Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Icyo ubuyobozi bwakoreye mu isambu y’umuturage cyongeye kuzamura impaka

radiotv10by radiotv10
09/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Icyo ubuyobozi bwakoreye mu isambu y’umuturage cyongeye kuzamura impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyamuryango ba Koperative Isuka Irakiza ikorera mu gishanga cya Kavura mu Karere ka Rwamagana, bari mu gihirahiro ku bwanikiro babwirwa ko bubakiwe n’Akarere ariko bukaba mu isambu y’umuturage ubagora. 

Mu mwaka wa 2021 ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwubatse ubwanikiro mu isambu ya Ngabonziza Egide wayoboraga Koperative Isuka Irakiza mu gishanga cya Kavura kiri hagati y’Umurenge wa Gishari n’uwa Muhazi.

Icyo gihe byatangiye guteza impagarara kubera ko abanyamuryango bakomeje gukenera kwanikamo umusaruro bakabangamirwa no kuba Ngabonziza yarabwiraga ko kuvanga ibigori bisanzwe n’ibituburano ngo bidakunda.

Aba baturage bavuga ko Akarere kakoze amakosa yo kububakira ubu bwanikiro mu butaka butari ubwabo bikabatera impungenge.

Umwe yagize ati “Twagerageje kujya tubibaza, bagenda badusobanurira ko ubwanikiro ari ubwacu ariko twababaza ibimenyetso byerekana ko ari ubwacu mu gihe bibaye ngombwa bakakibura. Tukumva ari akarengane kuko nk’abanyamuryango ntabwo tubugiraho uburenganzira.”

Undi na we yagize ati “Koperative iramutse isenyutse ba banyamuryango bari abayobozi bigwijeho bya bintu cyangwa aramutse abugurishije nta nyungu twabibonamo.”

Aba banyamuryango ba Koperative bavuga ko ubuyobozi bwabubakira ubundi bwanikiro mu butaka bwa Koperative hanyuma na Ngabonziza akagumana ubwanikiro bwe nk’uko bwubatswe mu isambu ye.

Ngabonziza Egide wigeze kuba umuyobozi w’iyi Koperative Isuka Irakiza, avuga ko byose byakozwe n’Akarere ari nako kabibazwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yamenyesheje RADIOTV10 ko iki kibazo atari akizi.

Mu butumwa yandikiye umunyamakuru, yagize ati “Nta makuru mfite. Biransaba kuyashaka. Nawe uyafite wayampa nkakurikirana.”

Abanyamuryango b’iyi Koperative bavuga ko hari ubundi bwanikiro nabwo bwubatswe mu isambu ya Perezida w’iyi Koperative uriho ubu, bakavuga ko bitari bikwiye ko ubwanikiro bwa Koperative bwubakwa mu masambu y’abayobozi kandi hari ubutaka bwa Koperarive buhagije.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 13 =

Previous Post

Rutahizamu uri mu batazibagirana muri ruhago yiniguye asobanura ibyamuvuzweho byazamuye impaka

Next Post

Ibijya gushya birashyuha: Iby’ingenzi byo kwibuka ku mutoza watandukanye na Rayon bitunguranye

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibijya gushya birashyuha: Iby’ingenzi byo kwibuka ku mutoza watandukanye na Rayon bitunguranye

Ibijya gushya birashyuha: Iby’ingenzi byo kwibuka ku mutoza watandukanye na Rayon bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.