Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda: Abantu batandatu bahuriye n’ibyago mu masengesho bane bahita bitaba Imana

radiotv10by radiotv10
16/02/2024
in MU RWANDA
0
Rwanda: Abantu batandatu bahuriye n’ibyago mu masengesho bane bahita bitaba Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batandatu bari mu masengesho ahazwi nko ku Giti cy’Ishaba ku musozi uherereye mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke, bakubiswe n’inkuba, bane muri bo bahita bitaba Imana, abandi barakomereka.

Iri sanganya ryabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 15 Gashyantare 2024, ubwo aba bantu barimo bambaza Imana bagiye gusengera ku musozi uherereye mu Mudugudu wa Mutovu mu kagari ka Mirima mu Murenge wa Coko.

Abantu bane bahise bitaba Imana, bajyanywe mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Ruli kugira ngo hanakorwe isuzuma, ndetse n’abakomeretse bakaba bajyanywe muri ibi Bitaro ngo bitabweho n’abaganga.

Inkuba yakubise aba bantu ubwo bari mu masengesho ahazwi nko ku Giti cy’Ishaba hasanzwe hakorerwa amasengesho n’abo mu Itorero rya ADEPR, aho baba bagiye kugira ibyo basaba Imana.

Aya makuru yanemejwe na Vestine Mukandayisenga uyobora Akarere ka Gakenke, wavuze ko abantu bane bahise bitaba Imana, mu gihe abandi babiri bahungabanye barimo uwaguye igihumure undi agakomereka.

Yagize ati “Bari bagiye gusengera mu ishyamba ngo ku Giti cy’Ishaba, bahasanze udukapu twabo na Bibiliya babihavanye.”

Umuyobozi w’Akarere, avuga ko nyuma y’uko aba bantu bakubiswe n’inkuba, abitabye Imana bajyanywe mu Bitaro, kugira ngo imiryango yabo ibanze yitegure kubaherekeza, kandi ko ubuyobozi buzabafasha mu bikorwa byo kubashyingura ku bufatanye na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi MINEMA.

Uyu muyobozi yavuze kandi ko ubuyobozi bugiye kongera imbaraga mu bukangurambaga bugamije kwibutsa abaturage uburyo bwo kwirinda gukubitwa n’inkuba, ndetse hakongerwa n’imirindankuba, ahantu hakunze kwibasirwa cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 8 =

Previous Post

Umuhanzi ukunzwe muri Gospel Nyarwanda ahishuye uko ahagaze mu rukundo 

Next Post

MTN Rwanda izaniye amahirwe abakoresha MoMo y’ibihembo birimo imodoka nshya

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda izaniye amahirwe abakoresha MoMo y’ibihembo birimo imodoka nshya

MTN Rwanda izaniye amahirwe abakoresha MoMo y’ibihembo birimo imodoka nshya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.