Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Russia&Ukraine: Intambara yatangiye, Putin yarubiye, UN yatanze gasopo…Biragarukira he?

radiotv10by radiotv10
24/02/2022
in MU RWANDA
0
Russia&Ukraine: Intambara yatangiye, Putin yarubiye, UN yatanze gasopo…Biragarukira he?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Perezida Vladimir Putin atangirije ibikorwa bya gisirikare muri Ukraine, mu murwa mukuru wa Ukraine, i Kyiv no mu bindi bice by’iki Gihugu, hatangiye kumvikana urusaku rw’amasasu, gusa amahanga akomeje gusaba Putin guhagarika ibi bikorwa mu gihe we yavuze ko umwitambika bitari bumugwe amahoro.

Ibi bifaru by’Igisirikare cy’u Burusiya byoherejwe i Kyiv mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, nyuma y’ijambo rya Perezida Putin yatambukije kuri Televiziyo y’Igihugu ko ubu Igihugu cye kinjiye mu ntambara ku mugaragaro.

Ibira Ntaramakuru by’Abafaransa AFP ndetse n’ibindi bitangazamakuru mpuzamahanga, byatangaje ko nyuma y’iri jambo, mu murwa mukuru wa Ukraine i Kyiv ndetse no mu mujyi wa Kharkiv hatangiye kumvikana urusaku rw’amasasu.

Gusa ibihugu binyuranye n’imiryango mpuzamahanga yo yahise ikomakoma, ibuza Putin gutangiza intambara muri Ukraine.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yanyujije ubutumwa kuri Twitter, bw’amashusho asaba Putini guhagarika ibi bikorwa.

Mu butumwa yabanje gutambutsa, António Guterres yagize ati “Ikintu kimwe nshaka kuvuga giturutse ku ndiba y’umutima wanjye, Perezida Putin hagarika ibitero byawe byibasira Ukraine. Ha amahoro amahirwe. Abantu benshi bamaze gupfa.”

Nyuma y’ubu butumwa busa nk’ubutegeka, António Guterres yongeye gutanga ubutumwa agira ati “Bitewe n’ibiri kuba, nemeye guhindura ubusabe bwanjye: Perezida Putin mu izina ry’ikiremwamuntu, gerageza gusubiza ingabo zawe mu Burusiya. Aya makimbirane agomba guhagarara aka kanya.”

Perezida Putin we yari yatangaje ko Igihugu cye gifite impamvu zo gukora ibi bikorwa byo gutangiza ibitero muri Ukraine, ashinja Ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika gukomeza kurenza ingohe icyifuzo cye cyo kutemerera Ukraine kujya muri NATO.

Perezida Putin uvuga ko adafite gahunda yo kwigarurira Ukraine ahubwo ko arambiwe imyitwarire yayo, akavuga ko ugerageza kumwitambika muri ibi bitero, na we bitamugwa amahoro.

 

Abakomeye ku Isi baravuga iki?

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky na we yemeje ko u Burusiya bwatangije intambara mu Gihugu cye, ndetse igisirikare cy’iki Gihugu cyatangiye kurasa misile ku bikorwa remezo bya Ukraine no ku mipaka.

Uku kurasa ku mipaka, bigaragaza ko u Burusiya bwatangiye ubwirinzi budasanzwe bwo guhangana n’ikindi Gihugu cyose cyagerageza kumukoma imbere muri ibi bikorwa bya Gisirikare.

Uruganda rukomeye rw’Abafaransa rwa Bourse de Paris rusanzwe rufite ibikorwa byinshi mu Burusiya biri mu byagizweho ingaruka n’ibi bisasu.

Perezida Emmanuel yatangaje ko yababajwe n’icyemezo cy’u Burusiya cyo gutangiza intambara muri Ukraine, asaba ko iki Gihugu gihagarika ibi bikorwa bya Gisirikare.

Mu butumwa yatambukije kuri Twitter, Macron yakomeje agira ati “U Bufaransa bwifatanyije na Ukraine. Kandi buri ku ruhande rw’Abanya-Ukraine kandi ko buzafatanya na bo mu guhosha iyi ntambara.”

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yavuze ko u Burusiya bugomba kwirengera ingaruka z’ibi bikorwa bihitana ubuzima bw’abantu binasenya.

Ati “Kandi Leta Zunze Ubumwe za Ameica n’inshuti zayo n’abafatanyabikorwa bayo turagira icyo dukora dushyize hamwe. Isi izaba inyuma y’u Burusiya.”

Yakomeje agira ati “Amasengesho y’Isi ari inyuma y’abanya-Ukraine iri joro mu gihe bari guhura n’akaga batagizemo uruhare kandi kadafitiwe impamvu k’ibitero by’Igisirikare cy’u Burusiya .”

Perezida Biden yakomeje avuga ko mugenzi we Perezida Putin yafashe umwanzuro udakwiye kandi ko iyi ntambara izamuteza igihombo kidasanzwe.

Abasesenguzi bavuga ko iyi ntambara ishobora kugira ubukana budasanzwe kuko ishobora kwinjirwamo n’Ibihugu bikomeye ku Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − one =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye yagiye muri Congo mu nama ikomeye

Next Post

Muhoozi yemeje ko mu mezi 3 UPDF imaze kwivugana ibyihebe 1.000

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yemeje ko mu mezi 3 UPDF imaze kwivugana ibyihebe 1.000

Muhoozi yemeje ko mu mezi 3 UPDF imaze kwivugana ibyihebe 1.000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.