• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

The Ben na Pamella nanone mu mashusho nk’aherutse kuzamura impaka

radiotv10by radiotv10
10/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
The Ben na Pamella nanone mu mashusho nk’aherutse kuzamura impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Uwicyeza Pamella, umugore w’umuhanzi The Ben, yongeye kugaragaza amashusho we n’umugabo we, nabwo agaragaza inda nkuru, nyuma yuko amashusho aherutse kujya hanze azamuye impaka.

Ni amashusho yashyizwe hanze na Pamella ku mbuga nkoranyambaga yifuriza umugabo we isabukuru nziza, aho yagiye agaragaza amashusho anyuranye.

Muri aya mashusho, hari agaragaza The Ben na Pamella bari mu nzu ikorerwamo imyitozo ngororamubi (izwi nka Gym) aho Pamella utwite aba yambaye ipantalo n’agapira kagufi, ku buryo inda nkuru ye iba igaragara.

The Ben na Pamella

Ni amashusho agiye hanze nyuma yuko The Ben ashyize hanze indirimbo yise ‘Tru Love’ igaragaramo umugore we na yo aba agaragaza inda ye nkuru, ariko bamwe bakabigaya, ndetse bakabagira inama.

Mu babigaye, harimo Umupfumu Rutangarwamaboko wagize ati “Duhane duhanure kandi duhonore Benimana bahonoke: Utwite aratwikira ntatwika ngo yimanukire ejo kuzamuka byamugora amagarukirane muri rwa ruziga rw’ubuzima butazima.”

Umuhanzi The Ben, ubwo yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru cyateguraga igitaramo yakoze tariki 01 Mutarama 2025, yaboneyeho kwisegura ku batarashimye aya mashusho barimo n’umubyeyi we ngo wamuhamagaye akiyabona, akamubwira ko atabyishimiye.

Gusa uyu muhanzi yavuze ko kuri we n’umugore we Pamella, batabonamo ikibazo ariya mashusho, aho yagize ati “Mu mboni yanjye ndetse n’umufasha wanjye ntabwo na n’izi saha tubibonamo ikibazo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − ten =

Previous Post

Menya uko ibiciro byiyongereye ku masoko mu Rwanda

Next Post

Miss Jolly yatanze umucyo ku byari byatumye hakekwa ko ari mu rukundo n’umunyemari

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Miss Jolly yatanze umucyo ku byari byatumye hakekwa ko ari mu rukundo n’umunyemari

Miss Jolly yatanze umucyo ku byari byatumye hakekwa ko ari mu rukundo n’umunyemari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.