Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRwanda2024: Umufaransa yegukanye Etape5 hahita habaho impinduka zatumye uwambaye ‘Maillot Jaune’ ahinduka

radiotv10by radiotv10
22/02/2024
in SIPORO
0
TdRwanda2024: Umufaransa yegukanye Etape5 hahita habaho impinduka zatumye uwambaye ‘Maillot Jaune’ ahinduka
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransa Pierre Latour ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Pro Cycling, yegukanye agace ka gatanu, hahita hanabaho impinduka ku rutonde rusange, ubu ruyobowe n’Umubiligi William Junior Lecerf.

Ni agace kakinwe abakinnyi basiganwa n’igihe ibizwi nka Individual Time Trial, ko mu Karere ka Musanze ahasanzwe hazwiho ibirori byo Kwita Izina Abana b’Ingagi, aho abakinnyi bagenze ibilometero 13 baturuka ku Isoko rya Musanze, berecyeza mu Kinigi.

Umufaransa Pierre Latour wanigaragaje mu gace ka kane k’ejo hashize katurukaga mu Karere ka Karongi kerecyeza mu ka Rubavu, ni we wegukanye aka gace ka gatanu, aho yakoresheje iminota 23’31”.

Ni mu gihe uwakoresheje ibihe bito wakurikiye uyu Mufaransa, ari Milan Donie ukinira ikipe ya Lotto-Dstny, we wakoresheje iminota 24’42”, akurikirwa na Dillon Geary wa Afurika y’Epfo we wakoresheje iminota 26’34”.

Ku mwanya wa Kane kandi haje Jelle Harteel na we ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step, we wakoresheje iminota 27’53”, wakurikiwe na Solomon Mekuria ukinira ikipe ya May Stars wakoresheje iminota 28’17”.

Nyuma y’aka gace kandi, hahise habaho impinduka ku rutonde rusange rwari ruyobowe n’Umuhorandi Pepijn Reinderink, wahise wamburwa umwambaro w’umuhondo, ubu ukaba ugiye kuraranwa na William Junior Lecerf wegukanye agace ka kane k’ejo hashize.

Mu muhanda uyu munsi ubwo abakinnyi banyukiraga igare

Pierre Latour uyu munsi ubwo yari asoje aka gace
William Junior Lecerf nawe ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step wanegukanye Etape 4 ni we urarana umwambaro w’umuhondo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + eighteen =

Previous Post

Afurika yasabye Congo ibyakunze kugaragazwa n’u Rwanda inagira icyo isaba Ibihugu byombi

Next Post

Perezida Kagame na Salva Kiir wa S.Sudan unayoboye EAC baganiriye ku bibazo by’akarere

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Salva Kiir wa S.Sudan unayoboye EAC baganiriye ku bibazo by’akarere

Perezida Kagame na Salva Kiir wa S.Sudan unayoboye EAC baganiriye ku bibazo by’akarere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.