Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Ibyumvikana nk’amahirwe mu buhinzi bw’umuceri byazanye imbogamizi

radiotv10by radiotv10
28/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Ibyumvikana nk’amahirwe mu buhinzi bw’umuceri byazanye imbogamizi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo cyo mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko imashini zigosora umusaruro wabo zidahagije kuko biyongereye, ku buryo hari ababura uko bagosora bikaba byanatuma hari umusaruro wangirika.

Ni ikibazo gitakwa cyane n’abahinzi bagize Koperative CORICYA, babwiye RADIOTV10 ko igihe babonye umusaruro mwinshi, bibagora kubona imashini zo kugosora, kuko abakora ubu buhinzi biyongereye.

Nsengumuremyi Felix yagize ati “Imashini ni nke. Dufite abanyamuryango benshi, iyo turamutse dusaruye tugasarurira rimwe turi nk’abantu mirongo itatu, kugosora biratugora.”

Undi muhinzi witwa Nshimiyimana Jean de Dieu avuga ko hari n’umusaruro wa bamwe wangirika kubera iki kibazo cyo kutabonera ku gihe imashini zo kugosora.

Ati “Kwa kundi tuba twumishije umuceri urunze imvura iragwa dutegereje ko abandi barangiza kugosora ugasanga imvura irawunyagiye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab avuga hari byinshi Leta ifasha aya makoperative birimo guhabwa imbuto, ariko ko n’iki kibazo bazamuye bagiye kureba icyo bagikoraho.

Ati “Leta hari ibyinshi ishyiramo imbaraga nk’imbuto nziza barayibaha, ifumbire barayibaha kuri nkunganire. Wenda icyo twakora ni ubuvugizi buvuga ngo buri bya bindi bijyamo nkunganire dore ko harimo imashini zuhira habe haziyongeraho n’imashini zihura umuceri.”

Yakomeje agira ati “Mu gihe zitaraboneka na bo bakwiye kumva ko kuri ya nyungu bungutse hari icyo bagomba gukuraho bakagira ibibazo bicye bicye bagomba gukemura.”

Abahinzi barenga 300 ni bo bakoresha imashini zigera kuri inye (4), hakaba n’izapfuye zitagikora, ku buryo bavuga ko zikenewe kongerwa.

Aba bahinzi b’umuceri bavuga ko kubona imashini igosora byabaye ihurizo

Bavuga ko hari igihe umuceri unangirika
Ngo imashini imwe iba ikenewe na benshi
Ikibazo ngo hari n’izapfuye

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + twenty =

Previous Post

UPDATE: RDF yatangaje umubare w’Abanyarwanda bitabye Imana bazize ibisasu byarashwe mu Rwanda biturutse muri Congo

Next Post

Hatangajwe impamvu Tshisekedi atitabira inama idasanzwe ya EAC yiga ku bibazo by’Igihugu cye

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe impamvu Tshisekedi atitabira inama idasanzwe ya EAC yiga ku bibazo by’Igihugu cye

Hatangajwe impamvu Tshisekedi atitabira inama idasanzwe ya EAC yiga ku bibazo by’Igihugu cye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.