Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Babonye umusaruro ushimishije ariko ibyo bibwiraga si ko byagenze

radiotv10by radiotv10
23/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Babonye umusaruro ushimishije ariko ibyo bibwiraga si ko byagenze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinga imyumbati mu kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, baravuga ko nyuma yo kubona umusaruro ushimishije bahangayikishijwe no kuba igiciro cyagaranutseho 1/2, none bamwe baravuga ko bagiye gusonzana uyu musaruro ushimishihe

Aba bahinzi bavuga ko ikilo cy’imyumbati cyaguraga 400 Frw, none ubu kiri kugura 200 Frw, ku buryo babona bigiye kubabera imbogamizi yo kuzongera kubona uko batisha imirima yo guhinga iki gihingwa.

Ibi biri guca intege abahinzi, aho bamwe bavuga ko nubwo yeze neza bagiye kuyisonzana kubera ko batabasha kuyigurisha ngo bagure ibindi.

Mukahirwa Laurence ati “Mbere twagurishaga ikiro kuri 400 none ubu ni 200. Imyumbati yaraguye cyane, turayisonzana kubera ko ushatse umunyu ukajya kugurisha ikilo cya 200 usanga uri guhomba.”

Mukabayingana Rosalie ati “Bari kuduha Magana abiri kandi nta kintu kirimo, natishije umurima ku bihumbi 100, nahingishije ibindi buhumbi ijana, gutera no kubagara nabyo byatwaye amafaranga, wajya kureba ugasanga ayo natanze sinapfa kuyabonama mu gihe ikiro ari 200.”

Hari abasanga kugwa kw’igiciro cy’imyumbati aha mu Bugarama kwaba guterwa no kuba itakijyanwa muri Repuburika Iharananira Demokarasi ya Congo babishingira ku kuba mbere abaturage bo muri icyo Gihugu barazaga kuyitwara ku bwinshi bitandukanye n’uko bimeze ubu.

Twagirayezu Vedaste urangura imyumbati akayicuruza ahandi agira ati “Wasangaga nyine abakongomani bazira rimwe bakayigura ukabona umuhinzi arishimye ariko ntabwo ariko bikimeze.”

Bamwe mu bahinzi kandi bavuga ko batizeye kongera guhinga bitewe n’uko bari biteze amafaranga yo kongera gukodesha imirima mu musaruro w’ubu ari nawo watakaje agaciro.

Nyirandinabo Donathile ati “Nta bushobozi bwo kongera kwatisha. Abahinganga bibasabye kwatisha bavuye mu nzira kuko ntabwo wagurisha ikilo kuri 200 ngo uzabone ibihumbi 100 byo kwatisha umurima.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred, agaruka ku mpungenge zo kuba umusaruro w’iki gihingwa utakijyanwa muri Congo, yavuze ko ntawigeze abihagarika, ahubwo akagira inama abahinzi ko baba bahunitse umusaruro bakazawugurisha mu minsi iri imbere isoko ryayo ryongeye kuba ryiza.

Ati “Urabizi ko akenshi iyo imyaka yeze, ibiciro biragabanuka. Icyo umuntu yabasaba ni uko ibyo kurya babirya ibyo bashaka kugurisha nabyo bakemera bakabigurisha kuri icyo giciro gihari cyangwa bagategereza nko mu kwezi kwa cyenda kuko ibiciro bizaba byongeye byazamutse.”

Ubuhinzi bw’imyumbati buri mu bukorwa hagamijwe ubucuruzi mu kibaya cya Bugarama, nyuma y’umuceri, ku buryo gutakaza agaciro kwayo no kuburirwa isoko bishobora gushyira abatari bacye mu bihombo.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 3 =

Previous Post

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yongeye kugira ibyago bwa kabiri mu kwezi kumwe

Next Post

Minisitiri mu Bwongereza yavuze ku ihagarikwa rya gahunda n’u Rwanda n’akayabo katavugwaho rumwe yatwaye

Related Posts

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

IZIHERUKA

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga
IBYAMAMARE

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

by radiotv10
18/11/2025
0

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri mu Bwongereza yavuze ku ihagarikwa rya gahunda n’u Rwanda n’akayabo katavugwaho rumwe yatwaye

Minisitiri mu Bwongereza yavuze ku ihagarikwa rya gahunda n’u Rwanda n’akayabo katavugwaho rumwe yatwaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.