Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sudani y’Epfo: Abasirikare b’u Rwanda beretse abakobwa uburyo bakwirwanaho igihe hari ubenderejeho

radiotv10by radiotv10
17/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Sudani y’Epfo: Abasirikare b’u Rwanda beretse abakobwa uburyo bakwirwanaho igihe hari ubenderejeho
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, zahaye imyitozo y’ibanze abakobwa 60 biga mu Ishuri ribanza rya Malakia muri Malakal, y’uburyo bashobora kwirwanaho mu gihe hari ushatse kubahohotera.

Izi ngabo ziri mu Butumwa bwa UNMISS, zakoze iki gikorwa kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024, aho zahaye iyi myitozo abanyeshuri b’abakobwa bo muri Malakia Girls Primary School.

Iki gikorwa kigamije guha ubushobozi abanyeshuri ku myitozo y’ibanze yabafasha kwirwanaho mu bihe by’ibibazo, no kumva ko bafitiye icyizere imbaraga z’umubiri ndetse no kuba bakwihagararaho mu rundi rubyiruko.

Ni mu gihe muri iki Gihugu cya Sudan y’Epfo, hakigaragara ibikorwa byinshi byo guhohotera abari n’abategarugori, ku buryo iyi myitozo y’ibanze izafasha aba bana b’abakobwa.

Umuyobozi wa Malakia Girls Primary School, Chol Nyok, yashimiye ingabo z’u Rwanda ku bw’inkunga yazo, byumwihariko kuri iyi myitozo bahaye abana b’abakobwa.

Yagize ati “Twafashe icyemezo cyo gusaba ingabo z’u Rwanda kudufasha muri ubu bumenyi kuko twizera ko ari ingenzi ku bakobwa bacu kuba bagira ubushobozi bwo kwirwanaho. Turifuza ko bakurana kwihagararaho kandi babasha no kwirinda.”

Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Simon Kabera, yashimangiye akamaro k’iyi myitozo y’ibanze yahawe aba bana bato, n’icyo izabafasha.

Yagize ati “Ntabwo dutoza abantu kugira ngo bajye kurwana, tubatoza kugira ngo babashe kwirinda. Ibi ni Ibihugu by’ibivandimwe, rero ni inshingano zacu zo gufatanya mu kuba abantu babasha kwirwanaho, byumwihariko ku bakiri bato bo mizero y’ejo hazaza.”

Imyitozo yahawe aba bana, irimo tekiniki abakobwa bashobora gukoresha mu kwirwanaho, no kuba bashobora kugaragariza uwashaka kubahohotera ko bitashoboka.

Bagaragaje ko imyitozo bahawe bazajya bayifashisha
Basabwe kuba bihagararaho
Lt Col Simon Kabera yavuze ko iyi myitozo yari ngombwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 8 =

Previous Post

Kigali: Aho abana bambukaga bakambakamba bigateza impungenge ubu byahindutse

Next Post

Umuhanzi waririmbye mu itsinda ryamamaye ku Isi yapfuye urupfu rutunguranye

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi waririmbye mu itsinda ryamamaye ku Isi yapfuye urupfu rutunguranye

Umuhanzi waririmbye mu itsinda ryamamaye ku Isi yapfuye urupfu rutunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.