Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Sadate yivuze imyato nyuma y’uko abakinnyi yazanye muri Rayon bigaragaje mu Mavubi

radiotv10by radiotv10
04/01/2022
in SIPORO
0
Sadate yivuze imyato nyuma y’uko abakinnyi yazanye muri Rayon bigaragaje mu Mavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yagaragaje ko abakinnyi yazanye muri iyi kipe bamuseka barimo umunyezamu Hakizimana Adolphe atabazaniye ubusa kuko bakoze akazi mu ikipe y’Igihugu Amavubi ubwo yatsindaga Guinea 3-0 mu mukino wa gicuti.

Kuri uyu wa Mbere tariki 03 Mutarama 2022 ikipe y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru Amavubi yakinnye umukino wa gicuti na Guinea warangiye u Rwanda rutsinze 3-0 Guinea.

Ni umukino ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yari yiganjemo abataramara igihe kinini bahamagarwa mu Mavubi, yarushijemo Guinea by’umwihariko yerekana impano zidasanzwe za bamwe mu bakinnyi b’u Rwanda.

Umunyezamu Hakizimana Adolphe usanzwe ari uwa Rayon Sports, ni umwe mu bagarutsweho kubera uburyo yagiye akuramo ibitego byabaga byabazwe.

Nyuma y’uyu mukino, abantu batandukanye bagaragaje ko igihe kigeze ngo abakinnyi bakiri bato bahabwa umwanya na bo bakigaragaza.

Mu bagize icyo bavuga barimo Sadate Munyakazi wabaye Perezida wa Rayon Sports wigeze kotswa igitutu ashinjwa gushaka gusenya iyi kipe ifite abakunzi benshi mu Rwanda.

Yagize ati “Umukino w’uyu munsi Amavubi urashimishije, nyuma y’Imyaka ibiri tubengutswe abasore bato ariko bafite impano zidasanzwe (Adolphe na Clement), Mashami Vincent abonye ko bashoboye abaha amahirwe yo kubanza mu kibuga. Abakiri bato barashoboye bahabwe amahirwe bizatanga umusaruro.”

Sadate wasaga nk’ubwira abarimo Abanyamakuru ashinja kugambirira kumwangisha abantu “mushukaga abantu ko nsenye Rayon Sports ko nkinga abantu ibikarito mu maso, mubonye ko zitari impinja nzanye ahubwo narimo gukora Recrutement y’ibyishimo y’Amavubi. N’undi munsi ntimuzongere.”

Yakomeje agira ati “Igihe ni umwarimu utabeshya kuko kigaragaza ukuri n’abantu. Ubu ejo abo mwitaga ibikarito bazitwa Intwari munabeshya uruhare mwabihizemo ngo babe Intwari.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Shampiyona ishobora gusubukurwa vuba…FERWAFA yatumije inama y’igitaraganya

Next Post

Muhanga: Umuntu 1 yaburiwe irengero mu mpanuka y’ubwato 2 bwagonganiye muri Nyabarongo

Related Posts

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Umuntu 1 yaburiwe irengero mu mpanuka y’ubwato 2 bwagonganiye muri Nyabarongo

Muhanga: Umuntu 1 yaburiwe irengero mu mpanuka y’ubwato 2 bwagonganiye muri Nyabarongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.