Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sri Lanka: Perezida nyuma yo kweguzwa n’abaturage yuriye rutemikirere mu gicuku arahunga

radiotv10by radiotv10
13/07/2022
in MU RWANDA
0
Sri Lanka: Perezida nyuma yo kweguzwa n’abaturage yuriye rutemikirere mu gicuku arahunga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sri Lanka, Gotabaya Rajapaksa watangaje ko yeguye nyuma y’imyigaragambyo ikomeye y’abaturage, mu gicuku kiniha cyo kuri uyu wa Gatatu yuriye indege ya gisirikare, ahunga Igihugu.

Gotabaya Rajapaksa yahunze mu gicuku cyo kuri uyu wa Gatatu ubwo yuriraga indege ya gisirikare ikamwerekeza i Maldives.

Iyi ndege yamwerekeje i Maldives ahagana saa munani z’igicuku cyo muri iki Gihugu nkuko byemejwe n’umuvugizi w’Igisirikare cya Sri Lanka, Colonel Nalin Herath.

Byanemwe kandi n’abakozi batatu bakora ku biro bishinzwe abinjira n’abasohoka batifuje ko amazina yabo atangazwa, bavuze ko Perezida wabo yamaze kuva mu Gihugu.

Ahunze Igihugu nyuma yo gutangaza ko yeguye ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, icyemezo yafashe kubera igitutu yocyejwe n’abaturage bari bamaze igihe bigaragambya basaba ko ubutegetsi bwe buvaho.

Imyigaragambyo y’abaturage bo muri iki Gihugu, yafashe intera mu mpera z’icyumweru gishize ubwo bazaga kwigaragambiriza mu rugo rwe, bakarwigabiza bakajya muri za Piscine bakazogeramo, ndetse bakirara mu gikoni bakarya ibiryo byose basanzemo.

Nubwo bivugwa ko Perezida Rajapaksa yeguye, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Mahinda Yapa Abeywardena, we yatangaje ko atarabona ibaruwa y’ubwegure bw’uyu Mukuru w’Igihugu.

Rajapaksa yavuye mu Gihugu nyuma yuko yari ari mu bwihisho kubera abaturage bigaragambya bari bateye urugo rwe ndetse n’ibiro bye.

Abasesenguzi bavuga ko uyu mugabo w’imyaka 73 y’amavuko, wabaye n’umusirikare, ari we wa nyuma mu muryango we ugiye kuva mu buyobozi kuko muri Gicurasi, uwitwa Mahinda Rajapaksa wari Minisitiri w’Intebe akaba na mukuru wa Perezida, na we yegujwe n’imyigaragambyo.

Hari kandi na Minisitiri w’Ubukungu, Basil Rajapaksa na we akaba umuvandimwe wa Perezida ndetse n’abandi bo mu muryango we, na bo muri uku kwezi kwa Gicurasi bakuwe mu myanya bari bafite mu nzego.

Abaturage b’iki Gihugu bashinja ubutegetsi bwabo kubashyira mu kangaratete k’ibibazo uruhuri kuko mu butegetsi bwabo, imiberego yarushije kuba mibi, ubukene bukanuma ndetse no kubona ibyo kurya bikaba ingume.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Paris: Bucyibaruta yakatiwe gufungwa imyaka 20, Abanyamategeko be bahita bijima mu maso

Next Post

DRC: Fayulu yakamejeje ngo Tshisekedi niyongera kumwiba mu matora bazabyenga iminyagara

Related Posts

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana,...

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

IZIHERUKA

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
MU RWANDA

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

13/06/2025
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Fayulu yakamejeje ngo Tshisekedi niyongera kumwiba mu matora bazabyenga iminyagara

DRC: Fayulu yakamejeje ngo Tshisekedi niyongera kumwiba mu matora bazabyenga iminyagara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.