Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Sadate yivuze imyato nyuma y’uko abakinnyi yazanye muri Rayon bigaragaje mu Mavubi

radiotv10by radiotv10
04/01/2022
in SIPORO
0
Sadate yivuze imyato nyuma y’uko abakinnyi yazanye muri Rayon bigaragaje mu Mavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yagaragaje ko abakinnyi yazanye muri iyi kipe bamuseka barimo umunyezamu Hakizimana Adolphe atabazaniye ubusa kuko bakoze akazi mu ikipe y’Igihugu Amavubi ubwo yatsindaga Guinea 3-0 mu mukino wa gicuti.

Kuri uyu wa Mbere tariki 03 Mutarama 2022 ikipe y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru Amavubi yakinnye umukino wa gicuti na Guinea warangiye u Rwanda rutsinze 3-0 Guinea.

Ni umukino ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yari yiganjemo abataramara igihe kinini bahamagarwa mu Mavubi, yarushijemo Guinea by’umwihariko yerekana impano zidasanzwe za bamwe mu bakinnyi b’u Rwanda.

Umunyezamu Hakizimana Adolphe usanzwe ari uwa Rayon Sports, ni umwe mu bagarutsweho kubera uburyo yagiye akuramo ibitego byabaga byabazwe.

Nyuma y’uyu mukino, abantu batandukanye bagaragaje ko igihe kigeze ngo abakinnyi bakiri bato bahabwa umwanya na bo bakigaragaza.

Mu bagize icyo bavuga barimo Sadate Munyakazi wabaye Perezida wa Rayon Sports wigeze kotswa igitutu ashinjwa gushaka gusenya iyi kipe ifite abakunzi benshi mu Rwanda.

Yagize ati “Umukino w’uyu munsi Amavubi urashimishije, nyuma y’Imyaka ibiri tubengutswe abasore bato ariko bafite impano zidasanzwe (Adolphe na Clement), Mashami Vincent abonye ko bashoboye abaha amahirwe yo kubanza mu kibuga. Abakiri bato barashoboye bahabwe amahirwe bizatanga umusaruro.”

Sadate wasaga nk’ubwira abarimo Abanyamakuru ashinja kugambirira kumwangisha abantu “mushukaga abantu ko nsenye Rayon Sports ko nkinga abantu ibikarito mu maso, mubonye ko zitari impinja nzanye ahubwo narimo gukora Recrutement y’ibyishimo y’Amavubi. N’undi munsi ntimuzongere.”

Yakomeje agira ati “Igihe ni umwarimu utabeshya kuko kigaragaza ukuri n’abantu. Ubu ejo abo mwitaga ibikarito bazitwa Intwari munabeshya uruhare mwabihizemo ngo babe Intwari.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − twelve =

Previous Post

Shampiyona ishobora gusubukurwa vuba…FERWAFA yatumije inama y’igitaraganya

Next Post

Muhanga: Umuntu 1 yaburiwe irengero mu mpanuka y’ubwato 2 bwagonganiye muri Nyabarongo

Related Posts

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma yuko Kiyovu Sports yishyuye amadeni arenga miliyoni 85 Frw yari ifitiye abakinnyi n’abatoza bari barayireze muri FIFA, ubuyobozi bushya...

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

Nyuma yuko Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buhannye Kapiteni w'iyi kipe, Amissi Cédric kubera imyitwarire ye igayitse avugwaho kugaragaza, uyu rutahizamu...

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Uwari mu buyobozi bw’Ikipe ya AS Kigali iherutse kubona ubuyobozi bushya we akaba atabwemera, yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, arusaba...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

by radiotv10
26/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, rwongeye gusesa inzego zose z’Umuryango w’Ikipe ya Rayon Sports, rushyiraho komite y’inzibacyuho iyobowe Murenzi Abdallah, yahawe...

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Umukinnyi w’Umunya-Senegal, Idrissa Gana Gueye ukinira Everton yo mu Bwongereza waherewe ikarita itukura mu mukino wabahuje na Manchester United nyuma...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Umuntu 1 yaburiwe irengero mu mpanuka y’ubwato 2 bwagonganiye muri Nyabarongo

Muhanga: Umuntu 1 yaburiwe irengero mu mpanuka y’ubwato 2 bwagonganiye muri Nyabarongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.