Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sena y’u Rwanda yagize icyo ivuga ku nkuru y’akababaro y’Umusenateri witabye Imana

radiotv10by radiotv10
04/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Sena y’u Rwanda yagize icyo ivuga ku nkuru y’akababaro y’Umusenateri witabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Sena, yatangaje inkuru y’akababaro y’umwe mu Basenateri, Hon. Ntidendereza William, witabye Imana azize uburwayi.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Sena y’u Rwanda mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, rivuga ko Senateri Ntidendereza William yitabye Imana kuri iki cyumweru.

Iri tangazo rya Perezida wa Sena, Dr Kalinda Francois Xavier, rigira riti “Sena y’u Rwanda ibabajwe no kumenyesha urupfu rwa Senateri Ntidendereza William witanye Imana uyu munsi ku itariki ya 03/09/2023 mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal, azize uburwayi.”

Sena ivuga ko izatangaza amakuru ajyanye n’umuhango wo gushyingura nyakwigendera, yaboneyeho no kwihanganisha umuryango we.

Amakuru avuga ko nyakwigendera Senateri Ntidendereza William yari amaranye iminsi iyi ndwara yamuhitanye, kuko yari amaze amezi atandatu arwaye.

Nyakwigendera Hon. Ntidendereza William wabaye mu burezi cyane, yigishije muri Kaminuza y’u Rwanda kuva mu 1996 kugeza muri 2000.

Yanagize indi myanya inyuranye irimo iyo mu nzego z’Ibanze, aho kuva muri 2006 kugeza muri 2008, yari Umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro.

Ntidendereza William wari n’inzobere mu bijyanye n’umuco, yanabaye Umuyobozi Wungirije w’Itorero ry’u Rwanda kuva muri 2009 kugeza muri 2012, aza no kuba Umunyamabanga Mukuru w’uru rwego rw’Itorero ry’Igihugu.

Yari amaze imyaka ine muri Sena y’u Rwanda, dore ko yayinjiyemo muri 2019 ubwo yatorerwaga guhagarira Umujyi wa Kigali, atsinze batatu bari bahanganye barimo Hon Zeno Mutimura, Buteera John, na Rwakayiro Mpabuka Ignace.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 15 =

Previous Post

Mu mujyi wa Kigali habaye Impanuka ihitana abantu 6, abandi batanu barakomereka

Next Post

Karongi: Abatishoboye batunguwe n’icyemezo bafatiwe nyuma yo gutoranywa ngo bazafashwe

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Abatishoboye batunguwe n’icyemezo bafatiwe nyuma yo gutoranywa ngo bazafashwe

Karongi: Abatishoboye batunguwe n'icyemezo bafatiwe nyuma yo gutoranywa ngo bazafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.