Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abasigajwe n’amateka bahishuye amagabo akomeretsa babwirwa n’abayobozi banagaragaza umwanzuro nabo babafatiye

radiotv10by radiotv10
14/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abasigajwe n’amateka bahishuye amagabo akomeretsa babwirwa n’abayobozi banagaragaza umwanzuro nabo babafatiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Kagari ka Gatsiro mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bababazwa n’ibivugwa na bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze bababwira ko banuka nyamara bajya bababyinira bakabasusurutsa, none ngo hehe no kongera kubashimisha.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze bababwira ko basa nabi ngo badakaraba kandi ngo ikibabaje ari uko babibwira nyamara bajya bababyinira iyo babasuye.

Mukeshimana Esperance ati “Icyo gihe bari baje kuduha matola, ubwo turabashimisha ngo twishimiye abayobozi, turangije kubabyinira nyine tubashimishije, ubwo aravuga ngo ‘mwebwe ntimwakarabye’ ngo muranuka, ntimukaraba.”

Uyu mubyeyi avuga ko aya magambo babwirwa n’ubuyobozi abakomeretsa ku buryo byabateye umutima mubi, na bo bakaba bararahiye ko batazongera kubabyinira.

Ati “Wajya imbere y’ubuyobozi tukabashimisha gutyo mwagaruka mukanatugaya ko tunuka, ubutaha mwazagaruka muhataramiye tukongera kubashimisha nk’uku mudukojeshe isoni hagati y’abandi?”

Aba baturage nyamara bo bavuga ko ntako baba batagize ngo bakarabe ngo banamese imyenda yabo kabone nubwo nta bushobozi baba bafite bwo kugura isabune.

Ayingeneye Florence ati “Iyo twagiye ku Kagari baravuga ngo turanuka kandi tuba twoze umubiri, twaba dufite agasabune tukambara neza tukanasokoza, twagera ku Kagari, Gitifu akatubwira ngo turi kumunukira.”

Bavuga ko iyo babonye udufaranga baba bakuye mu guca inshuro badutera imirwi, tugashira ku buryo badapfa kubona amafaranga yo kugura isabue.

Tabaro ati “Hari igihe ukorera n’ibyo bibiri, urabona ibintu byarapanze, ikilo cy’ifu ni Magana inani, ubwo mfite inote y’icyatanu, ubwo se nzabona utwo tujanga gute? Agasabune ni ho kaburiramo.”

Ariko nanone bakagaya aba bayobozi bavuga ko banuka, aho kubatera inkunga ngo na bo bajye bakaraba base neza nk’abandi.

Mukeshimana Esperance akongera ati “None se ko wumva baba baducenga ko tudakaraba ari n’abayobozi baba bahari, kuki bataduha agasabune ngo dukarabe?”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Anicet Kigabo avuga ko ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage kugira isuku, buhoraho bityo ko n’aba bo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, bazakomeza kubaba hafi.

Ati “Byibuze ariko kwigisha umuntu hari icyo wamumariye buryo inyigisho zumvikana vuba. Kwigisha umuntu ngo jyenda ukarabe anaryame ku musambi, burya ntabyumva, ariko iyo umuzaniye matela noneho ukamubwira uti ‘iyi matela kuyiryamaho ukwiye kuba ukaraba’ ubwo bukangurambaga buba bufite ireme kandi babyumva vuba.”

Avuga ko kandi inyigisho nk’izi zifite ikiziherekeje zikomeje gutanga umusaruro. Ati “Ahubwo dusigaye tubita abatejwe imbere n’imiyoborere myiza.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Hatangajwe igikurikiranywe kuri ba Gitifu babiri bo muri Kigali batawe muri yombi

Next Post

Icyemezo cya mbere cyafashwe mu rubanza rw’abaregwa amarozi yatangiwe mu nzoga

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubanza rudasanzwe mu Rwanda rw’abakekwaho kurogera mu nzoga uwavugwagaho amarozi

Icyemezo cya mbere cyafashwe mu rubanza rw’abaregwa amarozi yatangiwe mu nzoga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.