Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Ibyumvikana nk’amahirwe mu buhinzi bw’umuceri byazanye imbogamizi

radiotv10by radiotv10
28/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Ibyumvikana nk’amahirwe mu buhinzi bw’umuceri byazanye imbogamizi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo cyo mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko imashini zigosora umusaruro wabo zidahagije kuko biyongereye, ku buryo hari ababura uko bagosora bikaba byanatuma hari umusaruro wangirika.

Ni ikibazo gitakwa cyane n’abahinzi bagize Koperative CORICYA, babwiye RADIOTV10 ko igihe babonye umusaruro mwinshi, bibagora kubona imashini zo kugosora, kuko abakora ubu buhinzi biyongereye.

Nsengumuremyi Felix yagize ati “Imashini ni nke. Dufite abanyamuryango benshi, iyo turamutse dusaruye tugasarurira rimwe turi nk’abantu mirongo itatu, kugosora biratugora.”

Undi muhinzi witwa Nshimiyimana Jean de Dieu avuga ko hari n’umusaruro wa bamwe wangirika kubera iki kibazo cyo kutabonera ku gihe imashini zo kugosora.

Ati “Kwa kundi tuba twumishije umuceri urunze imvura iragwa dutegereje ko abandi barangiza kugosora ugasanga imvura irawunyagiye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab avuga hari byinshi Leta ifasha aya makoperative birimo guhabwa imbuto, ariko ko n’iki kibazo bazamuye bagiye kureba icyo bagikoraho.

Ati “Leta hari ibyinshi ishyiramo imbaraga nk’imbuto nziza barayibaha, ifumbire barayibaha kuri nkunganire. Wenda icyo twakora ni ubuvugizi buvuga ngo buri bya bindi bijyamo nkunganire dore ko harimo imashini zuhira habe haziyongeraho n’imashini zihura umuceri.”

Yakomeje agira ati “Mu gihe zitaraboneka na bo bakwiye kumva ko kuri ya nyungu bungutse hari icyo bagomba gukuraho bakagira ibibazo bicye bicye bagomba gukemura.”

Abahinzi barenga 300 ni bo bakoresha imashini zigera kuri inye (4), hakaba n’izapfuye zitagikora, ku buryo bavuga ko zikenewe kongerwa.

Aba bahinzi b’umuceri bavuga ko kubona imashini igosora byabaye ihurizo

Bavuga ko hari igihe umuceri unangirika
Ngo imashini imwe iba ikenewe na benshi
Ikibazo ngo hari n’izapfuye

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − two =

Previous Post

UPDATE: RDF yatangaje umubare w’Abanyarwanda bitabye Imana bazize ibisasu byarashwe mu Rwanda biturutse muri Congo

Next Post

Hatangajwe impamvu Tshisekedi atitabira inama idasanzwe ya EAC yiga ku bibazo by’Igihugu cye

Related Posts

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe impamvu Tshisekedi atitabira inama idasanzwe ya EAC yiga ku bibazo by’Igihugu cye

Hatangajwe impamvu Tshisekedi atitabira inama idasanzwe ya EAC yiga ku bibazo by’Igihugu cye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.