Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sri Lanka: Perezida nyuma yo kweguzwa n’abaturage yuriye rutemikirere mu gicuku arahunga

radiotv10by radiotv10
13/07/2022
in MU RWANDA
0
Sri Lanka: Perezida nyuma yo kweguzwa n’abaturage yuriye rutemikirere mu gicuku arahunga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sri Lanka, Gotabaya Rajapaksa watangaje ko yeguye nyuma y’imyigaragambyo ikomeye y’abaturage, mu gicuku kiniha cyo kuri uyu wa Gatatu yuriye indege ya gisirikare, ahunga Igihugu.

Gotabaya Rajapaksa yahunze mu gicuku cyo kuri uyu wa Gatatu ubwo yuriraga indege ya gisirikare ikamwerekeza i Maldives.

Iyi ndege yamwerekeje i Maldives ahagana saa munani z’igicuku cyo muri iki Gihugu nkuko byemejwe n’umuvugizi w’Igisirikare cya Sri Lanka, Colonel Nalin Herath.

Byanemwe kandi n’abakozi batatu bakora ku biro bishinzwe abinjira n’abasohoka batifuje ko amazina yabo atangazwa, bavuze ko Perezida wabo yamaze kuva mu Gihugu.

Ahunze Igihugu nyuma yo gutangaza ko yeguye ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, icyemezo yafashe kubera igitutu yocyejwe n’abaturage bari bamaze igihe bigaragambya basaba ko ubutegetsi bwe buvaho.

Imyigaragambyo y’abaturage bo muri iki Gihugu, yafashe intera mu mpera z’icyumweru gishize ubwo bazaga kwigaragambiriza mu rugo rwe, bakarwigabiza bakajya muri za Piscine bakazogeramo, ndetse bakirara mu gikoni bakarya ibiryo byose basanzemo.

Nubwo bivugwa ko Perezida Rajapaksa yeguye, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Mahinda Yapa Abeywardena, we yatangaje ko atarabona ibaruwa y’ubwegure bw’uyu Mukuru w’Igihugu.

Rajapaksa yavuye mu Gihugu nyuma yuko yari ari mu bwihisho kubera abaturage bigaragambya bari bateye urugo rwe ndetse n’ibiro bye.

Abasesenguzi bavuga ko uyu mugabo w’imyaka 73 y’amavuko, wabaye n’umusirikare, ari we wa nyuma mu muryango we ugiye kuva mu buyobozi kuko muri Gicurasi, uwitwa Mahinda Rajapaksa wari Minisitiri w’Intebe akaba na mukuru wa Perezida, na we yegujwe n’imyigaragambyo.

Hari kandi na Minisitiri w’Ubukungu, Basil Rajapaksa na we akaba umuvandimwe wa Perezida ndetse n’abandi bo mu muryango we, na bo muri uku kwezi kwa Gicurasi bakuwe mu myanya bari bafite mu nzego.

Abaturage b’iki Gihugu bashinja ubutegetsi bwabo kubashyira mu kangaratete k’ibibazo uruhuri kuko mu butegetsi bwabo, imiberego yarushije kuba mibi, ubukene bukanuma ndetse no kubona ibyo kurya bikaba ingume.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Paris: Bucyibaruta yakatiwe gufungwa imyaka 20, Abanyamategeko be bahita bijima mu maso

Next Post

DRC: Fayulu yakamejeje ngo Tshisekedi niyongera kumwiba mu matora bazabyenga iminyagara

Related Posts

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Hari Abaminisitiri b’u Rwanda na DRCongo bagiye i Doha ahabera ibiganiro na AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Rwanda n’uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari i Doha muri Qatar ahabera ibiganiro bihuza Guverinoma ya...

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Eng.- President Kagame honored with award by the WHO

by radiotv10
11/07/2025
0

President Paul Kagame has been honored with an award by the World Health Organization (WHO) for his leadership in advocating...

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yagenewe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ku bw’uruhare rwe mu miyoborere ishyira imbere ubuvugizi...

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

IZIHERUKA

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha
MU RWANDA

Hari Abaminisitiri b’u Rwanda na DRCongo bagiye i Doha ahabera ibiganiro na AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Eng.- President Kagame honored with award by the WHO

11/07/2025
Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

11/07/2025
Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Fayulu yakamejeje ngo Tshisekedi niyongera kumwiba mu matora bazabyenga iminyagara

DRC: Fayulu yakamejeje ngo Tshisekedi niyongera kumwiba mu matora bazabyenga iminyagara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hari Abaminisitiri b’u Rwanda na DRCongo bagiye i Doha ahabera ibiganiro na AFC/M23

Eng.- President Kagame honored with award by the WHO

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.