Monday, May 19, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rutahizamu uri mu batazibagirana muri ruhago yiniguye asobanura ibyamuvuzweho byazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
07/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rutahizamu uri mu batazibagirana muri ruhago yiniguye asobanura ibyamuvuzweho byazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu Zlatan Ibrahimovic uri mu beza Isi yagize, akaba aherutse gusezerera ruhago, yavuze byinshi ku rugendo rwe rwa ruhago, n’impamvu atakiniye Arsenal, imwe mu makipe akomeye i Burayi yamwifuje cyane.

Uyu rutahizamu w’Umunya-Swede uherutse guhagarika gukina umupira mu mwaka w’imikino ushize ubwo yari agejeje imyaka 41, yanyuze mu makipe hafi ya yose akomeye mu Burayi harimo Ajax, Inter Milan, Ac Milan, Fc Barcelona, PSG na Manchester United.

Muri aya makipe yose yayasizemo amateka akomeye cyane n’ubu akibukwa cyane. Ariko se? Ni iki cyatumye adakinira Arsenal nyamara ari yo yamubengutse mbere y’andi makipe yose akiri iwabo mu ikipe ya Malmo FF.

Ubwo uyu mugabo w’imyaka 42 yari afite imyaka 17, umutoza Arsene Wenger watozaga Arsenal yatumyeho Zlatan kugiran go barangizanye ibijyanye no kumusinyisha, yari yamuteguriye Numero 9 agomba kwambara yanditse “Ibrahimovic”.

Mu kiganiro Zlatan aheruka kugirana na Piers Morgan (umufana ukomeye wa Arsenal), uyu mugabo yasabye Zlatan Ibrahimovic ko yasobanura icyishe amahirwe yo gukinira Arsenal mu myaka ye micye kandi icyo gihe iyi kipe yari imwe mu makipe akomeye i Burayi ndetse atinyitse.

Zlatan yagize ati “Ubwo nari muto amakipe menshi yaranshakaga harimo n’iyo Arsenal, naje mu biro bya Arsene Wenger kandi byari byiza cyane kuko nahuye n’abakinnyi b’ibyamamare cyane icyo gihe bari bakomeye mu Isi, barimo Dennis Berkamp, Thierry Henry, nabonye Freddie Ljumberg, Patrick Vierra mbega bari benshi cyane, ndangije ndavuga nti ‘nanjye ubu ngeze ku rwego rukomeye cyane kuko aba bakinnyi nabarebaga kuri Televiziyo nubwo nanjye nakinaga ku rwego rwo hejuru muri Swede iwacu.”

Zlatan yakomeje agira ati “Ninjiye mu biro bya Wenger arandeba arambaza ati ‘urifuza iki?’ Ntekereza ko yashakaga kumenya no kunsobanukirwa neza kugira ngo amenye umukinnyi agiye kugura uwo ari we, twaganiriyeho gato hanyuma ahita afata umupira wa Arsenal wanditseho izina ryanjye na nimero 9 arawumpa, ndawambara baranamfotora. Yahise ambwira ati ‘turifuza ko waza hano muri Arsenal ugakora igeragezwa ry’ibyumweru bibiri’.”

Akomeza ati “Ibintu byose byari byiza kugeza avuze iryo jambo, narahindukiye ndamureba birumvikana we yari umuntu wubashywe, kandi njye ntacyo nari cyo, naramurebye mu maso ndamubwira nti ‘sinjya nkoreshwa igeragezwa’ yahise ambaza ati ‘ushatse kuvuga iki?’

Ndongera mbimusubiriramo neza nti ‘sinjya nkora igeragezwa, waba unshaka cyangwa se utanshaka ntabyo nakora, ubundi se kuki ndi hano?’ Arongera aravuga ati ‘nyamara ushatse waza ugakora iryo gerageza’, nahise muhakanira nivuye inyuma ko ntabikora. Ngiyo impamvu ntigeze njya muri Arsenal.”

Nyuma y’uko ibyo kujya muri Arsenal bipfuye, urugendo rwa Zlatan Ibrahimovic mu mupira w’amaguru mu Burayi rwabaye runini cyane none ubu yibukwa nk’umukinnyi umwe mu beza babayeho, we yiyita intare.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Icyo RDF yaganirije abahagarariye Ingabo mu Rwanda barimo ab’Igisirikare cya USA, Russia, UK

Next Post

Rwamagana: Icyo ubuyobozi bwakoreye mu isambu y’umuturage cyongeye kuzamura impaka

Related Posts

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

by radiotv10
19/05/2025
0

Nyuma yuko umukino wahuzaga ikipe ya Rayon Sports na Bugesera FC muri Shampiyona y’u Rwanda uhagaze utarangiye kubera ikibazo cy’umutekano...

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
16/05/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahagaritse Ndayishimiye Eric Bakame usanzwe ari umutoza w’Abanyezamu, ndetse na Peter Otema wongerera ingufu Abakinnyi, habura...

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

by radiotv10
16/05/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate wigeze kuyobora ikipe ya Rayon Sports, yahakanye inkuru yacuzwe n’umuntu utazwi, ivuga ko agiye kugura Sitade Amahoro,...

Dore ibikubiye mu ibaruwa yo gutakamba iturutse mu bakinnyi ba Rayon WFC

Dore ibikubiye mu ibaruwa yo gutakamba iturutse mu bakinnyi ba Rayon WFC

by radiotv10
16/05/2025
0

Abakinnyi b’Ikipe ya Rayon Sports WFC banditse ibaruwa yo ‘Gutakamba’ basaba ubuyobozi bw’iyi kipe kubahemba imishahara y’amezi butabishyuye no kubaha...

FC Barcelona yahiriwe n’umwaka w’imikino byarangiye ihagurukije mucyeba wayo ku ntebe y’icyubahiro

FC Barcelona yahiriwe n’umwaka w’imikino byarangiye ihagurukije mucyeba wayo ku ntebe y’icyubahiro

by radiotv10
16/05/2025
0

Ikipe ya FC Barcelone yegukanye ikikombe cya Shampiyona y’Umupira w’Amaguru muri Espagne mu mwaka w’imikino wa 2024-2025, igitwara mucyeba wayo...

IZIHERUKA

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu
IMIBEREHO MYIZA

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

by radiotv10
19/05/2025
0

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

19/05/2025
Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

19/05/2025
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

19/05/2025
Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

19/05/2025
Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

19/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Icyo ubuyobozi bwakoreye mu isambu y’umuturage cyongeye kuzamura impaka

Rwamagana: Icyo ubuyobozi bwakoreye mu isambu y’umuturage cyongeye kuzamura impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.