Rwanda Premier League itegura Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yasinyanye amasezerano y’imikoranire n’uruganda rwa Skol azamara imyaka 3, buri mwaka rukazajya rutanga Miliyoni 300 Frw.
Bimwe mu bikubiye muri aya masezerano, harimo ko Skol izajya iha Rwanda Premier League arengaho gato Miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda ku mwaka, bivuze ko mu myaka 3 hazatangwa akabakaba Miliyari y’amafaranga y’u Rwanda.
Skol izajya iba yemerewe gucuruza ibinyobwa byayo kuri Stade yabereyeho buri mukino wa shampiyona.
Amakuru ava muri Rwanda Premier League, avuga ko buri kipe izajya itsinda umukino, izajya ihabwa Miliyoni y’amafrw y’u Rwanda, aya masezerano akazatangirana n’umwaka w’imikino wa 2026-2027.
Aya mazezerano Rwanda Premier League isinyanye na Skol, aje nyuma y’ukwezi kumwe hasinywe andi na Banki ya Kigali, aho iyi Banki izatanga agera kuri Miliyari 3 na Miliyoni 250 mu gihe cy’imyaka 5.
Umwaka w’imikino duheruka gusoza, wabonetsemo intsinzi 210 harimo n’iz’amakipe yo mur Sudan, ubwo iyo aya masezerano aza kuba ariho, mur rusange hari gutangwa Miliyoni 210 z’amafrw ku ntsinzi zose zabonetse.
Shampiyona y’u Rwanda y’umwaka utaha, izatangira tariki ya 4 Nzeli 2026, ndetse nta gihindutse amakipe yo muri Sudan akazongera kuyigaragaramo.
Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10






