Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sgt Robert warekuwe yagaragaye ari kumwe n’uvugwaho kuba umwambari wa RNC

radiotv10by radiotv10
19/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Sgt Robert warekuwe yagaragaye ari kumwe n’uvugwaho kuba umwambari wa RNC
Share on FacebookShare on Twitter

Sergeant Major Robert Kabera wamamaye nka Sergeant Robert wari watawe muri yombi na Polisi ya Uganda, yarekuwe ndetse akaba yagaragaye ari kumwe n’umwe mu bambari bakomeye ba RNC.

Sergeant Major Robert Kabera wavuye mu Rwanda kwezi k’Ugushyingo 2020 atorotse, yari yatawe muri yombi na Polisi ya Uganda mu ntangiro z’iki cyumweru nyuma y’uko aketsweho gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ubwo Polisi ya Uganda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano zirimo iz’ubutazi, zataga muri yombi uyu munyarwanda zimusanze iwe mu gace kitwa Masanafu mu Mujyi wa Kampala, zahise zisaka inzu ye ariko zibura imbunda zakekaga ko atunze.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022, hamenyekanye amakuru y’irekurwa ry’uyu musirikare wari n’umuhanzi.

Hanagaragaye ifoto ye amaze kurekurwa ari kumwe n’abantu batatu bari baje kumwakira agisohoka muri kasho, barimo Rutaburingoga Sulah Nuwamanya usanzwe avugwaho kuba umwe mu bambari bakomeye b’umutwe wa RNC urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

Uyu mugabo Rutaburingoga Sulah Nuwamanya, avugwaho kuba ari we uhuza Abanyarwanda baba muri Uganda n’umutwe wa RNC kugira ngo bawubere abayoboke.

Rutaburingoga Sulah Nuwamanya wagaragaye ari kumwe na Sergeant Major Robert Kabera, kandi ni umwe mu bakunze gutambutsa ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga busebya u Rwanda.

Sergeant Major Robert Kabera warekuwe na Polisi ya Uganda, yahoze aririmba mu itsinda ry’Igisirikare cy’u Rwanda rizwi nka Army Jazz Band akaba kandi yararirimbaga ku giti cye.

Sulah Nuwamanya ubanza ibumoso wambaye umupira w’umutuku

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Ntabwo twavuze ko agapfukamunwa kavuyeho ntitwifuzaga ko kanavaho- PM Ngirente

Next Post

Kuba Minisitiri yakurikiranwaho ruswa birashimangira ihame ryo kutayihanganira- Minisitiri w’Intebe

Related Posts

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

IZIHERUKA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu
MU RWANDA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

20/11/2025
Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

19/11/2025
Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuba Minisitiri yakurikiranwaho ruswa birashimangira ihame ryo kutayihanganira- Minisitiri w’Intebe

Kuba Minisitiri yakurikiranwaho ruswa birashimangira ihame ryo kutayihanganira- Minisitiri w’Intebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.