Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

Photo/ Imvaho Nshya

Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 30 wari umuzamu w’inyubako itaruzura iri mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, basanze yapfuye bikekwa ko yahanutse aturutse mu igorofa ya kabiri yararagamo, aho binakekwa ko ashobora kuba yari yasinze kuko asanzwe akunda agasembuye ndetse ko aho yari ari banahasanze icupa ricagase inzoga.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kamuhirwa mu Kagari ka Kamurera, mu Murenge wa Kamembe, aho uyu nyakwengera Ndayisenga Jean basanze yapfuye nyuma yo guhanuka mu igorofa yarindaga.

Amakuru y’urupfu rw’uyu mugabo witabye Imana mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ku wa Gatandatu, yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe Ingabire Joyeux, mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Cyitwa Imvaho Nshya, yavuze ko ubwo inzego zajyaga kureba iby’urupfu rw’uyu muturage, basanze aho yari ari hari n’icupa ry’inzoga ashobora kuba yari ari kunywa.

Uyu muyobozi avuga kandi ko n’amakuru yatanzwe n’abaturage, yemezaga ko nyakwigendera yagiye mu kazi yasinze, ku buryo yabuze imbaraga agahanuka akikubita hasi.

Ati “Uko bigaragara yahubutse abura gitangira agera hasi abanza agahanga karasaduka arapfa.”

Uyu muyobozi uvuga ko amakuru arambuye azatangwa nyuma y’iperereza kuko inzego zirishinzwe zahise zitangira kurikora, yasabye abantu kwirinda ubusinzi.

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku Bitaro bya Gihundwe kugira ngo ukorerwe isuzuma, hanamenyekane icyamuhitanye.

Marc Niyonzima, nyiri iyi nyubako yarindwaga na nyakwigendera, yavuze ko uyu wamukoreraga, yari amaze ibyumweru bitatu amukorera, na we akaba yamenye urupfu rwe nyuma yo guhamagarwa n’uwamubonye mu gitondo yaguye hasi.

Ati “Yari umukozi mwiza ariko agira ingeso y’ubusinzi ku buryo no ku wa 03 Mutarama yari yiriwe anywa aza ku izamu yasinze. Bampamagara, tunajya kureba uko byagenze, ku idirishya yari yicayeho twahasanze icupa ry’inzoga yanywaga, arigejejemo hagati.”

Uyu muturage avuga ko batapfa kumenya igihe nyirizina nyakwigendera yaba yarahanukiye, ariko ko bakeka ko byatewe n’izereri yo kuba yari yasinze, yatumye abura imbaraga, agahanuka, agahita yitaba Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Icyo America ivuga ku bibazo uruhuri biri muri Korea y’Epfo byahagurukije imbaga

Next Post

Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

Related Posts

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.