Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Bane barimo umuyobozi w’Ibitaro bakurikiranyweho uburiganya bwanyerejwemo Miliyoni 30Frw

radiotv10by radiotv10
12/09/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bane barimo uwari Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Mibirizi mu Karere ka Rusizi, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha bakuriranyweho ibyaha birimo gukora inyandiko mpimbano no kunyereza Miliyoni 30 Frw.

Bose uko ari bane batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamaze no kubakorera dosiye y’ikirego cyabo, ruyishyikiriza Ubushinjacyaha.

Aba bagabo bane batawe muri yombi, ni Dr Nzaramba Théoneste wayoboraga Ibitaro bya Mibirizi, uwari umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) ushinzwe inyemezabwishyu mu Kigo Nderabuzima cya Nkaka, Nsengiyumva Emmanuel.

Hari kandi umukozi wa RSSB ushinzwe inyemezabwishyu mu Kigo Nderabuzima cya Gihundwe, Bigirimana Placide na Nkulikiye Domitien na we akaba ari umukozi wa RSSB mu bitaro bya Mibirizi.

Bimwe mu bikorwa bigize ibyaha bakurikiranyweho, ni ukuba baragiye bakora inyemezabwishyu zitatangiwe serivisi ubundi amafaranga azitanzweho, bakayijyanira.

Harimo kandi kuba barakoze inyandiko mpimbano zigaragaza ko bitabiriye ubutumwa bw’akazi nyamara batabukandagiyemo, ubundi bakishyuza amafaranga yabwo bakayakubita ku makofi yabo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko ibyaha bikekwa kuri aba bagabo byabaye hagati ya 2020 na 2022.

Dr Murangira yavuze ko iperereza ku byaha nk’ibi rizakomereza mu Bigo Nderabuzima byose kugira ngo abijandika mu buriganya nk’ubu batahurwe babiryozwe.

Yaboneyeho kuburira abakozi bose bakora ibikorwa nk’ibi byumwikariko abo mu nzego n’ibigo bya Leta, kubihagarika kuko bidatinze bazabiryozwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − four =

Previous Post

IFOTO: Perezida Ndayishimiye yicaye muri ‘Pupitre’ yagiye gutera akanyabugabo abana batangiye amashuri

Next Post

Ibikomoka ku buhinzi byoherejwe hanze byinjirije u Rwanda akayabo ka Miliyari 640Frw

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibikomoka ku buhinzi byoherejwe hanze byinjirije u Rwanda akayabo ka Miliyari 640Frw

Ibikomoka ku buhinzi byoherejwe hanze byinjirije u Rwanda akayabo ka Miliyari 640Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.