Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: RIB yasabye abatuye ku Nkombo kuba maso

radiotv10by radiotv10
06/03/2026
in MU RWANDA
0
Rusizi: RIB yasabye abatuye ku Nkombo kuba maso
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu  buri gukorwa n’urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rufatanyije n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bimukira hamwe n’ambasade y’ubuyapani mu Rwanda, Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo kiri mu kiyaga cya kivu ahabera ingendo zijya cyangwa ziva hakurya muri DRC basabwe kuba maso kugira ngo batisanga bagushijwe mu bikorwa bijyana n’icuruzwa ry’abantu.

Abwira abaturage ba nkombo ko aho batuye byoroshye cyane ko bagushwa mu byaha by’icuruzwa ry’abantu, umuyobozo wa Police mu karere ka Rusizi SSP Gaston Karagire  yababwiye ko imiterere y’ikirwa cyabo ndeste n’imibereho yabo ahanini ishingiye ku gushakishiriza mu mazi bashobora gushiduka bajyanywe mu ruhererekane rw’ibikorwa by’icuruzwa ry’abantu.

DPC Karagire ati “Abantu benshi bashaka kwambuka bajya muri DRC,Burundi bambukira hano. Akenshi umuntu ubambutsa abakura cangwa abajyana hakurya abari umunyenkombo. Murabizi ko ari uko bimeze hari n’abo dufite hariya. Iyo abajyanye mu by’ukuri ntabwo aba azi aho abajyanye icyo apfa ni uko yishyurwa. Ubwo ntashobora kwinjira mu bucuruzi bw’abantu atabizi?.

Iyo ni imwe mu mpamvu umurenge wa Nkombo washyizwe mu mirenge itanu urwego rw’ubugenzacyaha n’abafatanyabikorwa barwo bamaze icyumweru bigisha abaturage ku cyaha cy’icuruzwa ry’abantu ndeste no kukirinda kuko ku ruhande rumwe hari abaturage bo kuri iki kirwa bavuga ko batari bazi ko habaho icuruzwa ry’abantu.

Nyirabazungu Valencie wo mu kagari ka Kamagimbo avuga ko ari ubwa mbere y’umvise ko bishoboka ko umuntu yacuruzwa akajyanwa iyo atazi, ariko ko nyuma yo gusobanukirwa ubu bidashobora kumubaho cyangwa ngo bebe ku mwana we.

Agira ati “None ni bwo numvise ko abantu  bacuruzwa, numvise n’ubuhamya bw’uwacurujwe. Tugiye kubwira abana ahubwo birinde abo bantu bashobora kubabeshya ngo bagiye kubaha akazi, kuko tumaze kumenya ko bajya babacuruza”.

Ntirenganya Jean Claude ushinzwe kurwanya ibyaha mu rwego rw’ubugenzacyaha wahaye abaturage bo ku Nkombo  inyigisho ku cyaha cy’icuruzwa ry’abantu ndetse n’uruhererekane rw’ibikorwa biganisha kuri cyo , yasabye abakorera mu mazi kuba maso kugira ngo badashiduka bakoranye n’abari mu bugizi bwa nabi.

Agira ati “Hakorerwa ingendo nyinshi zitandukanye. Ari abahinjira ari abahasohoka, ari abo bafasha muri izongendo z’amazi kuko bakoresha amazi kenshi, Bashobora rero no guhura n’abari mu bugizi bwa nabi turi ho tuvuga na cyane cyane ko hari ingero zigiye zifatika z’abana bavanwa hano b’abasore ngo bagiye gukora imirimo izabateza imbere mu gihugu cy’abaturanyi rimwe na rimwe batazi ko ari yo mirimo koko bagiye gukoreshwa”.

Urwego rw’ubugenzacyaha rukomeza ruvuga ko ibikorwa byose biganisha ku icuruzwa ry’abantu birimo gutwara umuntu uri kwerekezwa ku gucuruzwa, ku mucumbikira n’ibindi bitandukanye bigize icyaha kandi bihanwa n’amategeko.

Umuntu uhamijwe n’urukiko icyaha cyo gucuruza umuntu amwambukije umupaka, gihanishwa igifungo cy’imyaka iri hagati ya 20 na 25 ndeste n’ihazabu ya miriyoni 20 cyangwa 25 z’amafaranga y’u Rwanda.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fourteen =

Previous Post

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

Next Post

Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

Rurangiranwa Lionel Messi muri 'White House', Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.