Abaturage batuye mu Karere ka Howl Wadaag mu mujyi wa Mogadishu muri Somalia, bahunze ingo zabo nyuma y’aho humvikanye urusaku rw’amasasu menshi hafi y’urugo rw’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Somalia, Hassan Ali Khaire.
abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Khaire yatangaje ko we n’abo bari kumwe bagabweho igitero bikozwe n’ingabo za Leta, mu gihe bari bari kwitegura imyigaragambyo iteganyijwe kuba kuri uyu wa Kane.
Iyi bibaye mu gihe Somalia yongeye kwinjira mu bibazo bya politiki nyuma y’aho Perezida Hassan Sheikh Mohamud atangarije ko manda ye yongerewe umwaka umwe, nyamara yaragombaga kurangira ku wa 15 Gicurasi uyu mwaka.
Icyo cyemezo cyamaganywe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’abayobozi b’uturere dutandukanye, bavuga ko kidakurikije amategeko.
Byari byitezwe ko imyigaragambyo yo kugaragaza icyo kutishimira iki cyemezo yaba ku wa Kane.
Tubibutse ko Mbere y’ibi bibazo, Hassan Ali Khaire yari yavuye aho yakoreraga mu gace gakomeye karinzwe cyane ka Green Zone kegereye ikibuga cy’indege cya Mogadishu, yimukira iwe mu mujyi kugira ngo yifatanye n’abateguraga imyigaragambyo.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Khaire yagize ati:
“Twagabweho igitero n’ingabo ziyobowe na Perezida warangije manda ye. Twari turi kwitegura imyigaragambyo y’amahoro yari iteganyijwe ku munsi ukurikiyeho.”
amashusho yafashwe n’itangazamakuru agaragaza abaturage biruka bahunga mu gace ka Howl Wadaag, mu gihe amasasu yarakomeje kumvikanaga cyane hafi y’aho.
Abatangabuhamya bavuze ko babonye abasirikare bashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bagongana n’abapolisi ba Somalia.
Umwe muri bo, Saleban Mahad, yagize ati:
“Kurasa byamaze nk’iminota 15 mbere y’uko bihosha. Banakoresheje za roketi (RPGs), kandi urusaku rw’iturika rwumvikanaga mu duce twinshi dukikije aho.”
Ibi bibaye mu gihe impungenge zikomeje kwiyongera ko amakimbirane ya politiki muri Somalia ashobora guteza umutekano muke no gukaza umwuka mubi hagati ya Leta n’abatavuga rumwe na yo.
Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10






