Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Russia&Ukraine: Intambara yatangiye, Putin yarubiye, UN yatanze gasopo…Biragarukira he?

radiotv10by radiotv10
24/02/2022
in MU RWANDA
0
Russia&Ukraine: Intambara yatangiye, Putin yarubiye, UN yatanze gasopo…Biragarukira he?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Perezida Vladimir Putin atangirije ibikorwa bya gisirikare muri Ukraine, mu murwa mukuru wa Ukraine, i Kyiv no mu bindi bice by’iki Gihugu, hatangiye kumvikana urusaku rw’amasasu, gusa amahanga akomeje gusaba Putin guhagarika ibi bikorwa mu gihe we yavuze ko umwitambika bitari bumugwe amahoro.

Ibi bifaru by’Igisirikare cy’u Burusiya byoherejwe i Kyiv mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, nyuma y’ijambo rya Perezida Putin yatambukije kuri Televiziyo y’Igihugu ko ubu Igihugu cye kinjiye mu ntambara ku mugaragaro.

Ibira Ntaramakuru by’Abafaransa AFP ndetse n’ibindi bitangazamakuru mpuzamahanga, byatangaje ko nyuma y’iri jambo, mu murwa mukuru wa Ukraine i Kyiv ndetse no mu mujyi wa Kharkiv hatangiye kumvikana urusaku rw’amasasu.

Gusa ibihugu binyuranye n’imiryango mpuzamahanga yo yahise ikomakoma, ibuza Putin gutangiza intambara muri Ukraine.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yanyujije ubutumwa kuri Twitter, bw’amashusho asaba Putini guhagarika ibi bikorwa.

Mu butumwa yabanje gutambutsa, António Guterres yagize ati “Ikintu kimwe nshaka kuvuga giturutse ku ndiba y’umutima wanjye, Perezida Putin hagarika ibitero byawe byibasira Ukraine. Ha amahoro amahirwe. Abantu benshi bamaze gupfa.”

Nyuma y’ubu butumwa busa nk’ubutegeka, António Guterres yongeye gutanga ubutumwa agira ati “Bitewe n’ibiri kuba, nemeye guhindura ubusabe bwanjye: Perezida Putin mu izina ry’ikiremwamuntu, gerageza gusubiza ingabo zawe mu Burusiya. Aya makimbirane agomba guhagarara aka kanya.”

Perezida Putin we yari yatangaje ko Igihugu cye gifite impamvu zo gukora ibi bikorwa byo gutangiza ibitero muri Ukraine, ashinja Ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika gukomeza kurenza ingohe icyifuzo cye cyo kutemerera Ukraine kujya muri NATO.

Perezida Putin uvuga ko adafite gahunda yo kwigarurira Ukraine ahubwo ko arambiwe imyitwarire yayo, akavuga ko ugerageza kumwitambika muri ibi bitero, na we bitamugwa amahoro.

 

Abakomeye ku Isi baravuga iki?

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky na we yemeje ko u Burusiya bwatangije intambara mu Gihugu cye, ndetse igisirikare cy’iki Gihugu cyatangiye kurasa misile ku bikorwa remezo bya Ukraine no ku mipaka.

Uku kurasa ku mipaka, bigaragaza ko u Burusiya bwatangiye ubwirinzi budasanzwe bwo guhangana n’ikindi Gihugu cyose cyagerageza kumukoma imbere muri ibi bikorwa bya Gisirikare.

Uruganda rukomeye rw’Abafaransa rwa Bourse de Paris rusanzwe rufite ibikorwa byinshi mu Burusiya biri mu byagizweho ingaruka n’ibi bisasu.

Perezida Emmanuel yatangaje ko yababajwe n’icyemezo cy’u Burusiya cyo gutangiza intambara muri Ukraine, asaba ko iki Gihugu gihagarika ibi bikorwa bya Gisirikare.

Mu butumwa yatambukije kuri Twitter, Macron yakomeje agira ati “U Bufaransa bwifatanyije na Ukraine. Kandi buri ku ruhande rw’Abanya-Ukraine kandi ko buzafatanya na bo mu guhosha iyi ntambara.”

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yavuze ko u Burusiya bugomba kwirengera ingaruka z’ibi bikorwa bihitana ubuzima bw’abantu binasenya.

Ati “Kandi Leta Zunze Ubumwe za Ameica n’inshuti zayo n’abafatanyabikorwa bayo turagira icyo dukora dushyize hamwe. Isi izaba inyuma y’u Burusiya.”

Yakomeje agira ati “Amasengesho y’Isi ari inyuma y’abanya-Ukraine iri joro mu gihe bari guhura n’akaga batagizemo uruhare kandi kadafitiwe impamvu k’ibitero by’Igisirikare cy’u Burusiya .”

Perezida Biden yakomeje avuga ko mugenzi we Perezida Putin yafashe umwanzuro udakwiye kandi ko iyi ntambara izamuteza igihombo kidasanzwe.

Abasesenguzi bavuga ko iyi ntambara ishobora kugira ubukana budasanzwe kuko ishobora kwinjirwamo n’Ibihugu bikomeye ku Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 9 =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye yagiye muri Congo mu nama ikomeye

Next Post

Muhoozi yemeje ko mu mezi 3 UPDF imaze kwivugana ibyihebe 1.000

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuganda is one of Rwanda’s strongest traditions. It brings people together every last Saturday of the month to clean, build,...

IZIHERUKA

Uncategorized

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yemeje ko mu mezi 3 UPDF imaze kwivugana ibyihebe 1.000

Muhoozi yemeje ko mu mezi 3 UPDF imaze kwivugana ibyihebe 1.000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.