byose

Barakaraga urugi rugafunguka

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − two =

Previous Post

Ibidasanzwe muri Congo: Uko byagenze ngo abarimo Abasirikare bakuru bajye gutura mu irimbi

Next Post

Mu mahirwe yashyiriweho abakora mu burezi bw’ibanze hari abavuga ko bibagiranye

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mahirwe yashyiriweho abakora mu burezi bw’ibanze hari abavuga ko bibagiranye

Mu mahirwe yashyiriweho abakora mu burezi bw’ibanze hari abavuga ko bibagiranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.