Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Russia&Ukraine: Intambara yatangiye, Putin yarubiye, UN yatanze gasopo…Biragarukira he?

radiotv10by radiotv10
24/02/2022
in MU RWANDA
0
Russia&Ukraine: Intambara yatangiye, Putin yarubiye, UN yatanze gasopo…Biragarukira he?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Perezida Vladimir Putin atangirije ibikorwa bya gisirikare muri Ukraine, mu murwa mukuru wa Ukraine, i Kyiv no mu bindi bice by’iki Gihugu, hatangiye kumvikana urusaku rw’amasasu, gusa amahanga akomeje gusaba Putin guhagarika ibi bikorwa mu gihe we yavuze ko umwitambika bitari bumugwe amahoro.

Ibi bifaru by’Igisirikare cy’u Burusiya byoherejwe i Kyiv mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, nyuma y’ijambo rya Perezida Putin yatambukije kuri Televiziyo y’Igihugu ko ubu Igihugu cye kinjiye mu ntambara ku mugaragaro.

Ibira Ntaramakuru by’Abafaransa AFP ndetse n’ibindi bitangazamakuru mpuzamahanga, byatangaje ko nyuma y’iri jambo, mu murwa mukuru wa Ukraine i Kyiv ndetse no mu mujyi wa Kharkiv hatangiye kumvikana urusaku rw’amasasu.

Gusa ibihugu binyuranye n’imiryango mpuzamahanga yo yahise ikomakoma, ibuza Putin gutangiza intambara muri Ukraine.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yanyujije ubutumwa kuri Twitter, bw’amashusho asaba Putini guhagarika ibi bikorwa.

Mu butumwa yabanje gutambutsa, António Guterres yagize ati “Ikintu kimwe nshaka kuvuga giturutse ku ndiba y’umutima wanjye, Perezida Putin hagarika ibitero byawe byibasira Ukraine. Ha amahoro amahirwe. Abantu benshi bamaze gupfa.”

Nyuma y’ubu butumwa busa nk’ubutegeka, António Guterres yongeye gutanga ubutumwa agira ati “Bitewe n’ibiri kuba, nemeye guhindura ubusabe bwanjye: Perezida Putin mu izina ry’ikiremwamuntu, gerageza gusubiza ingabo zawe mu Burusiya. Aya makimbirane agomba guhagarara aka kanya.”

Perezida Putin we yari yatangaje ko Igihugu cye gifite impamvu zo gukora ibi bikorwa byo gutangiza ibitero muri Ukraine, ashinja Ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika gukomeza kurenza ingohe icyifuzo cye cyo kutemerera Ukraine kujya muri NATO.

Perezida Putin uvuga ko adafite gahunda yo kwigarurira Ukraine ahubwo ko arambiwe imyitwarire yayo, akavuga ko ugerageza kumwitambika muri ibi bitero, na we bitamugwa amahoro.

 

Abakomeye ku Isi baravuga iki?

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky na we yemeje ko u Burusiya bwatangije intambara mu Gihugu cye, ndetse igisirikare cy’iki Gihugu cyatangiye kurasa misile ku bikorwa remezo bya Ukraine no ku mipaka.

Uku kurasa ku mipaka, bigaragaza ko u Burusiya bwatangiye ubwirinzi budasanzwe bwo guhangana n’ikindi Gihugu cyose cyagerageza kumukoma imbere muri ibi bikorwa bya Gisirikare.

Uruganda rukomeye rw’Abafaransa rwa Bourse de Paris rusanzwe rufite ibikorwa byinshi mu Burusiya biri mu byagizweho ingaruka n’ibi bisasu.

Perezida Emmanuel yatangaje ko yababajwe n’icyemezo cy’u Burusiya cyo gutangiza intambara muri Ukraine, asaba ko iki Gihugu gihagarika ibi bikorwa bya Gisirikare.

Mu butumwa yatambukije kuri Twitter, Macron yakomeje agira ati “U Bufaransa bwifatanyije na Ukraine. Kandi buri ku ruhande rw’Abanya-Ukraine kandi ko buzafatanya na bo mu guhosha iyi ntambara.”

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yavuze ko u Burusiya bugomba kwirengera ingaruka z’ibi bikorwa bihitana ubuzima bw’abantu binasenya.

Ati “Kandi Leta Zunze Ubumwe za Ameica n’inshuti zayo n’abafatanyabikorwa bayo turagira icyo dukora dushyize hamwe. Isi izaba inyuma y’u Burusiya.”

Yakomeje agira ati “Amasengesho y’Isi ari inyuma y’abanya-Ukraine iri joro mu gihe bari guhura n’akaga batagizemo uruhare kandi kadafitiwe impamvu k’ibitero by’Igisirikare cy’u Burusiya .”

Perezida Biden yakomeje avuga ko mugenzi we Perezida Putin yafashe umwanzuro udakwiye kandi ko iyi ntambara izamuteza igihombo kidasanzwe.

Abasesenguzi bavuga ko iyi ntambara ishobora kugira ubukana budasanzwe kuko ishobora kwinjirwamo n’Ibihugu bikomeye ku Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 15 =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye yagiye muri Congo mu nama ikomeye

Next Post

Muhoozi yemeje ko mu mezi 3 UPDF imaze kwivugana ibyihebe 1.000

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yemeje ko mu mezi 3 UPDF imaze kwivugana ibyihebe 1.000

Muhoozi yemeje ko mu mezi 3 UPDF imaze kwivugana ibyihebe 1.000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.