Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abasigajwe n’amateka bahishuye amagabo akomeretsa babwirwa n’abayobozi banagaragaza umwanzuro nabo babafatiye

radiotv10by radiotv10
14/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abasigajwe n’amateka bahishuye amagabo akomeretsa babwirwa n’abayobozi banagaragaza umwanzuro nabo babafatiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Kagari ka Gatsiro mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bababazwa n’ibivugwa na bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze bababwira ko banuka nyamara bajya bababyinira bakabasusurutsa, none ngo hehe no kongera kubashimisha.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze bababwira ko basa nabi ngo badakaraba kandi ngo ikibabaje ari uko babibwira nyamara bajya bababyinira iyo babasuye.

Mukeshimana Esperance ati “Icyo gihe bari baje kuduha matola, ubwo turabashimisha ngo twishimiye abayobozi, turangije kubabyinira nyine tubashimishije, ubwo aravuga ngo ‘mwebwe ntimwakarabye’ ngo muranuka, ntimukaraba.”

Uyu mubyeyi avuga ko aya magambo babwirwa n’ubuyobozi abakomeretsa ku buryo byabateye umutima mubi, na bo bakaba bararahiye ko batazongera kubabyinira.

Ati “Wajya imbere y’ubuyobozi tukabashimisha gutyo mwagaruka mukanatugaya ko tunuka, ubutaha mwazagaruka muhataramiye tukongera kubashimisha nk’uku mudukojeshe isoni hagati y’abandi?”

Aba baturage nyamara bo bavuga ko ntako baba batagize ngo bakarabe ngo banamese imyenda yabo kabone nubwo nta bushobozi baba bafite bwo kugura isabune.

Ayingeneye Florence ati “Iyo twagiye ku Kagari baravuga ngo turanuka kandi tuba twoze umubiri, twaba dufite agasabune tukambara neza tukanasokoza, twagera ku Kagari, Gitifu akatubwira ngo turi kumunukira.”

Bavuga ko iyo babonye udufaranga baba bakuye mu guca inshuro badutera imirwi, tugashira ku buryo badapfa kubona amafaranga yo kugura isabue.

Tabaro ati “Hari igihe ukorera n’ibyo bibiri, urabona ibintu byarapanze, ikilo cy’ifu ni Magana inani, ubwo mfite inote y’icyatanu, ubwo se nzabona utwo tujanga gute? Agasabune ni ho kaburiramo.”

Ariko nanone bakagaya aba bayobozi bavuga ko banuka, aho kubatera inkunga ngo na bo bajye bakaraba base neza nk’abandi.

Mukeshimana Esperance akongera ati “None se ko wumva baba baducenga ko tudakaraba ari n’abayobozi baba bahari, kuki bataduha agasabune ngo dukarabe?”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Anicet Kigabo avuga ko ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage kugira isuku, buhoraho bityo ko n’aba bo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, bazakomeza kubaba hafi.

Ati “Byibuze ariko kwigisha umuntu hari icyo wamumariye buryo inyigisho zumvikana vuba. Kwigisha umuntu ngo jyenda ukarabe anaryame ku musambi, burya ntabyumva, ariko iyo umuzaniye matela noneho ukamubwira uti ‘iyi matela kuyiryamaho ukwiye kuba ukaraba’ ubwo bukangurambaga buba bufite ireme kandi babyumva vuba.”

Avuga ko kandi inyigisho nk’izi zifite ikiziherekeje zikomeje gutanga umusaruro. Ati “Ahubwo dusigaye tubita abatejwe imbere n’imiyoborere myiza.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Hatangajwe igikurikiranywe kuri ba Gitifu babiri bo muri Kigali batawe muri yombi

Next Post

Icyemezo cya mbere cyafashwe mu rubanza rw’abaregwa amarozi yatangiwe mu nzoga

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubanza rudasanzwe mu Rwanda rw’abakekwaho kurogera mu nzoga uwavugwagaho amarozi

Icyemezo cya mbere cyafashwe mu rubanza rw’abaregwa amarozi yatangiwe mu nzoga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.