• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Senegal yabonye Minisitiri w’Intebe mushya nyuma yuko Perezida yirukanye uwahoze ari inkoramutima ye

radiotv10by radiotv10
26/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Senegal yabonye Minisitiri w’Intebe mushya nyuma yuko Perezida yirukanye uwahoze ari inkoramutima ye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Senegal, yashyizeho Ahmadou Al Aminou Lo nka Minisitiri w’Intebe mushya, asimbuye  Ousmane Sonko wari kuri uyu mwanya kuva muri 2024.

Ahmadou Al Aminou Lo, wagizwe minisitiri w’intebe wa Senegal, yahoze ari impuguke muri banki nkuru y’iki gihugu, ndetse azwiho ubunararibonye mu by’imari n’ubukungu. Akaba ashyizweho nyuma y’iminsi mike perezida Faye yirukanye mu buryo butunguranye Ousmane Sonko, wahoze ari umujyanama n’umufatanyabikorwa we wa hafi, bafatanyije kugera kubutegetsi 2024, ndetse anasesa guverinoma yose.

Ibi byarushijeho kugaragaza umwuka mubi uri hagati y’abayobozi bakuru b’igihugu, icyakora Inteko Ishinga Amategeko iri kwitegura gutora ku cyemezo cyo gusubiza Sonko mu mwanya w’umudepite, nubwo ari icyemezo kitavugwaho rumwe, kuko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko biramutse bikozwe, byaba ari ukurenga ku mategeko, kuko Sonko atigeze ajya mu nteko na mbere.

Kurindi ruhande ariko Amavugurura aherutse ku itegeko rigenga amatora muri Senegal, yatumye kuri ubu Sonko yemerewe kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, ibintu bishobora kuzateza guhangana gukomeye mu matora ataha hagati y’aba banyapolitiki bombi bahoze ari inshuti n’abafatanyabikorwa ba hafi.

Minisitiri w’intebe mushya wa Senegal Ahmadou Al Aminou Lo,  wasimuye Ousmane Sonko kuri uyu mwanya, aje muri izi nshingano mu gihe Senegal ihanganye n’ibibzo by’ubukungu n’umwenda leta ibereyemo amahanga ungana 132% by’umusaruro mbumbe w’iki gihugu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 1 =

Previous Post

Ibya America na Iran byasubiye inyuma

Next Post

Ibyagendeweho ngo Sky2 uzwi mu myidagaduro nyarwanda afungurwe

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

Ibyagendeweho ngo Sky2 uzwi mu myidagaduro nyarwanda afungurwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.