Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Inkongi yafashe inzu y’abaherutse gukora ubukwe umugabo yitangira umugore

radiotv10by radiotv10
15/12/2021
in MU RWANDA
0
Rusizi: Inkongi yafashe inzu y’abaherutse gukora ubukwe umugabo yitangira umugore

?

Share on FacebookShare on Twitter

Ngabonziza Eric na Icyimanizanye Jeannette bamaze iminsi micye bakoze ubukwe nk’umugore n’umugabo, bahuye n’isanganya ubwo inzu babamo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi yafatwaga n’inkongi y’umuriro ariko umugabo akagerageza kurwana ku mugore we kuko atwite bituma ashya bikabije cyane.

Uwitwa Uzamukunda Felicite nyiri iyi nzu ikodeshwa n’aba baherutse kurushinga, yatangaje ko iri sanganya ryabaye mu ijoro rishyira ku wa Mbere tariki 13 Ukuboza 2021.

Uyu Uzamukunda Felicite yabwiye Ikinyamakuru Bwiza dukesha aya makuru ko muri iryo joro yumvise Icyimanizanye Jeannette ari gutaka cyane atabaza, aho asohokeye agiye kureba ibyabaye asanga inzu babamo iri gukongoka.

Yagize ati “Ndebye mbona umuriro ni mwinshi kuko nanjye ntawundi tubana mu nzu nahise njya gutabaza umuturanyi araza asanga ntakindi cyakorwa uretse gushaka ishoka agaca urugi ngo babone uko basohoka.”

Uyu mubyeyi avuga ko yahise aha ishoka uwo yari agiye gutabaza we agahita akomeza kujya gutabaza abandi baturanyi aho agarukiye asanga babajyanye kwa muganga gusa ngo umugabo ni we wahiye cyane.

Umugabo wahiye cyane, ngo yabonye umuriro ukomeye cyane ahita ajya kwikinga hejuru y’umugore we kuko afite inda y’amezi atatu ashaka kumuramira n’umwana amutwitiye.

Uzamukunda Felicite akomeza agira ati “Basohotse bambaye ubusa buriburi nta n’akantu bafite mu ntoki bahiye bigaragara ariko umugabo awi we wahiye cyan aramira umugore n’umwana atwite ngo bo badashya.”

Uyu mugabo n’umugore bahiriye mu nzu ariko Imana igakinga akaboko, bahise bajyanwa ku bitaro bya Gihundwe ariko umugabo ahita yoherezwa ku bitaro bikuru bya Butare ari na ho ubu ari kwitabwaho.

Habimana Jean Marie Vianney uyobora Akagari ka Gihundwe, avuga ko umugabo ari we wahiye cyane by’umwihariko igice cy’ibitugu.

Ati “Umugore na we umurir wari watangiye kumugeraho ku buryo iyo hashira nk’iminota itanu urugi rutaracibwa ngo basohoke na bo twari gusanga babaye ivu risa.”

Uyu muyobozi avuga ko uyu muryango wari ukiri mushya, ntakintu wabashije kuramura mu nzu kuko byose byahiye bigakongoka.

Inkuru dukesha Bwiza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Uretse kuyijyana muri Miss World ntiwanayijyana mu isoko- Immaculée yanenze uwambitse Miss Grace

Next Post

Abahoze mu buyobozi bwa FDLR bari basabiwe gufungwa burundu bakatiwe imyaka 10

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahoze mu buyobozi bwa FDLR bari basabiwe gufungwa burundu bakatiwe imyaka 10

Abahoze mu buyobozi bwa FDLR bari basabiwe gufungwa burundu bakatiwe imyaka 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.