Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Yabuze amafaranga yo kwishyura indaya bararanye ashaka kumuha isambaza, iti “nzazishyura inzu se?”

radiotv10by radiotv10
26/07/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Yabuze amafaranga yo kwishyura indaya bararanye ashaka kumuha isambaza, iti “nzazishyura inzu se?”
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo ukora akazi k’uburobyi mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, yararanye n’umukobwa wicuruza, abura amafaranga yo kumwishyura, amubwira ko yayasimbuza ikilo cy’isambaza, undi abitera utwatsi.

Ibi byabereye ahazwi nko ku Ryakane mu Mudugudu wa Mbagira mu Kagari ka Kamashangi mu Murenge wa Kamembe, aho umugabo wari wararanye n’umukobwa bivugwa ko yigurisha, yari yashagawe n’abaturage nyuma yo kubura ubwishyu.

Uyu mukobwa yabwiye RADIOTV10 ko uyu mugabo bari bemeranyijwe ko aza kumwishyura 3 000 Frw ariko akaza kuyabura ahubwo akamukinga inoti y’amadolari y’impimbano.

Ati “Yayampaye nyereka abantu, baramubwira ngo ‘taha’ arabyanga, niba yari yaryohewe simbizi…nibwo mbajije abantu nti ‘ese aya mafaranga avunje angahe?’ nyeretse abantu, ahita ayanyaka ahita ayaca”

Abaturage baba mu gipangu kimwe n’uyu mukobwa banabonye iyi note bavuga ko ari inkorano, ndetse ko ari na byo byatumye uyu mugabo yahise ayica kuko yangaga ko bamutahura bikaba byamukoraho.

Umwe ati “Ni igipapuro gishushanyijeho rimwe, twayabonye, umujinya uramwica ahita agicagagura akijugunya mu musarani.”

Yamusabye kugenda bakamuha ikilo cy’isambaza undi arabyanga

Umunyamakuru wacu wageze aha uyu mukobwa ndetse n’abaturanyi be bari kwishyuza uyu mugabo, yari yabuze ayo acira n’ayo amira ariko akanyuzamo agasa nk’uwihagazeho atera ubwoba uwo bari bararanye amubwira ko yamukubita.

Bamwe mu baturage, babwiye uyu mugabo yareba ikintu aha uyu mukobwa cyasimbura amafaranga yari yamwemereye.

Ahita agira ati “Tugende baguhe ikilo cy’isambaza.” Umukobwa ahita agira ati “Ikilo cy’isambaza se nyabaki, isambaza se nzazishyura nyiri inzu. Urayampa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kamashangi Ndorimana Jean d’Amour avuga ko iki kibazo bakimenye ndetse ko ku bufatanye bw’abaturage n’ubuyobozi bw’Umudugudu, bumvikanishije uyu mukobwa n’uyu mugabo, akemera ko aza kumwishyura.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + eighteen =

Previous Post

Perezida Kagame yahagarariwe na Biruta mu nama yabereye muri DRCongo

Next Post

Icyo Tshisekedi yavuze ku Rwanda na DRC mu nama Biruta yahagarariyemo Perezida Kagame

Related Posts

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

Once considered a forgotten and underdeveloped place, the hills of Kibali, in Rwanda's Gicumbi District, are now a symbol of transformation...

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

IZIHERUKA

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza
MU RWANDA

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

29/07/2025
Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

28/07/2025
BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Tshisekedi yavuze ku Rwanda na DRC mu nama Biruta yahagarariyemo Perezida Kagame

Icyo Tshisekedi yavuze ku Rwanda na DRC mu nama Biruta yahagarariyemo Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.