Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Babonye umusaruro ushimishije ariko ibyo bibwiraga si ko byagenze

radiotv10by radiotv10
23/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Babonye umusaruro ushimishije ariko ibyo bibwiraga si ko byagenze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinga imyumbati mu kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, baravuga ko nyuma yo kubona umusaruro ushimishije bahangayikishijwe no kuba igiciro cyagaranutseho 1/2, none bamwe baravuga ko bagiye gusonzana uyu musaruro ushimishihe

Aba bahinzi bavuga ko ikilo cy’imyumbati cyaguraga 400 Frw, none ubu kiri kugura 200 Frw, ku buryo babona bigiye kubabera imbogamizi yo kuzongera kubona uko batisha imirima yo guhinga iki gihingwa.

Ibi biri guca intege abahinzi, aho bamwe bavuga ko nubwo yeze neza bagiye kuyisonzana kubera ko batabasha kuyigurisha ngo bagure ibindi.

Mukahirwa Laurence ati “Mbere twagurishaga ikiro kuri 400 none ubu ni 200. Imyumbati yaraguye cyane, turayisonzana kubera ko ushatse umunyu ukajya kugurisha ikilo cya 200 usanga uri guhomba.”

Mukabayingana Rosalie ati “Bari kuduha Magana abiri kandi nta kintu kirimo, natishije umurima ku bihumbi 100, nahingishije ibindi buhumbi ijana, gutera no kubagara nabyo byatwaye amafaranga, wajya kureba ugasanga ayo natanze sinapfa kuyabonama mu gihe ikiro ari 200.”

Hari abasanga kugwa kw’igiciro cy’imyumbati aha mu Bugarama kwaba guterwa no kuba itakijyanwa muri Repuburika Iharananira Demokarasi ya Congo babishingira ku kuba mbere abaturage bo muri icyo Gihugu barazaga kuyitwara ku bwinshi bitandukanye n’uko bimeze ubu.

Twagirayezu Vedaste urangura imyumbati akayicuruza ahandi agira ati “Wasangaga nyine abakongomani bazira rimwe bakayigura ukabona umuhinzi arishimye ariko ntabwo ariko bikimeze.”

Bamwe mu bahinzi kandi bavuga ko batizeye kongera guhinga bitewe n’uko bari biteze amafaranga yo kongera gukodesha imirima mu musaruro w’ubu ari nawo watakaje agaciro.

Nyirandinabo Donathile ati “Nta bushobozi bwo kongera kwatisha. Abahinganga bibasabye kwatisha bavuye mu nzira kuko ntabwo wagurisha ikilo kuri 200 ngo uzabone ibihumbi 100 byo kwatisha umurima.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred, agaruka ku mpungenge zo kuba umusaruro w’iki gihingwa utakijyanwa muri Congo, yavuze ko ntawigeze abihagarika, ahubwo akagira inama abahinzi ko baba bahunitse umusaruro bakazawugurisha mu minsi iri imbere isoko ryayo ryongeye kuba ryiza.

Ati “Urabizi ko akenshi iyo imyaka yeze, ibiciro biragabanuka. Icyo umuntu yabasaba ni uko ibyo kurya babirya ibyo bashaka kugurisha nabyo bakemera bakabigurisha kuri icyo giciro gihari cyangwa bagategereza nko mu kwezi kwa cyenda kuko ibiciro bizaba byongeye byazamutse.”

Ubuhinzi bw’imyumbati buri mu bukorwa hagamijwe ubucuruzi mu kibaya cya Bugarama, nyuma y’umuceri, ku buryo gutakaza agaciro kwayo no kuburirwa isoko bishobora gushyira abatari bacye mu bihombo.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yongeye kugira ibyago bwa kabiri mu kwezi kumwe

Next Post

Minisitiri mu Bwongereza yavuze ku ihagarikwa rya gahunda n’u Rwanda n’akayabo katavugwaho rumwe yatwaye

Related Posts

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

by radiotv10
16/10/2025
0

Abaturage babarirwa mu 180 bo mu Karere ka Ruhabu bavuga ko bamaze imyaka ibiri bategereje kwishyurwa ingurane y’imitungo yabo yangiritse...

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

by radiotv10
16/10/2025
0

Abasenateri bagaragaje ibibazo bikigaragara mu mikorere y’Amavuriro y’Ibanze (Poste de Santé), birimo kuba hari akora iminsi itatu gusa mu cyumweru...

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
15/10/2025
0

Umunyarwanda Musangabatware Clement unahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yatorewe kuyobora Ibiro by’iyi Nteko...

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

by radiotv10
15/10/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ryafatanye abantu babiri umufuka urimo urumogi rupima ibilo 28, bafatiwe mu Murenge...

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

by radiotv10
15/10/2025
0

Abantu 11 bakurikiranyweho gucukura amabuye y'agaciro mu buryo bunyuranyije n'amategeko mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baburanye ku...

IZIHERUKA

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure
MU RWANDA

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

by radiotv10
16/10/2025
0

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

16/10/2025
Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

15/10/2025
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

15/10/2025
Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

15/10/2025
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

15/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri mu Bwongereza yavuze ku ihagarikwa rya gahunda n’u Rwanda n’akayabo katavugwaho rumwe yatwaye

Minisitiri mu Bwongereza yavuze ku ihagarikwa rya gahunda n’u Rwanda n’akayabo katavugwaho rumwe yatwaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.